Abayobozi bahize abandi mu bukangurambaga bwa mitiweli bazahembwa

Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda kizahemba abayobozi b’ibanze bazaba indashyikirwa mu gukora ubukangurambaga mu baturage bwo gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza

N’ubwo ibihembo abazahiga abandi bazahabwa bitaramenyekana, ariko iri higanwa rirareba abayobozi bose mu gihugu kuva ku rwego rw’utugali kugera ku rwego rw’umurenge.

Abayobozi b'utugari ngo igihembo kizabatera imbaraga mu gukora ubukangurambaga.
Abayobozi b’utugari ngo igihembo kizabatera imbaraga mu gukora ubukangurambaga.

RSSB iri kuzenguruka mu turere twose tw’igihugu muri gahunda y’ukwezi bise ukwa Mitiweli mu gihe cy’amezi atatu, imenyekanisha iki gikorwa, nk’uko Ntigurirwa Deogratias ushinzwe ubukangurambaga no kwandika abanyamuryango batanze imisanzu ya Mitiweli muri (RSSB) yabitangarije mu karere ka Rutsiro kuri uyu wa gatatu tariki 14 Ukwakira 2015.

Yagize ati “Nk’abantu babana n’abaturage turabasaba kwegera abaturage ururgo ku rundi babakangurira gutanga imisanzu ya Mitiweli kandi twashyizeho n’igihembo cy’indashyikirwa ku rwego rw’igihugu mu gushishikariza abaturage mu gutanga imisanzu ya Mitiweli.”

Umukozi wa RSSB ushinzwe ubukangurambaga yatangarije abayobozi b'imidugudu guhatanira igihembo cy'ubukangurambaga mu gutanga imisanzu y'ubwisungane mu kwivuza.
Umukozi wa RSSB ushinzwe ubukangurambaga yatangarije abayobozi b’imidugudu guhatanira igihembo cy’ubukangurambaga mu gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza.

Uwera Vestine uyobora akagari ka Nkira mu murenge wa Boneza, yavuze ko iki iryo higanwa rizatuma abayobozi b’utugali bakora cyane, akizera ko ubukangurambaga buziyongera.

Ati “kuva hashyizweho igihembo tugiye gukora cyane twegere abaturage tubakangurire gutanga mitiweli.”

Marcel Tuyishimire umuyobozi w’akagari ka Murambi mu murenge wa Musasa, ibi bihmebo bizatuma barushaho kugira umurava n’’ubwo bari basanzwe babikora.

Ati “N’ubwo dusanzwe dukora ubukangurambaga mu baturage mu gutanga Mitiweli ariko iyo havuzwe igihembo ahantu hose abantu barakanguka ndizera ko tuzarushaho kubukora.”

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza Nyirabagurinzira Jaqueline, yavuze ko ubuyobozi bw’akarere bukomeza kwibutsa abayobozi b’inzego z’ibanze kwegera abaturage, kugirango bitabire gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza kandi bagakomeza kubaba hafi.

Ubwitabire mu gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Rutsiro bugeze kuri 35% ku biyishyurira, mu gihe abishyurirwa na Leta bageze kuri 26%.

Mbarushimana Cisse Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nibyo rwose nibabahembe kuko ugize neza arahembwa kandi ibi bitera courage nabandi bakangurambaga bityo intego biyemeje bakayigeraho nkuko bikwiye.

jordan yanditse ku itariki ya: 15-10-2015  →  Musubize

Nibyo rwose nibabahembe kuko ugize neza arahembwa kandi ibi bitera courage nabandi bakangurambaga bityo intego biyemeje bakayigeraho nkuko bikwiye.

jordan yanditse ku itariki ya: 15-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka