Rutsiro: Umuyobozi n’umucungamutungo ba mituweli batawe muri yombi

Umuyobozi w’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Rutsiro, Mukantabana Anne Marie n’umucungamutungo Uhawenimana Innocent, batawe muri yombi bakekwaho kunyereza imisanzu ya Mitiweli yatanzwe n’abaturage.

Aya makuru yamenyekanye ahagana mu masaha ya sa moya z’ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 6/3/2015, ubwo aba bakozi b’ikigo cya mitiweli bamaraga amasaha arenga abiri bahatwa ibibazo na Polisi nyuma bagahita batabwa muri yombi.

Umuyobozi w'ikigo cya Mitiweli yafunzwe nyamara yari yavuze ko bipfira mu batazamura imisanzu ya Mitiweli ku rwego rw'akarere.
Umuyobozi w’ikigo cya Mitiweli yafunzwe nyamara yari yavuze ko bipfira mu batazamura imisanzu ya Mitiweli ku rwego rw’akarere.

Bazize kuba hari imisanzu yaburiwe irengero nyuma y’uko mu minsi ishize hakozwe ubugenzuzi bw’imari muri iki kigo bagasanga barabuze imwe mu misanzu y’abaturage, nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa Polisi mu ntara y’iburengerazuba Spt. Emmanuel Hitayezu.

Yagize ati “Uwari umuyobozi w’ikigo cya mitiweli mu karere ka Rutsiro n’umucungamutungo wacyo bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gihango, aho bakekwaho kunyereza imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza tukaba tugikora iperereza ngo turebe n’abandi baba barabigizemo uruhare.”

Umucungamutungo watawe muri yombi mu nama yo kwisuzuma yari yavuze ko yibwe ibitabo bya Kitansi kandi ko atazi uko byibwe.
Umucungamutungo watawe muri yombi mu nama yo kwisuzuma yari yavuze ko yibwe ibitabo bya Kitansi kandi ko atazi uko byibwe.

Umuvugizi wa Polisi yihanangirije abashaka gukoresha amafaranga cyangwa imitungo ya leta mu nyungu zabo bwite, kuko iyo bahamwe n’icyaha bakurikiranwa n’amategeko.

Gufungwa kw’aba bakozi kuje nyuma y’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’iburengerazuba, Jabo Paul, yabwiye abafite aho bahuriye n’imisanzu ya Mitiweli ko uzashaka kunyereza iyo misanzu atazihanganirwa, mu nama yabahuje nawe tariki 06/2/2015.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w'intara y'iburengerazuba mu nama iheruka yo kwisuzuma muri Mitiweli yabwiye abakira imisanzu ko abayikoresha mu nyungu zabo bwite batazihanganirwa..
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’iburengerazuba mu nama iheruka yo kwisuzuma muri Mitiweli yabwiye abakira imisanzu ko abayikoresha mu nyungu zabo bwite batazihanganirwa..

Akarere ka Rutsiro kakomeje kuza mu twa nyuma mu gihugu mu bwitabire muri Mitiweli hakibazwa impamvu zitandukanye zaba zibitera. Ariko nyuma yo gufata ingamba zo gukumira abanyereza ayo mafaranga ya Mitiweli ubu ubwitabire bugeze kuri 63%.

Mbarushimana Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Amafranga ni ibiryo bihihe. Utarabura amafranga n’ubwo yaba aye nkanswe ay’abandi nabatere ibuye. Ntawe utayazira, gusa niba hari ayo bariye bayasubizeho niba kandi barengana ibyo ni naturel ku muntu wese uri ku isi.
Bihangane sinabangaga

Kamashu Sesiha yanditse ku itariki ya: 9-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka