Ibyo ingabo z’u Rwanda zigiyemo byose zirabinoza- Abasigiwe uburwayi na Jenoside b’i Rwamagana

Abantu bakabakaba 3000 basigiwe uburwayi bukomeye na Jenoside mu turere twa Kayonza na Rwamagana bakaba baravuwe n’abaganga bo mu bitaro bya gisirikari bya Kanombe bemeza ko biboneye ko ibyo ingabo z’u Rwanda zigiyemo byose zibikora neza ku buryo bunoze kandi vuba.

Ibi barabivugira ko ngo mu cyumweru kimwe gusa aba baganga b’abasirikari bamaze muri Rwamagana na Kayonza bavuye neza indwara zikomeye cyane kandi bavura abarokotse Jenoside benshi bari bamaranye imyaka myinshi indwara basigiwe na Jenoside.

Abo ni bamwe mu bavuwe mu cyumweru cya Army week muri Rwamagana.
Abo ni bamwe mu bavuwe mu cyumweru cya Army week muri Rwamagana.

Izi ndwara ngo bamwe bagenda bazimenya uruhongohongo, abandi bagatinya kuzivuza kuko bamwe babana nazo mu ihungabana rikomeye. Ibi ariko ngo abatinyutse kuzivuza baragenda bakira, ndetse ngo imibare y’abavuwe iraruta kure iyo ikigega FARG gishinzwe kufasha abarokotse Jenoside batishoboye cyari cyarabaruye.

Ingabo z’u Rwanda zatangiye kujya zivura abarokotse Jenoside mu mwaka wa 2011 mu gikorwa cyatangiriye mu karere ka Nyaruguru. Icyo gihe FARG yatekerezaga ko izavuza abantu 18600 ariko ubu ngo hamaze kuvurwa abasaga ibihumbi 20 mu turere 13 gusa.

Umuganga w'umusirikari wari ukuriye abandi yahumurije abafite uburwayi ko bose bazitabwaho bagakira neza.
Umuganga w’umusirikari wari ukuriye abandi yahumurije abafite uburwayi ko bose bazitabwaho bagakira neza.

Muri iki gikorwa abasirikari bavurira mu bitaro bya gisirikari bya Kanombe bavuye abarokotse Jenoside bo muri Rwamagana indwara zirimo amaso, indwara z’uruhu n’inkovu, amenyo, indwara z’abagore, ihungabana n’uburwayi bwo mu mutwe.

Ntako bisa kuvurwa n’uwakurokoye

Abavuriwe ku bitaro bya Rwamagana, babwiye Kigali Today ko ngo bumvaga bafitiye igishyika ingabo z’igihugu igihe zabavuraga kuko ngo bahitaga bibuka ko abo bari kubavura ibikomere batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari nabo bayibarokoye bari bagiye kwicwa nabi n’abicanyi babashinyaguriraga.

Bamwe mu bari bategereje kuvurwa indwara zinyuranye batewe na Jenoside.
Bamwe mu bari bategereje kuvurwa indwara zinyuranye batewe na Jenoside.

Bashimiye ingabo z’igihugu ko nyuma yo kubarokora ubwicanyi, ubu ngo babagezeho bari kubarokora ubuzima bubi n’uburwayi bwababuzaga kubaho banezerewe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa FARG ku rwego rw’igihugu, bwana Theophile Ruberangeyo yabwiye abavuriwe mu bitaro bya Rwamagana ko bazabwira n’abandi bagifite uburwayi basigiwe na Jenoside bose bakibaruza bakazavurwa n’inzobere zo mu bitaro bya Kanombe.

Umuyobozi wa FARG, Theophile Ruberangeyo yasabye abarokotse bose kwivuza bakaba bazima, bagaharanira ubuzima bwiza no kwiteza imbere.
Umuyobozi wa FARG, Theophile Ruberangeyo yasabye abarokotse bose kwivuza bakaba bazima, bagaharanira ubuzima bwiza no kwiteza imbere.

Yabasabye kandi kwivuza neza bagakurikiza amabwiriza yose y’abaganga, hanyuma mu minsi mike bakazaba ari bazima bagakora bagatera imbere, ndetse bakitabira gahunda za Leta zo kubateza imbere mu minsi mike bakazaba bakirigita ifaranga.

Bamwe mu baje kwivuza indwara batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bahawe igihe kihariye bazajya kubonana n’abaganga ku bitaro bya Kanombe kuko barwaye indwara zisabwa gukurikiranwa ku buryo bwihariye mu gihe kirekire.

Umuyobozi w'akarere ka Rwamagana yashimiye ko iki gikorwa cy'ubutabazi cyageze no mu karere ayobora.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana yashimiye ko iki gikorwa cy’ubutabazi cyageze no mu karere ayobora.

Muri icyi cyumweru, aba baganga bavuriye ku bitaro bikuru bya Rwamagana no ku ivuriro rya Muyumbu mu karere ka Rwamagana, no ku bitaro bya Gahini na Rwinkwavu mu karere ka Kayonza.

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka