Ngoma: Barasabwa kutavanga boutique n’urwagwa

Mu igenzura ry’isuku ryabaye tariki 20/06/2012, umugabo bakunda kwita Musafiri yafungiwe boutique afite ahitwa mu Ivundika mu karere ka Ngoma kubera ko avanga boutique n’urwagwa.

Musafiri yasabwe gukura urwagwa muri boutique kuko bishobora kuba intandaro yo kugira umwanda; nk’uko bisobanurwa n’umuyobozi w’akagali ka Cyasemakamba, Kamanzi Lucien.

Musafiri yacuruzaga inzoga z’urwagwa basuka, inzoga z’urwagwa zipfundikiye, Primus, Mutzig na Fanta byose akagerekaho boutique irimo ibintu bitandukanye. Ibi bicuruzwa byose yabicururizaga mu muryango umwe.

Umuyobozi w’akagali ka Cyasemakamba yagize ati “Gukomatanya ibintu byinshi nabyo ni intandaro y’umwanda. Nta kuntu wava gutanga peteroli cyangwa isabune ngo uhite usukira umuntu inzoga ngo ubikorane isuku ntibishoboka. Basi twamusabye avangemo inzoga zipfundikiye gusa.”

Musafiiri we avuga ko kuba yacuruzaga ibintu mu kajagari nawe ari ugushaka amafaranga kandi ko byamufashaga kubona inyungu. Gusa yongeraho ko atazongera kuvanga boutique no gucuruza urwagwa.

Muri karitsiye acururizamo hagaraga ahantu haba abantu bakunda kunywa cyane ndetse usanga buri mugoroba uhura n’abantu batari bake baba basinze bagenda bitega. Nubwo bimeze bityo ariko ngo nta bikorwa by’urugomo bikunda kuharagara.

Ubuyobozi bw’akagali butangaza ko gufunga iyi boutique bizarangirana n’igihe uwakoreragamo yemeye gukurikiza mategeko ntavange ibicuruzwa.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ruswa ni ikibazo,n’Akajagarini ikibazo, police n ibe maso

mudakikwa jean damascene yanditse ku itariki ya: 23-07-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka