#COVID-19: Abarwayi bashya 21 barimo 7 babonetse i Kigali

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 02 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri n’umwe ba COVID-19.

Abo barwayi makumyabiri n’umwe babonetse mu bipimo 3,737 byafashwe kuri uyu wa Kane, abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 1,063.

Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko abo barwayi bashya 21 barimo abagaragaye i Rusizi batanu(5), i Kigali habonetse barindwi(7), i Kirehe habonetse bane(4) naho abandi batanu(5) babonetse i Ngoma.

Abantu cumi na batatu mu bari barwaye bakize, abamaze gukira bose hamwe baba 493, naho abakirwaye ni 567.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni batatu.

Minisiteri y’Ubuzima isaba abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka