Burera: Abantu 2304 bafite indwara zo mu mutwe

Ibitaro bya Butaro biratangaza ko mu Karere ka Burera habarirwa abarwayi 2304 bafite ibibazo byo mu mutwe bakurikiranirwa hafi.

Tariki ya 17 Ugushyingo 2015, ubwo muri ibyo bitaro hizihirizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Kwita ku Buzima bwo mu Mutwe, Dr. Mpunga Tharcisse, umuyobozi w’ibyo bitaro, yavuze ko abo barwayi bose babakurikiranira hirya no hino mu mirenge batuyemo kuva muri 2007.

Ndayishimiye avuga ko nyuma yo gufata imiti neza atagifatwa n'igicuri ngo yikubite hasi
Ndayishimiye avuga ko nyuma yo gufata imiti neza atagifatwa n’igicuri ngo yikubite hasi

Barwaye indwara zo mu mutwe zitandukanye zirimo igicuri, kujunjama, agahinda kenshi ndetse n’iy’Abanyarwanda bakunze kwita ibisazi.

Akomeza avuga ko bavura abo barwayi hifashishijwe imiti banywa abandi bakaganirizwa ariko ngo bakomeza kubaba hafi, bagasubira mu miryango yabo aho kuguma kwa muganga.

Ibyo, ngo bituma bibona muri sosiyete bagakomeza kumva ko ari abantu nk’abandi bikabafasha gukira.

Agira ati “Iyo ari hafi y’umuryango bamwitaho, babana nawe, biramufasha cyane kurusha ko yaba ahantu wenyine afungiranye. Kandi indwara zo mu mutwe ntabwo zivurwa n’imiti gusa.”

Abaturage basabwa kujya bajya umurwayi wo mu mutwe kwa muganga aho kwihutira kuvuga ko ari amarozi
Abaturage basabwa kujya bajya umurwayi wo mu mutwe kwa muganga aho kwihutira kuvuga ko ari amarozi

Ndayishimiye Jean de Dieu, utuye mu murenge wa Butaro, avuga ko yamenye ko arwaye igicuri muri 2007. Yatangiye kwivuza ajya i Kigali ariko ngo muri 2009 ni bwo yatangiye kwivuriza i Butaro.

Avuga ko kuva atangiye gufata imiti uko bisabwa, amaze imyaka itanu atarongera gufatwa n’igicuri ngo yikubite hasi.

Agira ati “Nanjye bitewe n’uko nageragezaga kwiyakira ibyo byageragezaga kuba byanyongeramo imbaraga.”

Umuyobozi w'ibitaro bya Butaro avuga ko serivisi yo kuvura abarwayi bo mu mutwe bayishyizemo ingufu
Umuyobozi w’ibitaro bya Butaro avuga ko serivisi yo kuvura abarwayi bo mu mutwe bayishyizemo ingufu

Ndayishimiye warangije Kaminuza muri 2013, avuga ko imiti ibuze yakongera kurwara. Ku myaka 31 y’amavuko, avuga ko imiti afata buri kwezi ayitangaho amafaranga y’u Rwanda 5000 abikesha Mituweri.

Abaturage basabwa kwihutira kujyana kwa muganga abo babonye bafite ikibazo cyo guceceka cyane, gukora ibintu bitari ku murongo, igicuri n’ibindi, aho kuvuga ko ari amarozi.

Ikindi ngo ni uko indwara zo mu mutwe ziterwa n’ibibazo byo muri sosiyete birimo ubukene, umunaniro ukabije, intambara ndetse no kuba mu muryango harimo undi muntu ufite ikibazo nk’icyo.

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka