U Rwanda ruhagaze neza mu kwita ku bafite ubwandu bwa Sida
Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bikorwa byo kurwanya indwara ya Sida (UNAIDS), kirerekana ko u Rwanda ruri mu bihugu byagerageje kwita ku bafite ubwandu bwa Sida, rubagezaho ubufasha bushingiye ku miti igabanya ubukana bwa Sida.
Iki cyegeranyo cyerekanye urutonde rw’ibihugu 30 byo ku migabane itandukanye, aho abanduye iyi ndwara bakeneye cyane imiti igabanya ubukana bwa Sida, ariko u Rwanda ntirugaragara kuri urwo rutonde.
Ibyo bisobanuye ko iki gihugu cyakoze akazi gakomeye mu kugeza ku banduye iyi ndwara iyo miti, nubwo nta mibare igaragaza abayikeneye uko bangana mu Rwanda. Impuguke z’ishami rya ONU ryita ku ndwara ya Sida, zivuga ko uko abanduye babona imiti ku bwinshi biba binagaragaza ukugabanuka kw’abandura iyi ndwara.
Muri rusange iki cyegeranyo kigaragaza ko abantu bandura Sida bagabanutse mu buryo bufatika, ku kigereranyo cya 33%. Ubwandu hagati y’ababyeyi banduye Sida n’abana babavukaho ni bwo bwagabanutse cyane ku kigereracyo cya 52%.
Umuyobozi w’ibarurishamibare muri UNAIDS, Peter Ghys, avuga ko iryo gabanuka ku bwandu bw’abana rifite impamvu zatumye ribaho. Ati “Kimwe mu byatumye iri gabanuka ry’ubwandu rishoboka ni gahunda nyinshi zashyizweho zo kugabanya ubwandu buturuka ku babyeyi babyara bujya ku bana bavuka”.
Iki cyegeranyo kivuga ko mu mwaka ushize ku isi hari abantu babarirwa muri miliyoni 35 babana n’ubwandu bwa Sida. Umubare w’abahitanwa n’iyi ndwara na wo waragabanutse, uva kuri 2,300,000 muri 2005 ugera kuri miliyoni 1,600,000 mu mwaka ushize.
Dore urutonde rw’ibihugu 30 biza imbere mu kugira abantu bakeneye cyane imiti igabanya ubukana bwa Sida kurusha ahandi.
1. Angola
2. Brazil
3. China
4. Cameroon
5. Central African Republic
6. Chad
7. Colombia
8. Côte d’Ivoire
9. Democratic Republic of the Congo
10. Ethiopia
11. Ghana
12. India
13. Indonesia
14. Kenya
15. Lesotho
16. Malawi
17. Mozambique
18. Myanmar
19. Nigeria
20. Russian Federation
21. South Africa
22. South Sudan
23. Thailand
24. Togo
25. Uganda
26. Ukraine
27. United Republic of Tanzania
28. Viet Nam
29. Zambia
30. Zimbabwe
Christian Mugunga
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|