Ingamba zashyizweho ni itegeko rivuga ko nta muyobozi wemerewe kumarana ayo mafaranga igihe kirenze amasaha 24 atarayageza kuri konti z’ubwisungane mu kwivuza kandi akerekekana urupapuro rwa banki rubyemeza.
Umuyobozi ushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Ngororero, Havugimana Venuste, avuga ko hari abayobozi bakora ayo makosa maze bakabanza gucuruza cyangwa gukoresha ayo mafaranga mu nyungu zabo bwite.
Ibi ngo bituma ibipimo nyakuri by’ubwisungane mu kwivuza bitazamuka nkuko bikwiye. Ibi kandi ngo ni nabyo ntandaro yo kunyereza amafaranga y’abaturage byagiye bigaragara muri aka karere.
Umuyobozi w’akarere Ruboneza avuga ko nihagira uwo bigararaga ko yamaranye ayo mafaranga igihe kirenze icyateganyijwe azafatwa nk’uwanyereje umutungo w’abaturage.
Nubwo atagaragaje uburyo bazabasha gutahura abo bayobozi, avuga ko bafite uko babyiteguye kandi bizabafasha gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’iki cyemezo.
Hari abaturage bagiye babangamirwa no gutinda guhabwa amakarita yo kwivuza nyamara baramaze gutanga imisanzu yabo, ibi bikaba byaraturukaga kuri abo bayobozi batatangaga amafaranga yabo ku gihe.
Akarere ka Ngororero kakaba gaharanira kuzagira umwanya mwiza muri iki gikorwa gafata nk’ingirakamaro ku buzima bw’abaturage.
Ernest Kalinganire
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|