Huye: Caisse d’entraide ya NUR yatanze mituweri ku bantu 1000

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye batishoboye, tariki 22/08/2013, bashyikirijwe impano y’amakarita y’ubwisungane mu kwivuza n’intumwa za Caisse d’entraide yo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR).

Aya makarita yahawe abatishoboye 230 bo mu Murenge wa Ruhashya n’abandi bo mu mirenge itandukanye igize akarere ka Huye.

Ndacyayisenga Vincent, Perezida w’inama y’ubutegetsi ya Caisse d’entraide, yavuze ko batanze iyi nkunga kuko biyemeje gufatanya n’Akarere ka Huye mu guteza imbere imibereho myiza, kuko ari ho bakorera.

Yunzemo ati “Buri mwaka tuzajya dukora igikorwa cyo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage”.

Vincent, Perezida w'inama y'ubutegetsi ya Caisse d'entraide ya NUR atanga amakarita y'ubwisungane mu kwivuza ku batishoboye
Vincent, Perezida w’inama y’ubutegetsi ya Caisse d’entraide ya NUR atanga amakarita y’ubwisungane mu kwivuza ku batishoboye

Yavuze kandi ko uretse amafaranga agera kuri miliyoni eshatu batanze, ari yo yavuyemo ubwishingizi mu kwivuza bw’abagera ku 1000 babushyikirijwe uyu munsi, caisse d’entraide yo muri kaminuza y’u Rwanda yanatanze amafaranga agera kuri miliyoni esheshatu mu kigega Agaciro Development Fund.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene, yasabye abashyikirijwe mituweri kongera imbaraga mu gukora, bakigira, ku buryo umwaka utaha bazabasha kwitangira amafaranga ya mituweri ubwabo, kuko ngo “ak’imuhana kaza imvura ihise.”

Abahawe amakarita ya mituweri na bo kandi, uretse kuba bishimira ubufasha bahawe, banafashe icyemezo cyo gukoresha imbaraga zabo zose kugira ngo ubutaha ntibazagombe gufashwa, ahubwo na bo bazabe babasha kwigurira mituweri.

Uwitwa Uwambajemariya Devota yagize ati “najyaga mpinga sineze bigatuma mpora mu bukene. Mpereye ku nama umuyobozi w’Akarere amaze kutugira yo kuzajya twifashisha ifumbire, ngiye gukora ntikoresheje maze umwaka utaha nzabashe kwitangira amafaranga ya mituweri.”

Uyu ni umwe mu bahawe mituweri. Ari kwakira ikarita ye n'iy'abo mu rugo iwe.
Uyu ni umwe mu bahawe mituweri. Ari kwakira ikarita ye n’iy’abo mu rugo iwe.

Uwambajemariya afite abana 6, kandi umugabo we yarapfuye. Ngo mbere yajyaga yirihira mituweri, ariko aho amafaranga aviriye ku 1000 akagera ku 3000 ku muntu, kuyabona byaramunaniye.

Caisse d’entraide ni ikimina cyashyizweho n’abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka w’1978. Kuva icyo gihe abakozi ba Kaminuza babishaka begeranya amafaranga, bakabasha kugurizanya kugira ngo biteze imbere.

Kuri ubu, uretse Kaminuza y’u Rwanda, harimo n’abakozi bo mu bindi bigo bitandatu ari byo IRST, Labophar, CHUK, CHUB, Mituweri ya Kaminuza na INMR.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mwakoze igikorwa kiza mukomerezaho!Ibikorwa nkibi n’ibyagaciro gakomeye n’intambwe yo kwiyubaka mwubaka n’igihugu kandi mwiha n’agaciro.

Twagiramariya Spéciose yanditse ku itariki ya: 26-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka