U Bushinwa burimo gukoresha urukingo rushya rwa Covid-19 rwitabazwa aho byihutirwa

Leta y’u Bushinwa yemeje urukingo rushya rwa Covid-19 rugomba gukoreshwa aho byihutirwa rwakozwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukumira ibyorezo (CDC), rukaba rubaye urukingo rwa gatanu mu nkingo zose zimaze gukorwa n’icyo kigo.

Inkuru y’ibiro ntaramakuru Associated Press iravuga ko umuyobozi w’ikigo CDC mu Bushinwa Gao Fu, ari we wayoboye imirimo yo gukora urwo rukingo rugizwe n’ibirinda umubiri (proteins) biwufasha kwiremamo uturemangingo twongera ubudahangwarwa bwo ntihabeho kwandura Covid-19.

Itangazo Ikigo cy’u Bushinwa cy’Ubumenyi (Chinese Academy of Sciences) cyashyize ahagaragara ku wa Mbere, riravuga ko urwo rukingo rushya rwemejwe n’ababishinzwe mu cyumweru gishize ndetse batanga uruhushya rwo kurukoresha aho byihutirwa gusa, kuko rukiri mu cyiciro cya nyuma cy’igerageza kuva mu Kwakira k’umwaka ushize.

Ni urukingo rwa gatanu rwa coronavirus rwemejwe na Leta y’u Bushinwa, rukaba n’urwa kane rwemerewe gukoreshwa aho byihutirwa.

Eshatu zemerewe mbere gukoreshwa aho byihutirwa, zo zamaze no kwemererwa gukoreshwa muri rusange, zose uko ari eshanu zakozwe n’ibigo byo mu Bushinwa.

Urwo rukingo rwa gatanu ruherutse gukorwa mu Bushinwa rwakozwe ku bufatanye bw’ibigo bibiri byo mu Bushinwa ari byo Anhui Zhifei Longcom Biopharmaceutical Co. Ltd. na Chinese Academy of Sciences.

Iryo tsinda ryarangije igerageza ry’urukingo mu cyiciro cya 1 n’icya 2 mu Kwakira 2020, ubu rikaba rigeze mu cyiciro cya nyuma cy’igerageza ririmo gukorerwa mu bihugu bitatu: Uzbekistan, Pakistan na Indonesia, nk’uko itangazo ry’Ikigo cy’u Bushinwa cy’Ubumenyi ribivuga.

Umuvugizi w’ikigo cyakoze urwo rukingo rushya, avuga ko rwemerewe gukoreshwa muri Uzbekistan ku itariki 01 Werurwe 2021, rugatangwa inshuro eshatu mu mezi atatu.

Kugeza ubu nta makuru arajya ahagaragara arebana n’uko urwo rukingo rwaba rurimo gutanga umusaruro witezwe, umuvugizi w’ikigo cyakoze urwo rukingo akavuga ko badashobora gutangaza ayo makuru kugeza ubu, usibye gusa kuyashyikiriza abashinzwe ubuzima.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka