Kirehe: Yarwaye amavunja no ku ntoki kubera umwanda

Umwana witwa Gakuru wo mu kagari ka Kigina, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yarwaye amavunja ku birenge no ku ntoki kandi ngo nubwo babyuka bamuhandura buri munsi byanze gukira.

Uyu mwana avuga ko atajya yoga kubera ko iwabo nta base yo kogeraho bagira akaba avuga ko yogera mu isafuriya iwabo batekamo.

Ngo bamuhandura buri gitondo ariko amavunja yanze kumushiraho.
Ngo bamuhandura buri gitondo ariko amavunja yanze kumushiraho.
Amavunja amaze kugera ku ntoki.
Amavunja amaze kugera ku ntoki.

Ngo no kubona ibyo arya usanga bigoye kuko abona ibyo arya ari uko se umubyara cyangwa nyina bagiye guca inshuro mu baturanyi, akaba avuga ko akenshi ahita ajya mu baturanyi bakamwihera ku byo batetse akirira.

Gakuru avuye gusaba ibiryo mu baturanyi.
Gakuru avuye gusaba ibiryo mu baturanyi.

Gakuru kandi avuga ko atigeze ajya mu ishuri kubera kubura imyenda yambara akaba anavuga ko kubera kumenya kuririmba aririmbira abantu bakamuha igiceri cy’ijana akaba abonye ayo kwirira amandazi.

Grégoire Kagenzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

birababaje mayor Murayire atabare na social wa kigina kuko birakabije

mahoro yanditse ku itariki ya: 4-01-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka