Uyu musaza asobanura ko iyo ndwara yamufashe akiri umusore afite imyaka 21. Kuva icyo gihe, yatangiye kwivuza kwa muganga wa kizungu ndetse na gakondo kugeza agize imyaka 50 ariko ntacyo byatanze.
Yivuje ku Bitaro Bikuru bya Nemba, aho yitaweho n’umuzungu wahakoraga ariko ngo uburwayi bwe bwakomeje kwiyongera. Byabaye ngombwa ko ajya kwivuza mu bavuzi ba gakondo na byo bikomeza gutyo.
Araribwaga cyane, akishimagura ku maguru yombi agatonyoka akaba ibisebe; nk’uko Nemeyimana akomeza abivuga.
Ayo maguru yabyimbaganye cyane, amano avamo inzara. Ikindi, aninda ibintu bimeze nk’amazi, ahagana haruguru hazikishije ibitambaro bisa nabi kubera ibisebe bishobora kumutera indwara mu bisebe.
Nemeyimana akunda kwigumira mu rugo iwe, acuranga inanga mu gihe abana be babiri n’umugore we bagiye guhinga kuko ngo we ntacyo ashobora gukora kandi adashobora no gukora urugendo rurerure.
Agowe n’ikibazo cyo kubona ubushobozi bw’amafaranga bwo kugura pomade yo gusiga ku maguru yabyimbe kuko ashobora kubyimbuka n’ububabare afite bukagabanuka.
Abantu batandukanye barimo abaforomo baganiriye na Kigali Today batangaza ko bazi abantu benshi barwaye indwara y’imidido ariko ntibigeze bakira.
Nshimiyimana Leonard
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|