Ikirego cy’Umukobwa ushinja Dr Kayumba gushaka kumusambanya kigeze he?

Ku mugoroba wo ku wa 17 Werurwe 2021 ahagana mu ma saa 18h07 uwitwa Kamaraba Salva, yatambukije ku rubuga rwa Twitter ubuhamya bw’Umukobwa mugenzi we bushinja Dr Kayumba Christopher wari umwarimu we muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’Itangazamakuru n’itumanaho, gushaka kumusambanya ku gahato akabyanga.

Dr Kayumba Christopher ushinjwa Gushaka gusambanya uwari umunyeshuri we
Dr Kayumba Christopher ushinjwa Gushaka gusambanya uwari umunyeshuri we

Muri ubu buhamya Kamaraba avuga ko iki gikorwa cy’ubugome cyakorewe mugenzi we cyabaye mu 2017, ariko mugenzi we akaba yifuje kubishyira ku ka rubanda, nyuma y’uko abonye ko Dr Kayumba atangaje ko ashinze ishyaka riharanira Demokarasi yise Rwandese Platform for Democracy, akabona ko umuntu ukora ibikorwa nk’ibyo bigayitse, adakwiye kugaragara mu ruhando rwa Politiki mu Rwanda.

Muri ubu buhamya kandi, Kamaraba avuga ko uyu mugenzi we wahohotewe yaje kugeza ikirego ku rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ariko ntagaragaza uko cyakiriwe n’icyo yafashijwe.

Ni muri urwo rwego Kigali Today yaganiriye na Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, atugezaho byimbitse ibijyanye na dosiye y’iki kirego, n’aho igeze ubu.

Yagize ati “RIB yakiriye ikirego mu ntangiriro z’ukwezi kwa Werurwe uyu mwaka. Kayumba yaregwaga Ubwinjiracyaha bwo gukoresha undi imibonano Mpuzabitsina ku gahato uwari umunyeshuri we". Iperereza riri gukorwa, ibimenyetso biri gukusanywa.”

Twifuje kumenya niba iki cyaha cyakozwe muri 2017 kikaba cyaragejejwe mu bugenzacyaha nyuma y’imyaka ine uwahohotewe ataratinze kugitanga kikaba cyarashaje.

Dr Murangira yadusubije agira ati “Iki cyaha ubusanzwe cyitwa Ubwinjiracyaha bwo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato (Attempt to rape). Ni icyaha cy’ubugome gisaza nyuma y’imyaka 10, tukaba twaracyakiriye kuko kitarasaza.”

Dr Murangira B Thierry avuga ko Ikirego cy'uwo mukobwa cyakiriwe kandi kitarasaza
Dr Murangira B Thierry avuga ko Ikirego cy’uwo mukobwa cyakiriwe kandi kitarasaza

Avuga ku buhamya bw’uyu mukobwa uvuga ko yahohotewe, Dr Kayumba yatangaje ko ibi ari ibinyoma bigamije kumuharabika, anahita afunga (Ablocka) Kamaraba kuri Twitter, bivuze ko ari we, ari na Kamaraba ntawe uzongera kubona ibyo undi yanditse kuri Twitter.

Ubusanzwe uwo urukiko ruhamije icyaha cyo gusambanya umuntu ku gahato, ahanishwa igifungo cy’imyaka iri hagati ya 10 na 15.

Ubwinjiracyaha bwo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato (Attempt to rape) cyo gihanishwa icya kabiri cy’iyo myaka bitewe n’iyo urukiko rwakase (hagati ya 5 na 7.5).

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ubusambanyi,nubwo bukorwa na millions and millions z’abantu mu rwego rwo kwishimisha,butera ibibazo byinshi bikomeye harimo:Gufungwa,inda,Sida,kwiyahura,gusenya ingo ku bashakanye,etc…Si ibyo gusa,kubera ko ubusambanyi buzabuza ababukora kubona ubuzima bw’iteka muli paradizo.

rwanamiza yanditse ku itariki ya: 19-03-2021  →  Musubize

La balance de la justice est très endommagée ! Pour moi elle doit immédiatement être réparée.

Luc yanditse ku itariki ya: 19-03-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka