Umuvugizi w’ubushinjacyaha bukuru, Alain Bernard Mukuralinda, tariki 06/12/2011, yashyize ahagaragara itangazo rivuguruza ibinyoma by’abavuga ko gushyira mu bikorwa iteka rya minisitiri numero 169/08.11 ryo ku wa 23/11/2011 rishyiraho abagororwa bagomba gufungurwa by’agateganyo byahagaritswe.
Ibiro ntaramakuru Hirondelle byanditse ko Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) rusaba akanama gashinzwe umutekano mu muryango w’abibumbye gushaka ibihugu byakira abagizwe abere n’urwo rukiko.
Ejo, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Cyanzayire Aloysie, yafashe icyemezo cyo kwirukana mu kazi burundu umucamanza Niyonizera Claudien wari umucamanza mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Rwamagana kubera amakosa akomeye yakoze.
Uyu munsi, Laurent Gbagbo, wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire yitabye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye (ICC).
Fatou Bensouda ukomoka mu gihugu cya Gambiya niwe uzasimbura Luis Moreno-Ocampo ku mwanya w’umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga rw’i Lahaye (ICC).
Tariki 23/11/2011 ubushinjacyaha bwasabiye umuganga wa Michael Jackson, Conrad Murray, igifungo cy’imyaka itatu kubera uburangare yagize mu kuvura nyakwigendera Jackson.
Kuri uyu wa gatanu, uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yasuye gereza ya Mpanga mu rwego rwo kwirebera uko abafungwa bo mu gihugu cya Sierra Leone baje kurangiriza igihano cyabo mu Rwanda babayeho.
Ministre wungirije ushinzwe ubutabera wo muri Sierra Leone taliki ya 13 ugushyingo yasuye gereza ya Mpanga yishimira uburyo imfungwa z’Abanyasierraleone 8 zibayeho.
Nyuma y’aho abunganira Munyenyezi Béatrice bagerageje kwanga ko abatangabuhamya b’abanyarwanda baza muri uru rubanza, abategarugori 4 nibo bemerewe kuzatanga ubuhamya mu rubanza. Umucamanza Steven McAuliffe niwe wafashe icyo cyemezo tariki ya 9/11/2011 mu mujyi wa Concord, muri leta ya New Hampshire.
Urukiko rw’ ikirenga rwavuze ko urubanza ubushinjacyaha buregamo umuyobozi w’ ikinyamakuru Umurabyo, Agnes Nkusi Uwimana ndetse n’umwanditsi mukuru w’iki kinyamakuru Saidath Mukakibibi, ruzasubukurwa ku itariki ya 19 Mutarama mu mwaka wa 2012, kuko abashinjacyaha bafite imanza nyishi muri iki gihe.
Ku itariki ya 15 ukuboza nibwo urukiko rw’ubujurire mu rukiko rwashyiriweho u Rwanda Arusha (ICTR) ruzaca imanza z’abantu batatu barimo Théoneste Bagosora, hamwe n’abandi babiri aribo Lieutenant Colonel Anatole Nsengiyumva na Dominique Ntawukulilyayo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa Alain Juppé wari no kuri uyu mwanya mu 1994 ubwo mu Rwanda habaga Jenoside, avuga ko atigeze ahakana ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ahubwo ko we yayemeye mbere ya benshi iri kuba mu mwaka w’1994.
IBUKA yatangaje ko yababajwe n’icyemezo cyo kurekura babiri mu bahoze ari abaminisitiri Casmir Bizimungu wari Minisitiri w’ubuzima, Jerome Bicamumpaka wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga bo muri leta y’abatabazi cyafashwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) mu cyiswe urubanza Guverinoma II