Mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, umwana witwa Uwiringiyimana uri mu kigero cy’imyaka ine wahitanywe n’umugezi witwa Rwishywa tariki 30/11/2011 ariko umurambo uboneka tariki 04/12/2011 mu mugezi wa Koko ugabanya imirenge ya Gihango na Musasa yo mu karere ka Rutsiro.
Ahagana saa kumi n’ebyiri za mugitondo, tariki 02/12/2011, mu karere ka Nyanza hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Munyagikari Eric wishwe mu ijoro rya tariki 01/12/2011 ajugunwa i Ruhande rw’umuhanda ujya ku Rwesero.
Polisi ya Nyamata irimo gushakisha umugabo witwa Ntwari Evariste watorotse uburoko tariki 2/12/2011 nyuma yo gutabwa muri yombi azira kwishyura inoti y’inkorano y’ibihumbi bitanu mu kabari. Ntwari yari afungiye ku biro by’umurenge wa Mayange.
Bimenyimana Samuel, utuye mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, kuva tariki 02/12/2011 ari mu maboko ya polisi azira kuba yarahinze ibiti umunani by’urumogi mu gikari cy’inzu ye.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo hafungiye abasore babiri, Harerimana Andre na Nteziryayo Emmanuel, bafatanywe imifuka irindwi y’urumogi. Uru rumogi rwafashwe mu ma saa munani z’ijoro ryakeye rupakiye mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna yuzuye ibitoki byari bivuye mu karere ka Kirehe babijyanye mu mujyi wa Kigali.
Niyonzima Oscar, umusore w’imyaka 24, yiyemerera ko ari we wishe mugenzi we, Marora Ildebrande, babanaga mu nzu akoresheje ibuye. Mu minsi ishize umurambo wa Marora watoraguwe mu mugezi ugabanya imirenge ya Kacyiru na Gisozi.
Habyarimana Francois wo mu kagari ka Kabura, mu murenge wa Kabarondo, akarere ka Kayonza, ejo, yarashwe amasasu atatu mu nda ashaka kurwanya abapolisi bashakaga kumwambura imbunda yari atunze mu buryo butemewe n’amategeko.
Ejo saa kumi n’ebyeri n’igice z’umugoroba, polisi mu karere ka Nyanza yatesheje abagizi ba nabi bari bagiye kwica umuntu bamutsinze mu gihuru kiri hafi y’ikoni ryinjira mu mujyi wa Nyanza uvuye i Kigali hafi gato y’igaraje rihari.
Mu ijoro ryo kuwa 29 ugushyingo 2011 mu Murenge wa Muko mu Kagari ka Ngange mu Karere ka Gicumbi umugabo witwa Karuhije Claver yakubise ishoka umuhungu we, Niyitegeka Juvenal, mu mutwe aramukomeretsa amuziza kutahirira inyana ubwatsi.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga, mu murenge wa Cyanika hafungiye umugabo uregwa kwiba umwana polisi igahita imuta muri yombi.
Umugabo witwa Habumuremyi Theophile ukomoka mu Murenge wa Janja,akarere ka Gakenke yagerageje kwiyahura, tariki ya 28/11/2011, umugore we amukoma mu nkokora.
Police hamwe n’inzego zishinzwe umutekano zirashakisha abantu umunani bo mu murenge wa Mugesera, akarere ka Ngoma, nyuma yo kugubwa gitumo tariki 28/11/2011 batetse kanyanga maze bahita batoroka.
Tariki 24/11/2011, abakozi bakoraga amaterasi mu murenge wa Gihombo, mu karere ka Nyamasheke baguye ku mubiri w’umuntu wishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Ubwo mushiki we yashyingirwaga tariki 26/11/2011, umugabo witwa Jean de Dieu Nkurunziza w’imyaka 26 wo mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yiyahuje imiti bucya bamuhamba.
Abantu bateranira mu nsengero hirya no hino muri Muhanga barinubira ubujura bubakorerwa iyo barimo gusenga. Bavuga ko ama telephone niyo akunze kwibwa.
Mu rwego rwo kwicungira umutekano mu buryo bwimbitse, abaturage bo mu kagari ka Gahama, mu murenge wa Kirehe, akarere ka Kirehe bafashe gahunda yo kugurira abarara irondo telefone kugira ngo bajye babasha gutabaza mu buryo bworoshye igihe bahuye n’ikibazo.
Umusore w’imyaka 21 witwa Ndizihiwe Fabien yiyahuye mu kivu tariki 25/11/2011. Umurambo we wabonetse mu nkengero z’ikivu ku mugoroba tariki 26/11/2011 mu murenge wa Musasa, akarere ka Rutsiro.
Ndererehe Jean Bosco utuye mu Kagari ka Kagenjye, mu mudugudu wa Biryogo, mu murenge wa Mayange, mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi tariki 28/11/2011 atetse inzoga ya kanyanga.
Tariki 24/11/2011 mu murenge wa Cyanika ho mu Karere ka Burera, uwitwa Kwihangana alias Biryuwiziritse yiyahuye yikase ijosi akoresheje icyuma gikata ibyuma kizwi ku izina rya “ponceuse”.
Mukaminega Feliciata wo mu murenge wa Mwogo, mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi kuva tariki 26/11/2011 azira kwivugana umuturanyi we witwa Rutembesa Jean Damascene amukubise umuhini w’isekuru mu mutwe.
Kuri sitasiyo ya police ya Sake mu karere ka Ngoma hafungiwe umusore witwa Biziyaremye Jean Bosco ukurikiranwaho kuba yarafatanwe urumogi mu murima we w’ibishyimbo yararuhinzemo.
Habineza Emmanuel wo mu murenge wa Mugesera, akagali ka Mugatare, kuva ejo ari mu maboko ya polisi kuri station ya Sake nyuma yo gufatirwa mu cyuho iwe mu rugo saa munani z’amanwa atetse kanyanga.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera barinubira ubujura bw’amatungo yabo yiganjemo inka burimo gukorwa n’abamwe mu baturanyi bo ntara ya Kirundo yo mu gihugu cy’u Burundi.
Mu mudugudu wa wa Karambi, akagari ka Bumba, umurenge wa Gihango akarere ka Rutsiro,mu ijoro ryakeye ryo kuwa gatatu rishyira kuwa kane habereye ubwicanyi bwakorewe Nsanzimana Etienne w’imyaka 21 y’amavuko.
Itsinda ry’abapolisi bane bo muri Tanzaniya bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda riratangaza ko ryatunguwe n’uburyo urwego rwa polisi mu Rwanda rudakozwa ruswa. Aba bapolisi bari mu Rwanda mu rwego rwo kwiga uburyo bwo guhangana n’ibyaha bitandukanye.
Umugabo witwa Twizerimana Jean Pierre utuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu yishe umugore we, Nyirarukundo, wari utwite inda y’amezi atatu. Ibi byabaye mu saa mbiri z’ijoro tariki 21/11/2011;bari bamaranye amezi ane babana.
Abashumba bakunze kwitwaza inkoni n’imihoro bagaragara mu murenge wa Bigogwe hafi y’ishamba rya Gishwati bakomeje guhungabanya umutekano w’abaturage. Ibi bimaze igihe kirenga amezi 2; bigaragara cyane cyane iyo umuntu anyuze hafi y’aho abo bashumba baragiye.
Tariki 21/11/2011 hagati ya saa yine na saa tanu za mu gitondo, umukobwa w’imyaka itatu n’igice yapfiriye mu mudugudu wa Kabuga mu kagari ka Kinazi umurenge wa Kinazi ho mu karere ka Ruhango azize impanuka.
Kuri sitasiyo ya police mu karere ka Nyamagabe hafungiye umusore witwa Nyandwi Pangarasi azira gukoresha ibiyobyabwenge. Nyandwi Pangarasi yafashwe n’inzego z’ibanze zo mu kagari ka Manwari mu murenge wa Mbazi ku bufatanye n’inzego z’umutekano, ubwo bari mu gikorwa cyo gusaka ibintu by’umucuruzi wari wibwe.
Mu nama yahuje umuyobozi wungirije w’umudugudu wa Kabaya, Munderi Celestin, n’abaturage tariki 20/11/2011, hemejwe ko hagiye kujyaho abantu bazajya barara irondo mu mudugudu buri munsi. Buri muturage azajya atanga amafaranga 1000 cyo guhemba abarara irondo buri kwezi ariko abatishoboya bazajya batanga 500.