Musenyeri Philippe Rukamba, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, avuga ko abakobwa babyarira iwabo kabiri gatatu hanyuma bakajya kwaka imfashanyo, bakwiye kumenya ko umuntu yigira yakwibura agapfa.
Imboga ziri mu biribwa bya mbere byiza ku buzima mu biribwa byose biba ku isi. Nyamara abatuye isi bazirya ku buryo buhoraho ni mbarwa.
Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB) gitangaza ko gihomba agera kuri miliyari 20Frw buri mwaka kubera ko amafaranga atangwa n’abanyamuryango ari make ugereranyije n’ayo icyo kigo cyishyura servisi z’ubuvuzi.
Nk’uko tubikesha urubuga www.nationalpeanutboard.org, ubunyobwa ni igihingwa gishobora kuba gifite inkomoko muri Amerika y’Amajyepfo mu gihugu cya Peru cyangwa Brezil, kuko nta nyandiko ihari igaragaza aho ubunyobwa bwakomotse, ariko hari imitako ibumbye mu ishusho y’ubunyobwa kandi iyo mitako ikaba imaze imyaka irenga 3,500.
Ni kenshi hagiye humvikana ibibazo by’abakozi bo mu rugo aho abakoresha bamwe binubira imikorere y’abakozi basiga mu ngo cyane ko baba batabizeye.
Umwana w’imfubyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, avuga ko umuhungu w’imyaka 25 ukora umwuga wo gutwara abagenzi ku igare (umunyonzi) yamushukishije ko azamugira umugore amusambanya afite imyaka 14 amaze kumutera inda aramwanga.
Abakecuru bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagowe cyane no kurera abuzukuru babo ahanini basigirwa n’abakobwa babyarira iwabo.
Muri Gereza ya Ruhengeri kuri uyu wa kane tariki ya 18 Nyakanga 2019 hatangijwe igikorwa cyo gusiramura imfungwa n’abagororwa; abagera kuri 600 ni bo bazagerwaho n’iyi gahunda.
Nyuma yo kubona ko uburyo bwiza bwo guca ibiyobyabwenge ari ukubirandurana n’imizi, ikigo gishinzwe kugorora abasabitswe nabyo kiri kwakirira i Wawa ababikoresha ndetse n’ababyeyi babo igihe bigaragaye ko na bo babikoresha.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abatuye isi byabereye mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza ku rwego rw’igihugu tariki 11 Nyakanga 2019, abaturage bibukijwe kurushaho kwitabira gukoresha uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage.
Intoryi ni imboga zikoreshwa mu ngo nyinshi, kandi zikundwa n’abantu batandukanye, ariko hari abatazi icyo zimaze mu mubiri w’umuntu.
Yadufashije Espérance, wo mu muryango w’abo byagaragaye ko basigajwe inyuma n’amateka batuye mu murenge wa Nyamabuye muri Muhanga, akamira abaturanyi be yirengagije ko na we yagurisha amata akikenura.
Mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali hari abangavu babyariye iwabo mbere y’uko bashinga ingo zabo.
Umuryango Faith Victory Association (FVA) n’indi miryango 15 bakorana mu guharanira uburenganzira bw’umwana n’umugore, iratangaza ko ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko hari abajyanama b’ubuzima batabikira ibanga abaturage babagana, bigatuma hari ababishisha ntibajye kubasaba serivisi ku kuboneza urubyaro.
Lambert Rubangisa, umuyobozi ushinzwe uburezi mu kigo cyita ku burenganzira bw’abana, SOS mu karere ka Nyamagabe, avuga ko gukorera ku ntego biri mu miti ku gutwita kw’abangavu.
Bamwe mu bafatanyabikorwa b’Umuryango Imbuto Foundation mu rugamba rwo guhangana n’ikibazo cy’abangavu baterwa inda barasaba ko gahunda yo gukumira ko abangavu bakomeza guterwa inda zashingira ku muryango no ku rwego rw’umudugudu kuko bigaragara ko abakora ibyo byaha bahishirwa.
Denyse Mukeshimana wiga mu mwaka wa kabiri kuri GS Gasagara yifuza aho gutaha hazima n’ibikoresho by’ishuri kugira ngo akomeze kwiga neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buratangaza ko mu mezi atandatu ari imbere buzaba bwamaze guhashya ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage birimo no kutagira amacumbi.
Mu Karere ka Rusizi hari ababyeyi badakozwa gahunda yo kuboneza urubyaro. Ni mu gihe abandi basobanura ko batazi imikorere y’iyo gahunda, ibi bikaba biri mu bituma aka karere kaza inyuma mu gihugu muri gahunda yo kuboneza urubyaro.
Inzobere mu bumenyamuntu zemeza ko uwakorewe ihohoterwa cyane cyane irishingiye ku gitsina, atongera gutekereza neza bigatuma ibyo yakoraga bimuteza imbere atongera kubikora.
Umuryango Imbuto Foundation ukangurira abantu bose kongera ingufu mu kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro kugira ngo bagire imiryango ibayeho neza.
Abakozi b’ibigo bifasha abahohotewe (Isange One Stop Centers) baravuga ko hakiri abagana ibyo bigo basibanganyije ibimenyetso cyangwa bakererewe bigatuma badahabwa serivisi zihabwa abakorewe ihohoterwa.
Abaganga n’abakozi b’ibitaro bya Mibilizi biherereye mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi, bamaze amezi atatu badahembwa baravuga ko biri kubateza ingorane z’imibereho mu miryango yabo ndetse bikagira n’ingaruka kuri serivisi batanga.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu bavuga ko ubukangurambaga bukomatanyije bwa gahunda ‘Baho Neza’ bwabagobotse bitabira ari benshi.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) buvuga ko bwashyize ingufu mu kugenzura imiti yinjira mu gihugu ku buryo iyinjiye itujuje ubuziranenge idacuruzwa ku isoko ry’u Rwanda.
Mbarushimana Alphonse umunyamabanga nshingwabikorwa w’ikigo gishinzwe kurwanya indwara zitandura mu Rwanda avuga ko mu Rwanda 30% by’abapfa bahitanwa n’indwara zitandura.
Mu Karere ka Nyagatare hari urubyiruko ruvuga ko telefone zigendanwa zigira uruhare runini mu iterwa inda ry’abana b’abangavu.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kibagabaga biherereye mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali buvuga ko bihomba miliyoni eshanu buri kwezi kubera abivuza bakananirwa kwishyura.
Abafite ubumuga butandukanye binubira ko iyo bagiye gusaba serivisi runaka bitwaje amakarita aranga ibyiciro by’ubumuga bafite, batakirwa uko bikwiye kuko benshi batazi agaciro k’ayo makarita.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangije ikinyamakuru (magazine) kizaba gikubiyemo amakuru y’ubuzima asesenguye kuko azaba yanditswe n’inzobere muri urwo rwego kikazafasha abayakeneraga kuyabona bitabagoye.