Nahimana Adrienne, Umurundikazi wamamaye ku izina rya ‘Bikira Mariya Mawe’, akaba yari azwi cyane nk’umukinnyi w’inararibonye muri filime y’uruhererekane yitwa Ninde, ndetse akaba n’umunyarwenya uzwi, yitabye Imana.
Arnold Alois Schwarzenegger wamamaye muri filime ku izina rya Komando, yatawe muri yombi n’inzego za gasutamo ku kibuga cy’indege cya Munich mu Budage azira kunanirwa kumenyekanisha imisoro y’isaha ihenze yafatanywe yo mu bwoko bwa Audemars Piguet.
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, wamamaye mu njyana ya Afrobeats yongeye gukora amateka yo kugurisha amatike yose y’igitaramo agashira ku isoko.
Umukinnyi wa Filime z’urwenya ukomoka muri Amerika, Quinta Brunson yakoze amateka yo kuba umwirabura wa mbere wegukanye igihembo muri Emmy Awards mu myaka 40 yari ishize.
Umuhanzikazi Marina Deborah, bwa mbere yatangaje ko nta mukunzi afite ndetse ahakana amakuru yakomeje kuvugwa mu bitangazamakuru bitandukanye, ko akundana na Yvan Muziki.
Salum Iddi Nyange cyangwa se Mama Dangote, akaba nyina w’umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzaniya, yavuze ko umuhungu we igihe yemererwa n’amategeko nikigera ashobora kuzafata abana be akabarera cyangwa akazajya amarana na bo igihe ashaka.
Umuhanzikazi akaba n’Umwamikazi mu njyana ya Afro-pop, Tiwa Savage, yatangaje ko yishimye kuba inzozi ze zigiye kuba impamo, agashyira hanze filime ye ya mbere yise ‘Water and Garri’.
Umuhanzi akaba n’umuyobozi w’inzu ifasha abahanzi, Collins Ajereh, uzwi cyane ku izina rya Don Jazzy, yashimagije Davido kubera ishyaka agira mu guteza imbere umuziki we kabone n’ubwo akomoka mu muryango ukomeye.
Filime ivuga ku mateka n’ubuzima byihariye by’icyamamare mu njyana ya Pop, Michael Jackson, byatangajwe ko izasohoka ku ya 18 Mata 2025.
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi cyane nka Meddy, uri mu bahanzi bakomeye b’Abanyawanda, umwanzuro aherutse gutangaza yafashe wo kwiyegurira umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel), akomeje kuwushyira mu bikorwa, aho yasohoye indirimbo yise ‘Niyo Ndirimbo’.
Iki gitaramo cyiswe Gabiro Guitar live Experience cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, kibera ahitwa Centre Culturel Francophone ku Kimihurura mu Rugando.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Abdallah Utumatwishima, yakiriye mu biro bye umuraperi Bushali, bagiranye ibiganiro birimo no kumushyigikira mu bikorwa bye bya muzika.
Intore Tuyisenge Jean de Dieu, umuhanzi w’indirimbo gakondo, avuga ko yahisemo guhanga mu njyana gakondo mu rwego rwo gutanga ubutumwa bwo gukunda igihugu ku bakuru n’abakiri bato.
Uwicyeza Pamella ubwo umugabo we, Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, yizihizaga isabukuru y’amavuko, yamubwie amagambo yuje urukundo amugaragariza ko yifuza ko bazasazana.
Ku Cyumweru tariki ya 7 Mutarama 2024, Umunya-Senegal ukinira ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia, Sadio Mané w’imyaka 31, yashyingiranywe n’umukunzi we Aicha Tamba w’imyaka 19 y’amavuko.
Kimenyi Yves, umukinnyi wa AS Kigali n’ikipe y’Igihugu Amavubi, yakoze ubukwe na Uwase Muyango Claudine, witabiriye irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2019.
Umuhanzi Rusanganwa Norbert wamamaye nka Kenny Sol mu muziki, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we witwa Kunda Alliance Yvette bitegura kurushinga.
Kimenyi Yves usanzwe ari umunyezamu wa w’ikipe y’Igihugu Amavubi na AS Kigali, na Uwase Muyango Claudine witabiriye irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2019, basezeranye imbere y’amategeko.
M’bilia Bel ubusanzwe amazina ye yose ni Marie-Claire Mboyo Moseka. Yavutse ku itariki 10 Mutarama 1959, akaba ari umuhanzikazi wo mu cyahoze ari Zaire, Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) y’ubu.
Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yambitswe impeta ya Fiançailles n’umukunzi we Michael Tesfay wamusabye kuzamubera umugore.
Mu gihe mu myaka ishize abahanzi nyarwanda bakora umwuga wo kuririmba batagaragaye cyane basohora imizingo cyangwa se ‘Albums’ z’ibihangano byabo ahanini bitewe n’icyorezo cya COVID-19 cyabangamiye ibikorwa by’imyidagaduro, muri uyu mwaka wa 2023, abahanzi nyarwanda, abakuru ndetse n’abato, bongereye ingufu mu gukora no (...)
Abatuye mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu basoje umwaka bataramirwa n’abahanzi batandukanye. Barimo Kevin Kade, Bushali, Igisupusupu, Papa Cyangwe, Senderi, Chriss Eazy n’uwitwa Diva.
Umwaka wa 2023 waranzwe n’ibikorwa by’imyidagaduro birimo ibitaramo bitandukanye kandi bikomeye ku rwego mpuzamahanga, ku buryo byasigiye u Rwanda indi shusho ku isi mu bijyanye no kuba ari ahantu heza mu myidagaduro.
Umukinnyi wa Filimi w’icyamamare w’Umunyamerika, Kevin Hart, yareze mu nkiko uwahoze ari umukozi we Miesha Shakes, ndetse Tasha K unyuza ibiganiro ku rubuga rwa youtube, kuko bamuharabitse, banamwaka amafaranga yo kugira ngo batagira ibyo bamuvugaho (extorsion de fonds).
Umuraperi w’Umunyamerika Kanye West cyangwa se Ye yasabye imbabazi ku mugaragaro umuryango w’Abayahudi ndetse avuga ko yicuza amagambo yabavuzeho umwaka ushize.
Umuhanzi Johny Drille ukomoka muri Nigeria, yatangaje ko we n’umugore we Rima Tahini Ighodaro, bamaze ibyumweru bitandatu bibarutse umwana wabo w’imfura w’umukobwa bise Amaris.
Isimbi Alliance uzwi nka Alliah Cool, yatangaje ko abavuga ko ibirori bateguye bari bagamije guhangana n’ibya Zari Hassan, ntaho bihuriye, kandi ko n’iyo byaba ari na byo, umuntu uvuye hanze atahangana n’uwo asanze mu rugo.
Nyakwigendera Ufiteyezu Blaise yari umuhanzi n’umuririmbyi wakoze muri Minisiteri y’Ubuzima no muri Ambasade y’Abarundi, mbere yo kwamburwa ubuzima mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu ijoro ryo ku wa 26 Ukuboza 2023 nibwo Umuhanzi Ruti Joël yakoze igitaramo cye cya mbere nk’umuhanzi yise ‘Rumata wa Musomandera’. Ni igitaramo cyasigaye cyirahirwa n’abakunzi b’umuziki wa Gakondo.
Abatuye Umujyi wa Muhanga bari bategereje ko umuhanzi uzwi nka Papa Cyangwe, aza kubataramira mu ijoro rya Noheli ku wa 25 Ukuboza 2025, baramutegereje baramubura nyuma yo kwishyura amafaranga 1000 yo kwinjira ahari hateganyijwe.