Mu Kagari ka Kamisave mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze, umuryango w’abantu batatu barimo umugore n’abana be babiri, baridukiwe n’inkangu yatewe n’imvura yaraye igwa mu ijoro rishyira tariki 04 Gicurasi 2024, inzu barimo irabagwira, umubyeyi arapfa, abana be bararokoka.
Abana babiri b’abakobwa bo mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero bagwiriwe n’inzu bari baryamyemo bahasiga ubuzima, nyuma y’uko inkangu ikubise iyo nzu igasenyuka, tariki 03 Gicurasi 2024. Abapfuye umwe yari afite imyaka 18, undi afite imyaka 9.
Kayiranga wavukiye muri Komini Kibirira ariko we n’umuryango we bakabuzwa amahwemo bagahungira muri Gisenyi kugera bageze ku mupaka wa Sudani, avuga ko ihohoterwa Abatutsi bakorewe ryatangiye kera.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) bwashimiye abanyamuryango bakoranye urugendo rw’igihe cy’imyaka isaga 30 bakorana umunsi ku wundi, mu bikorwa bitandukanye.
Ku Gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 3 Gicurasi 2024, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yifatanyije na za Minisiteri zitandukanye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 abari abakozi bazo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu muhanda Nyabihu-Ngororero mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, imodoka itwara abagenzi izwi nka Twegerane, yagwiriwe n’igiti, abagenzi n’umushoferi barokorwa n’uko bari bamaze gusohoka muri iyo modoka.
Imbangukiragutabara (Ambulance) yo ku bitaro bya Remera-Rukoma, yari itwaye umurwayi iva ku kigo nderabuzima cya Kabuga, imujyanye kuri ibyo bitaro, yatwawe n’amazi y’umugezi uri hagati y’Imirenge ya Runda na Ngamba.
Abakozi b’Umuryango ‘World Vision International Rwanda’ bateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza kugarura indangagaciro za gikirisitu, ndetse no kugira uruhare mu kongera kwiyubaka k’umuryango nyarwanda.
Ihuriro ry’Imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) tariki 30 Mata 2024, ryagiranye ibiganiro n’imiryango irengera abatishoboye, imiryango n’inzego zita ku bikorwa by’ubutabazi, imiryango y’abafite ubumuga, hamwe n’inzego za Leta zifite mu nshingano abafite ubumuga, baganira ku buryo abantu bafite ubumuga (...)
Umusore witwa Ishimwe Ramazani wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, wari ufite imyaka 24 y’amavuko, birakekwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi, nyuma y’uko umukobwa amwanze.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 3 Gicurasi 2024, ni bwo Umukuru w’Igihugu yakiriye abayobozi batandukanye bafite aho bahuriye na Siyansi.
Mu Bushinwa, umugore yafunzwe azira gushimuta umwana w’umukobwa w’imyaka 11 y’amavuko ashaka kumushyingira umuhungu we w’imyaka 27 y’amavuko, kuko ngo yabonaga yazavamo umugore mwiza uzira amakemwa.
Urutare rwa Ndaba ni hamwe mu hantu nyaburanga mu Rwanda ndetse inteko y’umuco yahashyize ku rutonde rw’ahantu nyaburanga hagomba kubungwabungirwa amateka.
Kuba ingabo za Leta zunze Ubumwe za Amerika zo muri ‘base 201’ zari ziri muri Niger, zaravanyweyo ku mugaragaro hagati muri Mata 2023, zikavanwayo ku buryo bwihuta, ngo byahungabanyije gahunda Amerika yari ifite muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, iyo akaba ari yo mpamvu igisirikare cy’Amerika kirimo kwihutisha (...)
Mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga ku rugomero rwa Nyabarongo, hatoraguwe umurambo w’umubyeyi uhetse umwana bapfuye, bigakwa ko batwawe na Nyabarongo.
Mu Karere ka Nyamagabe hari abarimu batari bakeya, bivugwa ko baba babarirwa muri 200, binubira ko bari hafi guhabwa ubwasisi (bonus) bw’umwaka 2022-2023 mu gihe n’ayo bahawe mbere yaho (mu mwaka wa2021-2022) atajyanye n’amanota bagize. Aba barezi bavuga ko ibyo byavuzwe ndetse bakabwirwa ko bizakosorwa ariko bikaba (...)
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Turukiya, Hakan Fidan yatangaje ko igihugu cye kigiye kwifatanya na Afurika y’Epfo, mu rubanza iregamo Israel mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga (Cour pénale internationale ‘CPI’) rw’i La Haye, Israel ishinjwa kuba irimo gukorera Jenoside Abanya-Palestine muri Gaza.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga – Ngororero utari Nyabagendwa kubera imvura nyinshi yateye umugezi wa Nyabarongo kuzura, bituma umuhanda Muhanga-Ngororero uba ufunzwe by’agateganyo.
Mu karere ka Kamonyi kuri uyu wa gatanu tariki ya 3 Gicurasi 2024 habereye impanuka y’ikamyo yahirimye igwa munsi y’umuhanda umushoferi wari uyitwaye arakomereka.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko tariki ya 30 Mata na 01 Gicurasi 2024, abantu bane barimo umwarimu bapfuye barohamye mu mazi.
Muri Kenya, Jenerali Majoro Fatuma Ahmed yanditse amateka yo kuba umugore wa mbere ubaye Umugaba w’ingabo za Kenya zirwanira mu kirere (KDF).
Tariki 30 Mata 1994 nibwo mu mujyi wa Gisenyi hishwe Abatutsi benshi, nyuma y’ikinyoma cy’ituze Interahamwe zakwirakwije mu mujyi, abari bihishe bakigaragaza, ariko bajyanwa kwicirwa ahitwa kuri Komine Rouge.
Abantu babiri bakekwaho kwica Ndamyimana Elyse wari Noteri w’Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, barashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Gicurasi 2024, bivugwa ko bagerageje gutoroka inzego z’umutekano mu gihe bari bagiye kwerekana abo bakoranaga.
Ishami rya Polisi rishinzwe ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ryatangaje ko kuva tariki 6 Gicurasi 2024 rizatangira gukoresha ibizamini bya Perimi hifashishijwe ikoranabuhanga mu kigo cya Busanza giherereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza.
Vumilia Mfitimana, umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo zihimbaza Imana, usengera mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, yateguye igitaramo ‘Nyigisha Live Concert’ yitiriye indirimbo ye ‘Nyigisha’ iri mu zo yasohoye zakunzwe cyane.
Umunyeshuri wiga mu mashuri abanza wo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, yagiye kwiga ku kigo cy’amashuri abanza cya Gatenzi yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda, ku wa Kane tariki 02 Gicurasi 2024, bitangaza benshi, dore ko ifoto ye yambaye iyo shati yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga.
Colonel Uwimana Alphonse wabashije gutoroka inyeshyamba z’umutwe witwaje intwaro wa CNRD/FLN urwanya Leta y’u Rwanda, ubarizwa mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishimira ko nyuma y’urugendo rw’ibirometero bisaga 600 yakoze aturutse muri ayo mashyamba, yageze mu Rwanda akakiranwa ubwuzu, (...)
Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwahisemo kubakira ku bumwe n’ubwiyunge, nk’igishoro cy’ibanze ku kubasha kubaka u Rwanda rubereye Abanyarwanda.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Munyantwari Alphonse yavuze ko impamvu ikipe ya Rayon Sports y’abagore itatahanye igikombe cy’Amahoro 2024 yatwaye ari uko hari buro yafungutse.
Ubwo mu Murenge wa Simbi na Maraba ho mu Karere ka Huye bibukaga ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, tariki 18 Mata 2024, hagaragajwe bimwe mu bibazo bishamikiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 abana bakunze kubaza ababyeyi, rimwe na rimwe kubasubiza bikabagora.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yafunguye ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga ya 5 y’Ihuriro ry’Abajyanama ba za Guverinoma muri Siyansi (INGSA) ibera i Kigali kuva ku itariki ya 1-2 Gicurasi 2024.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo, ku wa Gatatu tariki 01 Gicurasi 2024, hatangijwe ku mugaragaro umushinga wo gufasha urubyiruko kugira ubumenyi bw’ikoranabuhanga buzabafasha kwihangira imirimo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda ryibutse abari abakozi 68 ba UN bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye ku Cyicaro cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP) mu Mujyi wa Kigali, ku wa Kabiri tariki 30 Mata 2024.
Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wizihijwe tariki 01 Gicurasi 2024, Guverinoma y’u Rwanda yishimira ko intego yo guhangira imirimo abaturage cyane cyane urubyiruko n’abagore, yagezweho ku gipimo kirenga 90%, ariko ikaba ihura n’imbogamizi zo kuba nta koranabuhanga riragera kuri benshi.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, yihanganishije igihugu cya Kenya nyuma y’uko cyibasiwe n’ibiza bigahitana ubuzima bw’abantu benshi, ndetse ibikorwa remezo bikangirika.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, yavuze ku Munyafurika wihitiyemo kuza mu Rwanda avuye mu Bwongereza, agaragaza ko kuba uwo munyamahanga yifatiye icyo cyemezo, bihinyuza abanenga u Rwanda.
Umuhanzi Tumaini Byinshi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Kanani’, avuga ko irimo ubutumwa bukumbuza abantu Ijuru.
Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2023-2024 itsinze Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku wa 1 Gicurasi 2024.
Muri Kenya, imyuzure itewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa, yishe abantu 169 nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’icyo gihugu, mu gihe abagera ku 185.000 bamaze gukurwa mu byabo n’iyo myuzure yibasiye n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba cyane cyane Tanzania imaze gupfusha abarenga ku 155 bishwe n’imyuzure (...)
Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI iratangaza ko mu kwezi kwa Nyakanya 2024 izasohora amabwiriza mashya agenga ubuvuzi bw’amatungo, mu rwego rwo kurwanya akajagari muri ubwo buvuzi, no kurushaho kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo binyuze mu mucyo.
Alice Nyirabageni, umwe mu bari muri komite ya Ibuka mu Murenge wa Ngoma wakurikiraniye hafi imirimo yo gushakisha imibiri mu Mudugudu wa Ngoma ya 5, Akagari ka Ngoma, ahazwi nko kwa Hishamunda, avuga ko urebye iriya mibiri yagiye yubakirwaho nkana.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko hari imyumvire idafite ishingiro ikiri mu Banyarwanda bamwe na bamwe, ivuga ko hari ibyo umukobwa adakwiye kwiga birimo imibare cyangwa siyansi kuko ngo bishobora gutuma atabona umugabo.
Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo w’Igihugu (PAC) basabye ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu gukemeura ibibazo birimo gusubiramo amasezerano n’inyigo by’umushinga wa Nyabarongo ya II izatanga megawati 43 z’amashanyarazi.
Abarokotse Jenoside babashije kumenya imibiri y’ababo yabonetse mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye bavuga ko n’ubwo bababajwe no kuba barashinyaguriwe bakubakirwa hejuru abandi bagahingirwa hejuru, kuba barabashije kubashyingura tariki 30 Mata 2024 byatumye baruhuka ku mutima.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gataba Umurenge wa Rusasa Akarere ka Gakenke, baraye kwa muganga nyuma yo kuribwa mu nda ubwo bari bamaze kunywa umusururu mu birori mugenzi wabo yari yabatumiyemo.
Umuntu wa mbere wimwe ubuhungiro mu Gihugu cy’u Bwongereza yoherejwe mu Rwanda ku bushake, mu gihe hari benshi bagiye barwanya koherezwa mu Rwanda hagendewe ku musezerano u Rwanda rwagiranye n’Igihugu cy’u Bwongereza.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashyizeho ndetse azamura mu ntera, abayobozi bashinzwe serivisi z’Ubuzima mu Gisirikare cy’u Rwanda.
Umuryango Unity Club Intwararumuri, uri gusoza icyiciro cya kane cy’amahugurwa y’inzego z’amahuriro(clubs) y’ubumwe n’ubudaheranwa mu mashuri Makuru na Kaminuza, mu rwego rwo kwimakaza ubunyarwanda mu rubyiruko.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 27 Mata 2024, abagizi ba nabi bishe banize umukecuru w’imyaka 64 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, witwa Kantarama Immaculée, wari utuye mu Mudugudu wa Kumunini, Akagari ka Gakoni, Umurenge wa Kiramuruzi, Akarere ka Gatsibo.
Ikipe ya Basketball yo mu gihugu cya Saudi Arabia yitwa ‘Al Nassr BBC’ , yamaze kwandikira umukinnyi w’umunyarwanda witwa Kamanzi Olivier ukinira Orion BBC imusaba ko yayibera umukinnyi.