Minisiteri y’uburezi ifatanyije WDA batangije ibizami by’imyuga

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro n’imyuga (WDA) hamwe na Minisitere y’uburezi (MINEDUC) byatangije ibizami byo gushyira mu bikorwa ibyo abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga.

Ibizami bizamara iminsi icumi (kuva taliki 17-28/09/2013) byatangirijwe mu ishuri ry’ubukorikori n’ubugeni rya Nyundo akarere ka Rubavu bizanabera ku bigo 95 aho bizitabirwa n’abanyeshuri 21,748.

Umwe mu banyeshuri agaragaza ibyo yakozeho mu bugeni mu ishuri rya Nyundo.
Umwe mu banyeshuri agaragaza ibyo yakozeho mu bugeni mu ishuri rya Nyundo.

Ibizami biri gutangwa ni ibijyanye n’imirimo y’amaboko, abanyeshuri bakagaragaza ibyo bize mu rwego rwo kwimenyereza gushyira mu bikorwa ibyo bize no kuzabishyira mu bikorwa nyuma yo kurangiza.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imyuga muri MINEDUC, Albert Nsengiyumva, yatangaje ko gushyira mu bikorwa ibyo umunyeshuri yiga ari byo bicyenewe, kuko bizatuma umunyeshuri arangije akomeza kubishyira mu bikorwa kurusha uko azajya gushaka akazi”.

Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC hamwe n'umuyobozi wa WDA basura ibikorwa n'abanyeshuri.
Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC hamwe n’umuyobozi wa WDA basura ibikorwa n’abanyeshuri.

Albert Nsengiyumva avuga ko umunyeshuri ufite ubumenyi adashobora kubura akazi kuko abarangiza bazashobora gukorana n’ibigo by’ishoramari bihangire umurimo hatabayeho gutegereza gusaba imirimo.

Abanyeshuri biga mu ishuri rya Nyundo bemeza ko ibyo biga bitabagora kuko bakora bimenyereza kubikora kuruta uko babyiga mu magambo, ngo kwiga ibintu babishyira mu bikorwa bituma babyumva neza kandi bizera ko nibarangiza bazakomeza kubikora nk’akazi kabinjiriza amafaranga.

Abanyeshuri bagaragariza bayobozi ibyo bakora mu ishuri ry'ubugeni rya Nyundo.
Abanyeshuri bagaragariza bayobozi ibyo bakora mu ishuri ry’ubugeni rya Nyundo.

Uyu mwaka wa 2013, abanyeshuri 21,748 nibo bazitabira ibizami bigera kuri 20 by’imyuga n’ubukorikori biga mu mashuri y’imyuga n’ubukorikore (TVET) harimo ubuhinzi bwa kijyambere, ubwubatsi, amashanyarazi, amazi, itumanaho ubukanishi n’indi myuga itandukanye, mu gihe umwaka ushinze abitabiriye ibizami bari 17 426.

Uretse gushyira mu bikorwa ibyo biga abanyeshuri bashobora no kubishyira mu nyandiko bashushanya.
Uretse gushyira mu bikorwa ibyo biga abanyeshuri bashobora no kubishyira mu nyandiko bashushanya.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka