ICK ngo ni rimwe mu mashuri make ashobora gutanga uburere n’ubumenyi

Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK), Charles Nkoranyi, avuga ko muri iri shuri atari ahantu umunyeshuri aza kwigira ibintu bisanzwe gusa ngo yigendere yungutse ubumenyi gusa kuko ngo ahabwa n’ibindi.

Ibi yabitangaje tariki 18/07/2013 mu muhango wo gutanga impamyabumenyi z’icyikiro cya kabiri cya kaminuza ku banyeshuri 472 barangije mu mashami atatu: itangazamakuru n’itumanaho; imbonezamubano n’iterambere.

Ati: “ICK si aho bacururiza za mudasobwa ahubwo ni aho turerera usibye ko na mudasobwa ari ingirakamaro nazo bazihabwaho ubumenyi”.

Musenyeri Smaragde Mbonyintege, umuyobozi mukuru wa ICK, ashyikiriza impano umwe mu banyeshuri bitwaye neza kurusha abandi.
Musenyeri Smaragde Mbonyintege, umuyobozi mukuru wa ICK, ashyikiriza impano umwe mu banyeshuri bitwaye neza kurusha abandi.

Akomeza avuga ko urangije muri muri iri shuri baba bizeye cyane ko aba afite impamba izamufasha kurusha benshi baba bavuye mu yandi mashuru na za kaminuza. Ati: “iyo dutanze ubumenyi mu ishuri ryacu twongeraho n’uburere bigatanga ubwenge kandi ibi ni ibintu biba ahantu hake”.

Umuyobozi wa ICK Padiri Kagabo, nawe avuga ko urangije muri irinshuri aba afite ubumenyi ahakuye kandi akaba anafite uburere byose bibyara ubwenge kuburyo ngo iyo bageze mu mirimo baba ari bamwe mu bakozi babyitwaramo neza nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bo ubwabo bikoreye.

Aimable Irihose yarangije afite amanota meza (distinction) nyuma yo kumugara mu mwaka wa 2010.
Aimable Irihose yarangije afite amanota meza (distinction) nyuma yo kumugara mu mwaka wa 2010.

Ikindi uyu mupadira agaragaza cyerekana ko iri shuri ayoboye riri ku rwego rwo hejuru ni ubufatanye rigirana n’andi mashuri akomeye nko mu Burayi, aho bafite abanyeshuri bo mu Bufaransa baje kwiga muri iri shuri kuri ubu bakaba barangije semestre ebyiri.

ICK ngo yahawe igikombe cy’ibyo batanga byiza ndetse n’ibyo bakora bifite ireme riri hejuru (quality). Iki gikombe kitwa International Star Award for Quality bakaba baragihawe n’umuryango mpuzamahanga witwa Business Initiative Direction.

Gerard GITOLI Mbabazi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Conglaturations kuri Aimable IRIHOSE, kd ni akomeze atere imbereeee!!!!

EMMA yanditse ku itariki ya: 20-07-2013  →  Musubize

ick yirukana abajozi nabi haracyariyo ingenga

jfj yanditse ku itariki ya: 19-07-2013  →  Musubize

Mujye mubanza mukore editing neza nshuti zanjye, kugira ngo inkuru zanyu zidacanga abazisoma. Harimo udukosa ariko dutuma inkuru itanoga. Couarge qd mm. ICK yo ni yo ntego yayo kabisa, kandi ubona ko iyigeraho

shishoza yanditse ku itariki ya: 19-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka