Mu muhango wo gutanga impamyabumenyi wa bereye muri grand auditorium ya kaminuza nkuru y’U Rwanda tariki 21/01/2012, Esron Wesley Uwihanganye, umwe mu bahawe impamyabumenyi, yavuze ko bishimye cyane kuko babonye umusaruro wibyo bakoreye, kandi ko amasomo bize ari inkuga ikomeye igiye kubafasha gukomera mu buzima bwa gikiristu.
Amasomo aba banyeshuri bigishijwe yibanda ku nyigisho za bibiliya akaba amara imyaka itatu.
Murenzi Frank, umunyamabanga nshingwabikorwa wa Come and See Rwanda, yatangaje ko ubuyobozi bwashimishijwe nuko inyigisho zatanzwe zatumye hagaragara impinduka nini haba mu matsinda ya gikiristu ndetse no ku matorero aba banyeshuri baturukamo.
Umuryango Come and See Rwanda watangiye gukorera mu Rwanda mu 2005, ukaba utanga inyigisho zerekeye kuri bibiliya ndetse ukaba unafatanya na Leta gutera inkunga abatishoboye .
Védaste Nkikabahizi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|