Rwamagana: Abaforomo 108 n’ababyaza 121 bahawe impamyabumenyi za A1

Abaforomo 108n’ababyaza 121 barangije bwa mbere mu cyiciro cya kaminuza mu ishuri ry’Abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana bahawe impamyabumenyi tariki 06/08/2013, mu mihango yabereye ku cyicaro cy’iryo shuri mu mujyi wa Rwamagana.

Iri shuri ubu ryitwa Rwamagana School of Nursing and Midwifery, RSNM ryashinzwe mu mwaka wa 1962. Icyo gihe ngo iri shuri ryatangiye ritanga impamyabumenyi zo mu cyiciro bitaga A3 kugera mu mwaka wa 1966 ubwo ryatangiraga kujya ryigisha abavuzi amasomo yo ku rwego rwa A2.

Mu mwaka wa 2007 ryemerewe gutanga ubumenyi bwo mu cyiciro cya mbere cya kaminuza bita A1.

Akarasisi k'abarangije amasomo.
Akarasisi k’abarangije amasomo.

Umuyobozi wa RSNM, umubikira mama Mukabaranga Epifaniya yavuze ko muri iyi myaka iri shuri ryigishije abaforomo n’ababyaza 1427 bakora hirya no hino mu Rwanda no mu mahanga.

Aba baforomo n’ababyaza bose bashimiye ko ishuri ryabo RSNM ryabahaye ubumenyi bwinshi ndetse n’uburere, aho bari mu mirimo mu mavuriro atandukanye ngo bakaba bakora neza kandi bashimwa cyane.

Uwavuze mu izina rya bagenzi be bahawe impamyabumenyi yijeje ko bazakomeza kurangwa n’umurava, ubunyangamugayo n’ubutore, bakazabera urugero abandi bagenzi babo bakorana.

Abayobozi bakuru muri kiliziya, mu nzego z'uburezi n'iza Leta.
Abayobozi bakuru muri kiliziya, mu nzego z’uburezi n’iza Leta.

Imihango yo gutanga bwa mbere impamyabumenyi ku baforomo n’ababyaza bize icyiciro cya mbere cya kaminuza muri RSNM yitabiriwe n’abayobozi bakuru mu nzego za Leta n’iza Kiliziya, barimo Musenyeri Antoine Kambanda uherutse gushingwa kuyobora diyosezi gatulika ya Kibungo, intumwa za ba minisitiri w’Uburezi n’uw’Ubuzima, abasenateri, abayobozi b’amashuri makuru, abakuru mu nzego z’umutekano, n’ababyeyi n’inshuri z’abahawe impamyabumenyi.

Mu mihango yo gutanga impamyabumenyi kandi, abari muri RSNM bafashe umwanya wo kuzirikana umunyeshuri witwaga Uwamahoro Francine wigaga muri iryo shuri akaza kwitaba Imana kuwa 23/04/2011 wari kuba wahawe impamyabumenyi na bagenzi be uyu munsi.

Musenyeri Kambanda uyobora diyosezi ya Kibungo ashyikiriza amashimo uwabaye umunyeshuri w'Indashyikirwa mu bamaze kwiga kaminuza muri RSNM bose.
Musenyeri Kambanda uyobora diyosezi ya Kibungo ashyikiriza amashimo uwabaye umunyeshuri w’Indashyikirwa mu bamaze kwiga kaminuza muri RSNM bose.

RSNM yakira abasoje amashuri yisumbuye bagakomeza kwiga ubuforomo no kubyaza, ikacyira nanone bamwe mu basanzwe ari abakozi mu mavuriro hirya no hino mu Rwanda baba bashaka kongera ubumenyi ndetse ubu ngo ikaba yaranatangije amasomo yigwa n’abakorera kure y’ishuri bakayakurikirana batajya mu ishuri buri munsi, uburyo bwitwa E-learning cyangwa enseignement à distance mu ndimi z’amahanga.

Rwamagana School of Nursing and Midwifery ni ishuri rishingiye kuri Kiliziya Gatulika, rikaba ryarashinzwe n’ababikira bo mu muryango witwa Ababerinaridini bisunze mutagatifu Berinarido, bakaba ari nabo bariyobora.

Abaririmbyi bo mu iseminari nto ya Nyundo baje gususurutsa ibirori mu buhanga n'ibikoresho bihambaye.
Abaririmbyi bo mu iseminari nto ya Nyundo baje gususurutsa ibirori mu buhanga n’ibikoresho bihambaye.

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nibyiza twishimiye iri shuri kdi ubumenyi batanga ni ndashyikirwa ushatse yajya guhaha uburere nubutunzi

ndatimana cyprien yanditse ku itariki ya: 12-08-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka