Ubwo akarere ka Ngoma kahembaga abantu n’ibigo byitwaye neza bigatuma kegukana amanota meza mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013, ishuri Les Gazelle ryahawe igikombe cy’ishimwe ku kuba mu mwaka wa 2011, baregukanye umwanya wa mbere mu Rwanda mu gustindisha neza mu bizamini bisoza amashuri abanza.
Abanyeshuri biga muri iri shuri batsinze bose kandi banatsindira ku manota menshi.
Umuyobozi w’ishuri Les Gazelle, Mukakimenyi Tebuka Grace, ubwo yabaga uwa mbere mu rwego rw’igihugu yari yatangaje ko ibanga ryo gutsindisha abikesha ubufatanye bw’ababyeyi b’ikigo, umwihariko w’abarimu bashoboye bigisha abanyeshuri kuko ngo hakorwa ijonjora rikomeye cyane mu guhabwa akazi.
Nubwo rigitsindisha neza iri shuri ntiriheruka kumwanya wa mbere mu gihugu. Ni ubwa mbere mu birori nkibi ibigo cy’amashuri cyahize ibihindi gihabwa igikombe n’akarere ka Ngoma.
Petit Seminari Saint Kizito y’i Zaza nayo yarashimiwe ko itsindisha neza ku rwego rw’igihugu ikaza mu za mbere maze bigahesha isura nziza akarere.
Jean Claude Gakwaya
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Urakoze cyane J Claude nabantu benshi banyandikiye babwira inkuru banya encourage nishimye cyane uburyo munzirikana muzi naho ndi kurubu byatumye nifuza kubamenya najye kandi Imana izabidushoboze🙏
Kigali Today murakoze; turabakunda.
Ubu buryo bwo kwibuka abakoze neza igikorwa nticyibagirane, bitera imbaraga abavugwa bakarushaho.
Les Gazelles iracyatsinda neza, ikomereze aho.
Uwari Directrice Mukakimenyi T. Grace, ubu ni mganga(canceller) Muhoza/Musanze, Ni mganga mwiza.
Murakoze.