Umwarimu urwaye impyiko 2 arasaba gufashwa kuzivuza

Nikuze Vestine wigisha ku ishuri ry’Urwunge rw’Amashuri rya Murama mu Murenge wa Musasa mu Akarere ka Rutsiro arasaba gufashwa kwivuza

Nikuze Vestine washakanye na Nzabahimana Jean Damascène bombi ni abarimu avuga ko yafashwe n’uburwayi ku wa 08 Ukwakira 2014 ajya kwivuriza ku Ibitaro bya Kibuye nabo bamwohereza CHUK nayo imwohereza Roi Faycal ariko birangira bamwohereje mu Buhinde.

Nikuze Vestine urwaye impyiko 2 amaranye umwaka akaba yarabuze uko yakwivuza ngo akire asubire mu kazi
Nikuze Vestine urwaye impyiko 2 amaranye umwaka akaba yarabuze uko yakwivuza ngo akire asubire mu kazi

Abaganga bamufashije gusuzuma umuntu ushobora kumuha impyiko basanga murumuna we ashobora kuyimuha na we amwemerera 1 agasigarana indi, ubu akaba ashakisha amafaranga Miliyoni zisaga 15 kugira ngo abashe kujya kwivuza .

Nikuze ati” Nafashwe n’ikibazo cy’impyiko umwaka ushize nkimaranye umwaka wose nta bitaro ntagiyemo kugera no kuri Faycal Kigali bambwira ko ngomba kujya mu Buhinde kandi ngo ni Miliyoni 15 kandi nta bushobozi mfite ndasaba ko abagiraneza bandwanaho”

Nikuze avuga ko ngo hari uburyo abaganga bari bamubwiye bwo kuba yifashisha aho ku munsi uwo muti awugura ibihumbi 15 ubu akaba maze ukwezi atawubona kubera ubushobozi buke ibyo bikanatuma akomeza kubyimba umubiri wose.

Batangiye kumufasha ariko inzira iracyari ndende
Batangiye kumufasha ariko inzira iracyari ndende

Umuyobozi w’Akarere yasabye abaturage ba Rutsiro by’umwihariko n’abandi bagiraneza hirya no hino ko buri muntu yagira icyo yigomwa kugira ngo Vestine wari usanzwe akora akazi ko kwigisha azajye kwivuza yongere abe muzima.

Abayobozi b’ibigo by’amashuri mu karere kose ka Rutsiro bakusanyije ibihumbi bisaga 250, abari bitabiriye umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro nabo bahise bakusanya amafaranga asaga ibihumbi 300 n’abandi ngo bakomeje kugenda bamwizeza ko bazamufasha.

Mbarushimana Cisse Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Nkuko twakusanyije umusanzu mu ishema ryacu,ni ngombwa ko abarezi dutabara uyu muvandimwe mu buryo bwihuse niba Mineduc,RSSB,n’UMWALIMU SACCO ntacyo bakoze.

Umwungeri yanditse ku itariki ya: 26-10-2015  →  Musubize

Nk’uko abarezi twitabiriye gutanga amafaranga y’ishema ryacu,ni ngombwa ko dutabara uyu mugenzi wacu byihuse .RSSB , MINEDUC , UMWALIMU SACCO, niba nta bufasha baratanga nibagire vuba.

Umwungeri yanditse ku itariki ya: 26-10-2015  →  Musubize

Buriya RSSB, MINEDUC na MINISANTE nabo batanze inkunga yabo byagira umumaro cyane.

marie yanditse ku itariki ya: 19-10-2015  →  Musubize

MVURA IMPYIKO BIDASUBIRWAHO.NIMUMPUZE NAWE

RUKIRAMAKUBA JOSEPH yanditse ku itariki ya: 18-10-2015  →  Musubize

NITWA RUKIRAMAKUBA Joseph.mvura impyiko kuburyo budasubirwaho.Nigisha kuri G.S Mututu mukarere ka Nyanza. teleph. 0789406659 NIMUMUNGEZEHO cg ampe contact ze.

RUKIRAMAKUBA JOSEPH yanditse ku itariki ya: 18-10-2015  →  Musubize

nyabuna uwo mwarimu na leta nishyireho inkunga yayo ntabwo ubushobozi bwa mwalimu bwamuvuza mu buhinde.

Marc Nsengiyumva yanditse ku itariki ya: 17-10-2015  →  Musubize

None see ko Leta yacu is and we are umubyeyi ikaba izi ububasha BWA Malibu n’akamaro ke rose yamutabaye. Mayor WA Rutsiro ni byiza ko amutabariza ariko see Akarere kamufashije iki ? Malimu sako ngaho turebe uko muzadufashiriza umurezi. Murakoze kugira umbria u tabara

scharack yanditse ku itariki ya: 16-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka