Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri minisiteri y’uburezi, aravuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire bakamenya ko ubumenyingiro butagenewe abantu batabashije kwiga amashuri ngo babone impamyabushobozi, kuko n’abazifite babukeneye.
Umugabo witwa Ruhama Juvenal wo mu karere ka Gicumbi yikoreye imashini ya siporo ihagaze akayabo ka miliyoni 35 maze anegukana umwanya wa mbere mu banyabukorikori bo mu karere ka Gicumbi.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Huye rwafashijwe kwiga imyuga itandukanye ntiruyitabira nk’uko bikwiye, ibi ariko ngo bitewe n’uko baba bagiye gushaka amaramuko dore ko ngo abenshi ari imfubyi zirera.
Ishuri rikuru ryitwa Community Intergrated Polytechnic (CIP) rifite icyicaro mu karere ka Kayonza ryongeye gukingura imiryango tariki 06/01/2013, nyuma y’amezi icyenda ryari rimaze ryarahagaritswe na minisiteri y’uburezi kubera bimwe mu bikoresho ritari rifite.
Ababyeyi n’abanyeshuri bo mu karere ka Gatsibo barakangurira bagenzi babo kujya bubahiriza umunsi wa mbere wo gufungura, kuko aribwo amasomo atangira mu bigo byose by’amashuri kandi ku banyeshuri ngo usibye uwo munsi aba acikanywe.
Ababyeyi bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko mu murenge wabo hakwiye kubakwa ishuri ry’incuke rigezweho abana babo bakwigamo ngo kuko kuba ubu nta rihari bituma bajyana abana babo kwiga kure y’iwabo bikabatwara amafaranga menshi.
Ishuri rikuru ry’ubukerarugendo (Rwanda Tourism Institute) ryahaye impamyabumenyi abanyeshuri bagera kuri 885 basoje amasomo yabo mu butetsi n’ubukerarugendo. Igikorwa cyari kibaye ku nshuro ya kabiri, kuri uyu wa Gatanu tariki 3/1/2014.
Ibigo bibiri by’amashuri yisumbuye, irya IJW-Kibogora n’irya APEKA-Kagano yo mu karere ka Nyamasheke yemerewe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro (WDA) gutanga amasomo y’ubumenyingiro ku rwego rwa A2 mu mwaka w’amashuri wa 2014.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga kimwe n’ubuyobozi bw’aka karere baratangaza ko umumenyi buke ari imwe mu mpamvu zitera imicungire idahwitse mu bigo.
Ishuri rikuru ry’Abadivantisiti b’Abalayiki rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza ku nshuro ya mbere ryahaye impamyabushobozi z’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza abanyeshuli bagera kuri 223 barangije muri iri shuli mu mwaka wa 2013.
Umushinga wa SWISSCONTACT wo mu gihugu cy’Ubusuwisi, kuri uyu wa 17/12/2013, wagaragarije Leta y’u Rwanda aho ugeze wubaka ibyumba bitandatu by’amashuri yigisha imyuga mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Umugabo witwa Nkunzimana Samson ubu uri gukabakaba imyaka 40 ari mu basoje itorero ry’igihugu kuri College ya Nyarutovu mu karere ka Gakenke nk’umunyeshuri urangije amashuri yisumbuye ariko atandukanye n’abandi bari kumwe aho mu itorero kuko we yize amashuri akuze cyane. Ngo yatangiye muri 9YBE afite imyaka 33, uyu mwaka (...)
Samson Nkunzimana w’imyaka 40 ari mu itorero ry’igihugu kuri College ya Nyarutovu, Akarere ka Gakenke nk’umunyeshuri urangije amashuri yisumbuye ariko atandukanye n’abandi kubera ko we yize akuze cyane.
Abanyeshuri bigaga muri Kaminuza yitwaga Community Intergrated Polytechnic CIP baravuga ko bahejejwe mu gihirahiro n’ubuyobozi bw’iyo kaminuza, nyuma y’aho ifungiwe kubera kutuzuza ibyangombwa.
Komite nshya y’abanyeshuri bo mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda, Rwanda Teachers’ College (RTC) ryahoze ari Rukara College of Education ryo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, yiyemeje guteza imbere ireme ry’uburezi mu bigo by’amashuri abanza n’ay’uburezi bw’ibanze yo mu murenge wa Rukara n’inkengero za wo.
Nubwo bamaze kumenya akamaro k’amashuri y’incuke, abatuye Akarere ka Gatsibo batangaza ko ikibazo cy’ibikorwa remezo nk’inyubako z’ayo mashuri zidahagije ari kimwe mu bibangamiye ubu burezi.
Ubwo hatangizwaga ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ishuri rikuru rya polisi riri mu karere ka Rwamagana kuri uyu wa 28/11/2013, umunyamabanga wa Leta ushizwe amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro yemeje ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe cyane no guha buri muturage we ubushobozi bwo kwibeshaho neza no gutera imbere.
Abayobozi ba kaminuza imwe y’u Rwanda basuye ishami ryayo riri mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kureba uko iyi kaminuza yakwagurwa kuko aho bari baratijwe n’akarere ari hato cyane kandi hakaba harangirijwe n’umutingito.
Ababyeyi bo mu murenge wa Maraba ho mu karere ka Huye barishimira ko abana babo basigaye bitabira amashuri y’incuke kuko ubu yabegerejwe bityo bakaba batagifite impungenge z’uko abana babo bagira impanuka mu nzira cyangwa ngo babe baruha bakora urugendo rurerure bagana ku mashuri.
Bwa mbere mu mateka seminari into yitiriwe mutagatifu Kizito y’i Zaza yatangaje ko umwaka utaha wa 2014 izatangira kwakira abanyeshuri babishaka bavuye mu yandi mashuri barangije icyiciro rusange (Tronc-Commun).
Abanyeshuri bagera kuri 200 basoje amasomo banahabwa impamyabumenyi z’amezi atandatu bamaze bahugurwa ibijyanye no gutunganya umubiri no gutunganya imisatsi mu ishuri ry’imyuga rya Universal Beauty Academy (UBA) riherereye mu mujyi wa Kigali.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza arahamagarira abafite inshingano za kiyobozi mu byiciro byose kuba maso kandi bagakora cyane bagamije iterambere ry’abo bayoboye kuko kuri we ngo iyo umuyobozi asinziriye gato, abo ayoboye bose ntibashobora kugira aho bagera, ndetse ngo ahubwo bo barasinzira bakagona.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, arasaba abayobozi b’amashuri makuru kutihutira kugwiza umubare w’abanyeshuri gusa, ahubwo bagashishikazwa no gutanga ubumenyi busubiza ibibazo, bunafasha abayarangiza kwihangira imirimo.
Abanyehuri biga ku ishuri ribanza rya Nyirarukobwa riherereye mu karere ka Bugesera mu murenge wa Ntarama, barasaba ubuyobozi bw’icyo kigo kujya bagaburirwa mu kigo kuko ngo gutaha bibaviramo kudatsinda neza mu ishuri.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge barizeza ko ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 bizaba byuzuye mbere ya Mutarama umwaka utaha nibaramuka babonye ibikoresho byose ku gihe.
Abarimu batanu bigisha bigisha mu rwunge rw’amashuli rwa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, bafungiye kuri station ya Polisi y’aka karere bakurukiranyweho gukopeza abanyeshuri ikizami cy’ubugenge (Physics).
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibizamini bya Leta by’uyu mwaka wa 2013, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Mathias Harebamungu, yavuze ko impinduka ziri muri ibi bizamini zizateza imbere uburezi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri y’imyuga kuri uyu wa gatatu tariki 30/10/2013 yatangije ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ku ishuri ASPEJ Muhazi mu karere ka Rwamagana ahari gukorera abanyeshuri 396 basoje amasomo mu myuga-ngiro (TVET).
Abanyeshuri 51 biga muri ES.Kigarama bari bahawe igihano cyo kujya mu rugo iminsi irindwi bakagarukana ababyeyi babo kubera ko batorotse ikigo, batahuwe ko bikodesherezaga amazu iruhande rw’ikigo.
Kaminuza ya Pune yo mu Buhindi yatangije ishami ryayo i Kigali ryitwa Singhad Technical Education Society (STES), ryigisha ubumenyi buhanitse mu icungamari n’imirimo itandukanye yo mu nganda, harimo ubwubatsi, gutanga ingufu, ikoranabuhanga n’itumanaho, ubuhanga mu bukanishi, mu buhinzi n’ibinyabuzima.