Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhangana n’abantu bose bafite ibikorwa byo kwiharira no gusahura imitungo ya za koperative, mu gihe n’ubwo inyinshi zikomeje guteza imbere ba nyirazo hari izikirangwamo imicungire mibi y’imitungo bihombya abanyamuryango.
Kwizigamira biguha icyizere ko witeguye guhangana n’ibyo utateganyije nko kwibwa, inkongi y’umuriro cyangwa impanuka. Ibyo ni ibikubiye mu butumwa isosiyete ya Legacy XP igenda itanga ku baturage ibakangurira umuco wo kwizigamira.
Abaturage bo mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru bakora mu mushinga wa LWH ucukura amaterasi y’indinganire mu karere ka Nyanza bahisemo gukora bataha ahantu haciriritse kugira ngo bizigamire amafaranga bazajyana iwabo umushinga nirangira.
Mu birori byo gutaha imirenge SACCO ine, muri 11 zimaze kubakwa mu karere ka Bugesera, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yishimiye imbaraga abaturage bakoresheje mu kwiyubakira imirenge SACCO.
Sosiyete yitwa “Prime life insurance Ltd” igiye gufungura imiryango mu gihugu, ikazaba ikora ibijyanye n’ubwishingizi bw’ubuzima.
Abarimu bakora ku kigo cy’amashuri abanza cya Kibogora kiri mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, bishyiriyeho isanduku yo kugurizanya ibafasha mu kwiteza imbere ndetse no gukemura utubazo dutandukanye bahura natwo mu ngo zabo.
Afungura ku mugaragaro TUGANE AHEZA UMURENGE SACCO RWIMBOGO mu karere ka Gatsibo, minisitiri ushinzwe imirimo y’abaminisitiri, Musoni Protais, yakanguriye Abanyarwanda muri rusange kwitabira kubitsa mu bigo by’imari iciriritse.