Abacukuzi b’amabuye y’agaciro barasabwa kubahiriza amategeko abagenga

Minisitiri Stanislas Kamanzi ufite amabuye y’agaciro mu nshingano ze yasabye abacukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga kuyacukura banubahiriza amategeko agenga uwo murimo.

Ibi Kamanzi yabibasabye nyuma y’uko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri aka karere bugiye bugaragaramo ibibazo binyuranye bikomoka ku kutubahiriza amategeko agenga aka kazi.

Hagaragaye ibibazo by’isuri no kwangiza ibikorwa by’abaturage ndetse n’ibidukikije byatewe no gucukura amabuye binyuranije n’amategeko. Isosiyeti icukura aya mabuye mu murenge wa Kabacuzi yitwa Pyramides Ltd.

Tariki 20/03/2012, Minisitiri Kamanzi yeretse bamwe mu bashoramari bo mu mabuye y’agaciro, abavugizi, n’abandi uko ubucukuzi bwo mu Rwanda bukorwa.

Minisitiri Kamanzi asobanurirwa uko ubucukuzi bukorwa
Minisitiri Kamanzi asobanurirwa uko ubucukuzi bukorwa

Minisitiri Kamanzi yavuze ko ari ngombwa kureshya abashoramari cyane ko n’abo yeretse ubucukuzi bwo mu murenge wa Kabacuzi, barimo abacukuzi kabuhariwe ndetse n’abavugizi bakomeye bo mu bihugu bwateye imbere barimo n’Umunyamerika Pasitori Rick Warren.

Ibi bizafasha kuzamura ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda ndetse ngo bizamure n’abaturage babukoramo; nk’uko Minisitiri Kamanzi yabivuze.

Gerard GITOLI Mbabazi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka