Minisitiri Kanimba asanga imurikagurisha riteza imbere ubucuruzi bunyuze mu irushanwa

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, yemeza ko imurikagurisha riteza imbere ubucuruzi bushingiye ku ipiganwa mu bikorwa byiza kandi ngo rikaba isoko yo kwihangira imirimo kuko abaryitabira bahavana ibitekerezo bituma bahanga ibikorwa by’ingirakamaro.

Ibi yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki 29/09/2014ubwo yasozaga imurikagurisha rya 6 ry’Intara y’Iburasirazuba ryari rimaze iminsi 12 i Rwamagana.

Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Francois Kanimba, ubwo yashyikirizaga igikombe Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Odette Uwamariya.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, ubwo yashyikirizaga igikombe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Odette Uwamariya.

Iri murikagurisha ryitabiriwe n’abamurikabikorwa 145, barimo abanyamahanga 7 ryarimo ibikorwa binyuranye birimo ibishingiye ku buhinzi n’ubworozi, ibishingiye kuri serivise n’iby’imari ndetse n’ibigaragaza ikoranabuhanga rigezweho rishobora gufasha abaturage mu bikorwa bya buri munsi bigamije iterambere.

Mu byatangaje abantu benshi ni nk’ikoranabuhanga ryavumbuwe mu Ishuri ry’Imyuga rya Polisi rya Gishari (Gishari Integrated Polytechnic- GIP), aho bakoze uburyo umuntu yakoresha telefone igendanwa akayihamagarira aho ari ho hose maze akavomerera umurima.

Umuyobozi Mukuru w'Ishuri ry'Imyuga rya Polisi rya Gishari (GIP), ACP Sam Karemera yahawe igikombe ku bw'ikoranabuhanga ryo kuhira ukoresheje telefoni, ryavumbuwe mu ishuri ayobora.
Umuyobozi Mukuru w’Ishuri ry’Imyuga rya Polisi rya Gishari (GIP), ACP Sam Karemera yahawe igikombe ku bw’ikoranabuhanga ryo kuhira ukoresheje telefoni, ryavumbuwe mu ishuri ayobora.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mme Odette Uwamariya, yashimiye cyane ikoranabuhanga ryagaragaye muri iri murikagurisha ndetse asaba ko ryakwegerezwa abaturage kugira ngo ribafashe mu bikorwa byabo.

Eng. Habanabakize Fabrice, uyobora Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, ari na rwo rwateguye iri murikagurisha, avuga ko ryabaye isomo ku baryitabiriye bose kuko bamwe bigiye ku bandi ibyiza bakora ku buryo ngo ubumenyi bahungukiye buzatuma urwego rw’abikorera rurushaho kuba inkingi mwikorezi y’iterambere ry’igihugu.

Perezida w'Urugaga rw'Abikorera mu Rwanda, Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda na Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba.
Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba.

Mu gusoza iri murikagurisha, hahembwe ibyiciro bitandukanye by’abamurikabikorwa bitwaye neza kurusha abandi.

By’umwihariko, Minisitiri Kanimba, yasabye abikorera bo mu Ntaray’Iburasirazuba kurushaho guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka, dore ko iyi Ntara ihana imbibi n’ibihugu bitatu birimo Uganda, Tanzania n’u Burundi.

Abahize abandi mu byiciro bitandukanye ni bo bahawe ibi bikombe.
Abahize abandi mu byiciro bitandukanye ni bo bahawe ibi bikombe.
Banki Nyarwanda y'Iterambere (BRD) ni yo yahize izindi muri iri murikagurisha.
Banki Nyarwanda y’Iterambere (BRD) ni yo yahize izindi muri iri murikagurisha.

Emmanuel Ntivuguruzwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka