Gashenyi: Barinubira urugendo bakora bajya kurema isoko ahandi

Bamwe mu baturage batuye mu bice bitandukanye bigize umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bavuga ko badakunze kworoherwa n’urugendo bakora bagiye kurema isoko bitewe nuko mu murenge wabo ntaryo bagira.

Kutagira isoko kandi bituma bahura n’igihombo baba batateganyije baterwa no kwanga gusubirana iwabo imyaka baba bazanye kubera kwanga ko yongera kubavuna bayisubizayo bagahitamo kuyitangira amafaranga macye.

Uwitwa Chantal Mukanyandwi avuga ko adakunze kworoherwa n’urugendo kuko akora byibuze urugendo rw’amasaha abiri kugirango agere ku isoko ry’ahitwa kuri Base mu karere ka Rulindo.

Ati “turamutse tubonye isoko rya hafi iwacu twakira umunaniro dukunze guterwa no kujya kurema ayandi masoko kandi ndahamya ko umuntu atakongera no guhendwa”.

Theodore Nsengiyumva wo mu kagari ka Rutabo asobanura ko kuba iwabo nta dusoko duciriritse wahasanga bakaba batanagira n’imihanda ikoze neza kuburyo imodoka ziwunyuramo bituma bemera kuvunika bakora urugendo kugirango bageze imyaka yabo ku isoko.

Ati “burya n’ibikorwa by’amajyambere iyo bijya kugera ahantu habanza umuhanda, kuburyo n’uyu wacu bawukoze abantu bajya baza gushakira imyaka iwacu tutarinze dukora urugendo”.

Aha ni mu isoko ryo kuri Base aho abaturage bo mu murenge wa Gashenyi bajya kugurisha imyaka yabo.
Aha ni mu isoko ryo kuri Base aho abaturage bo mu murenge wa Gashenyi bajya kugurisha imyaka yabo.

Umunyamabanga nshingabikorwa w’umurenge wa Gashenyi, Fidele Mungaruriye, asobanura ko bitewe n’uburyo isoko ryo kuri Base rimaze igihe kandi rikaba ryitabirwa n’abantu baturutse impande zitandukanye bagize impungenge zo kwubaka isoko mu murenge wa Gashenyi kuko rishobora kubura abarirema.

Ati “icyo dutekereza ahubwo ni ukureba abaturage baturuka za Rutabo kuko hari byinshi bihahingwa bagakorerwa umuhanda kuburyo imodoka zihagenda zigasanga imyaka bejeje iwabo ikahagurirwa batiriwe bayikorera”.

Gusa ariko ngo abaturage ntibakwiye kumva ko ubuyobozi bwabatereranye ahubwo hagiye kurebwa koko niba iryo soko bifuza rihakwiriye bibanje kuganirwaho n’abaturage hamwe n’ubuyobozi bwabo.

Ubusanzwe abaturage batuye mu murenge wa Gashenyi barema isoko rya Base rirema gatatu mu cyumweru hamwe n’iryo muri santere ya Gakenke rirema kabiri mu cyumweru.

Abdul Tarib

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka