Ngororero: Abacukura amabuye y’agaciro bakwiye kwita ku bidukikije

Kubera ubwinshi bw’imirimo yo gucukura amabuye ikorerwa mu karere ka Ngororero ndetse n’igihe kirekire gishize ikorwa, mu mirenge icurwamo ayo mabuye usanga hari ibyobo byinshi kandi binini harimo ibikoreshwa n’ibitagikoreshwa bigaragara ko bibangamira ibidukikije.

Bimwe muri ibyo bisimu cyangwa ibinogo binini bigenda bisatira imisozi n’imirima y’abaturage kandi yo itarigeze icukurwamo amabuye ndetse bikanatera isuri ikabije mu gihe cy’imvura ibitaka bikamanurwa n’amazi bikirundira mu mibande.

Amabwiriza agenga abacukura amabuye y’agaciro mu Rwanda abasaba gusubiranya aho barangije gukorera ndetse bakahatera ibiti no kwita ku bikorwa bitari mu byo bishyuye abaturage.

Gucukura amabuye y'agaciro nabi byangiza ibidukikije.
Gucukura amabuye y’agaciro nabi byangiza ibidukikije.

Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ya Gatumba na Bwira usanga bahora mu manza z’urudaca n’abacukura amabuye kubera ibikorwa byabo biba byangijwe nyamara bavuga ko bo nta nyungu bavana muri ubwo bucukuzi.

Nk’ubu rurageretse hagati y’uwitwa Hakizimana Odilo hamwe n’isosiyete icukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Gatumba yitwa Gatumba Mining Concession (GMC), kubera impamvu zo kumwangiriza.

Uku kutumvikana kw’abaturage ndetse n’abacukura amabuye bigaragara nk’ibitazakemuka vuba igihe cyose abacukura amabuye y’agaciro batitaye ku kubungabunga ibidukikije harimo n’imitungo itari iyabo.

Mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka, abacukuzi b’amabuye y’agaciro hamwe n’umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Ngororero, Mazimpaka Emmanuel, bakoze urugendo shuli mu turere dutandukanye dukorerwamo imirimo y’ubucukuzi maze bafata ingamba zo kuvugurura imikorere n’imikoranire y’abaturage.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka