Clare Akamanzi, umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) yavuze ko abanenze u Rwanda kuba rwararekuye akayabo rukamamaza ubukerarugendo rukoresheje Arsenal hari ibyo birengagiza cyangwa batumva.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza,ayo masezerano azatuma iyo kipe yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.
Edouin Sabuhoro ufasha abahoze ari ba Rushimusi gusubira mu buzima busanzwe, avuga ko yabitewe n’ubukene yakuriyemo bituma yiyemeza gufasha abandi.
Kuba Uburundi na Tanzaniya bidakoresha visa imwe n’ibindi bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagaragajwe nka kimwe mu bidindiza iterambere ry’ubukerarugendo mu karere biherereyemo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Oda Gasinzigwa akangurira abagore n’abakobwa kwitabira imirimo ijyanye n’ubukerarugendo kuko ngo itunga abayikora.
Ihuriro ry’Abakora mu bukerarugendo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EATP), biyemeje gukomeza kumenyekanisha ubukerarugendo mu rwego kugira ngo inyungu zihava ziyongere.
Kigali Serena Hotel, Hotel y’inyenyeri eshanu ifite amashami abiri mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali no mu Mujyi wa Rubavu yahize andi mahoteli yo ku isi yose mu bijyanye no kunoza ibikorwa by’ubukerarugendo inabiherwa igihembo cyiswe ’’ The World Travel Awards’’.
Abahagarariye ibigo bishinzwe ubukerarugendo mu bihugu by’u Rwanda, Kenya na Uganda bihuriye ku muhora wa ruguru (Northern Corridor), basabye abikorera gukangukira kubyaza umusaruro amahirwe yo kuba harashyizweho akarere kamwe k’ubukerarugendo, ndetse no gufasha za Leta kumenyekanisha ibikorwa by’ubukerarugendo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) kimaze iminsi gisaba ababa batunze imisambi mu ngo zabo kuyibashyikiriza kugira ngo bayisubize mu ishyamba. Impamvu y’iki gikorwa, ni ukugira ngo isubizwe ku gasozi bityo ibashe kororoka.
Umunyamakuru Marie Chantal Nyirabera yamaze gushyira hanze igitabo kivuga ku byiza bitatse u Rwanda acyita “Rwanda For You”.
Abaturage bo mu karere ka Nyabihu bishimira isuku n’ubwiza busigaye buranga u Rwanda basanga bihera hasi mu nzego z’ibanze. Ibi babihera ku bwiza bw’imbuga itoshye babona aho banyura hose yaba ku biro by’ubuyobozi, ku mihanda, ku bigo by’amashuri, ibigo nderabuzima n’ahandi hatandukanye hahurira abantu benshi.
Iyo ugeze hagati mu ishyamba rya Nyungwe ugera ahantu hari icyapa kivuga ngo ku Uw’inka, iyo ukomeje ukinjira mu ishyamba uhasanga hoteri nziza ukahasanga ba mukerarugendo benshi bagana ku rutindo runini ruzwi ku izina rya canopy, ndetse bamwe bakahaca bajya gusura ibisimba bitandukanye bigize urusobe rw’ibinyabuzima biri (…)
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kibinyujije mu ishyirahamwe ry’abatwara ba mukerarugendo bakanabayobora (RWASAGA/Rwanda Safari Guides Association) bamaze icyumweru mu ntara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyepfo mu rugendoshuri kugira ngo babafashe kugira amakuru afatika yatuma bashobora kuganiriza ba mukerarugendo ku (…)
Igihugu kirangwa n’isuku, gifite amategeko akomeye ahana icyaha cya ruswa, gifite ibyiza nyaburanga byinshi, ndetse kimaze kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni bimwe mu bintu by’ingenzi Umufaransa Luc COTERELLE yabonye mu Rwanda mu rugendo akomeje kugirira mu bihugu bitandukanye bya Afurika akoresheje moto.
Umufaransa witwa Luc COTTERELLE umaze imyaka ibiri azenguruka ibihugu bya Afurika akoresheje moto yashimye uko yacumbikiwe ku kigo cy’amashuri cya Gihinga II ubwo bwari bumwiriyeho ageze mu karere ka Rutsiro tariki 25/01/2014.
Abadepite bagize komisiyo y’ubukungu n’imari baravuga ko n’ubwo hari ibyagezweho na Guest House ya Kinigi kuva yakwegurirwa abikorera mu mwaka wa 2000, urugendo rukiri rurerure.
Ibintu byinshi ba mukerarugendo bashobora gusura mu Rwanda biri kugenda bitezwa imbere ndetse n’ahadatunganyijwe hatunganywa kugira ngo abahasura bahishimire bityo bininjirize igihugu n’abagituye.
Icyumweru cy’umuco ‘annual cultural tourism week’ cyatangiye ku cyumweru tariki 16/06/2013 mu karere ka Musanze, mu rwego rwo kwitegura igikorwa cyo ‘kwita izina’ giteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, ngo kigamije kwerekana ko hari byinshi byasurwa na ba mukerarugendo.
Tariki 12/02/2013, mu mujyi wa Ngororero batashye Guest House yubatswe muri gahunda yo gukemura ikibazo cy’amacumbi kubantu bagana akarere, resitora itunganye, inzu y’inama n’ibindi.
Ba mu kerarugegendo bagera kuri 80% by’abasura igihugu bose bagera mu karere ka Musanze, bitewe n’ibikorwa bikurura ba mukerarugendo ku rwego rwo hejuru biboneka muri Musanze.