Imihigo y’ingo yabagize aborozi mbere batagiraga itungo

Abaturage bamwe b’Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara baravuga ko imihigo y’ingo yabafashije korora mu gihe mbere batagiraga itungo.

Imihigo y’urugo ni uburyo abagize umuryango biha gahunda y’ibikorwa bagamije kuzageraho mu gihe runaka. Iyi mihigo ngo usanga ifasha abagize umuryango gushyira umuhati mu bikorwa wahigiye gukora, bityo iterambere rikihuta.

Abaturage b'i kibilizi bageze ku bworozi babikesheje imihigo y'ingo.
Abaturage b’i kibilizi bageze ku bworozi babikesheje imihigo y’ingo.

Mbarushimana na Mukamabano Agnès bubatse urugo ruri mu Kagari ka Muyira. Bavuga ko mu mwaka wa 2014 bahigiye korora amatungo magufi ariko bakaba barabonaga bibagoye kuko bombi bari batunzwe no guca inshuro.

Bitewe n’uko bari babyiyemeje nk’umuhigo, uyu muryango waje gushakisha amafaranga, ugura ingurube, batangira kuyorora.

Ingurube yaje kororoka ndetse bakajya bagurisha ibyana bakikenura kugera ubwo babashije no kwigurira inka.

Mbarushimana ati “Birashoboka ko iyo tutabishyira mu mihigo y’urugo rwacu tutari kubigeraho ariko ubu twabigezeho. Uyu mwaka utangiye twaguze n’inka ya kabiri.”

Abaturage burya na bo barahiga bakanasinyira imihigo yabo ku rwego rw'Umudugudu.
Abaturage burya na bo barahiga bakanasinyira imihigo yabo ku rwego rw’Umudugudu.

Nzeyimana Alphonse na we wo muri uyu murenge, avuga ko mu mwaka w’imihigo 2014-2015, yahize kugira ubwisungane mu kwivuza, kujyana abana mu ishuri no korora. Avuga ko yawusoje, byose abigezeho. Muri uyu mwaka wa 2015-2016, yiyemeje kwagura ubworozi bwe.

Ati “Uyu mwaka, nahize korora inka none nabigezeho kuko maze kugura inyana, kandi sinzahagararira aha.”

Aba baturage bemeza ko iyo hatabaho imihigo ituma biyemeza korora, nta mbaraga bari gushyira muri iyi gahunda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Kabogora Jacques, avuga ko iyi gahunda ituma umuturage agira intego ndetse ngo akanakorera kuri gahunda. Ibyo ngo bituma iyo umuhigo yihaye awesheje, agira imbaraga zo kugera ku bindi byisumbuyeho.

Ati “Iyi gahunda (imihigo y’ingo) ni nziza, ituma umuturage ahaguruka agakora kugira ngo abashe kugera ku byo yiyemeje ndetse ubutaha akanatera indi ntambwe.”

Gahunda y’imihigo y’ingo muri buri mudugudu ishyirirwaho itsinda rishinzwe gukurikirana uko igenda ishyirwa mu bikorwa, bigatuma hatabaho kwirara no kwirengagiza ibyo umuturage yahize.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ingufu tuzishyize ku mihigo, tugahera mu midugudu, bikagenzurwa n’inzego z"utugari iterambere ryagaragara.

Niyomugisha yanditse ku itariki ya: 4-03-2016  →  Musubize

Imihigo y’umuryango ni mwiza rwose kuko ifasha mu guhoza umutima n’imbaraga my gikorwa cy’iterambere umuryango wihitiyemo kandi igafasha mu gusenyera umugozi umwe nk’umuryango bita ku gicyenewe kurusha ibindi.

Maurice yanditse ku itariki ya: 3-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka