Nyagatare: Ibitera ngo byababujije kweza imyaka

Abaturage bahinga hafi y’ishyamba rya kimeza rikikije umugezi w’umuvumba mu karere ka Nyagatare bavuga ko inyamanswa zibonera, ubuyobozi bw’aka karere bwo buvuga ko bitemewe guhinga ku nkengero z’uyu mugezi.

Ayobangira Verena avuga ko izi nyamanswa zababujije guhinga imyaka imwe n’imwe irimo n’ibigori. Inyamanswa zibonera ahanini ni ibitera byibera mu ishyamba rikikije uyu mugezi. Uretse amasaka n’ibishyimbo ngo nta yindi myaka itaribwa n’igitera.

Ibitera bisohoka mu ishyamba rikikije Umuvumba bikona imyaka y'abaturage.
Ibitera bisohoka mu ishyamba rikikije Umuvumba bikona imyaka y’abaturage.

Murenzi Sam umukozi w’akarere ka Nyagatare ushinzwe kubungabunga ibidukikije asaba aba baturage kureka guhinga hafi y’uyu mugezi kuko ngo hari nabo usanga batema ibiti bya kimeza bikikije uyu mugezi bakabitwikamo amakara. Ubundi inyamanswa ziba mu ishyamba rikikije uyu mugezi ni ibitera n’inkende.

Sebasaza Gasana Emmanuel

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ariko mwagiye mufata akanya mugatara kandi mugakora inkuru ihagije? Wagira mwashakaga gusa kutwereka uko ibitera bimeze.

Theo yanditse ku itariki ya: 17-03-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka