Nyaruguru: Ngo bagiye kujya bagaburira abaturage imigano

Abagize koperative “Dutere imigano” ikorera mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bagiye kujya bamurikira abaturage amafunguro anyuranye ateguye mu migano ndetse bagaha abaturage bakaryaho, bagamije kubashishikariza kuyitera.

Ubwo bari mu imurikabikorwa ry’Umurenge wa Muganza ku wa kabiri tariki 10/03/2015, Niyonsaba Aurea uhagarariye koperative “Dutere imigano” yatangaje ko iyi koperative yahisemo guhinga imigano ndetse no kuyitubura kugira ngo abatuye Akarere ka Nyaruguru bashishikarire kuyihinga.

Urugeme rw'umugano uribwa.
Urugeme rw’umugano uribwa.

Niyonsaba avuga ko n’ubwo bitari bimenyerewe mu Rwanda ko abantu barya imigano bahawe amahugurwa y’uburyo itunganywa, kandi ko basanze ivamo ibyo kurya byiza cyane.

Ati “Twahawe amahugurwa na FAO batwereka ukuntu mu bihugu nk’Ubushinwa imigano ari ikiribwa kigezweho, natwe rero twiyemeza kuyinga no kuyitubura kugira ngo abaturage bose babishaka bajye babona ingemwe zo gutera”.

Niyonsaba ariko avuga ko imyumvire y’abaturage bo muri Nyaruguru ikiri hasi ku buryo kubumvisha ko imigano iribwa bigoye, gusa ngo buhoro buhoro bazabyumva.

Niyonsaba avuga ko bazajya batekera abaturage imigano kandi yizera ko nibumva uburyohe bwayo bazayihinga.
Niyonsaba avuga ko bazajya batekera abaturage imigano kandi yizera ko nibumva uburyohe bwayo bazayihinga.

Ati “Biragoye cyane kubibumvisha kuko ni ibintu ubusanzwe bitamenyerewe hano mu Rwanda, ariko turateganya ko tuzajya dutegura amamurika abaturage bakaza tukabasobanurira, tukabatekera amakaroni ava mu migano ndetse tukanabategurira salade zo mu migano ubundi tukabagaburira, kandi twizera ko uko bazagenda bumva uburyohe bwabyo bazashishikarira kuyihingira ubwabo”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Kanyarwanda Eugène nawe avuga ko ubusanzwe abatuye muri aka gace bamenyereye imigano bakoresha mu bwubatsi ndetse no mu bikorwa by’ubukorikori gusa, akavuga ko bagiye gushishikariza abaturage kwitabira guhinga umugano uribwa.

Kanyarwanda avuga ko bazakomeza gushishikariza abaturage guhinga imigano iribwa.
Kanyarwanda avuga ko bazakomeza gushishikariza abaturage guhinga imigano iribwa.

Ati “Kubera ko twegereye ishyamba rya Nyungwe, abaturage bacu bajyaga bajyayo gushaka imigano yo gukoresha mu bikorwa by’ubukorikori, ariko noneho ubwo hadutse n’uyu mugano ushobora gukoreshwa mu buryo bwo gutegura ibyo kurya, icyo tugiye gukora ni ukuwubashishikariza bakawuhinga”.

Koperative “Dutere imigano” igizwe n’abanyamuryango 27 ikaba ihinga imigano iribwa ndetse n’imigano isanzwe.

Charles RUZINDANA

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Narinzi ko iribwa n’ingagi gusa!

Nate yanditse ku itariki ya: 12-03-2015  →  Musubize

Icyo gihingwa ni agashya ahubwo bazagikwize mukarere, imigano iribwa!!!!

theo. yanditse ku itariki ya: 12-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka