Ruhango: Hatangijwe igihembwe cy’ihinga abahinzi bakangurirwa guhingira igihe

Ubyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba abahinzi guhingira igihe mu rwego rwo gushaka umusaruro uhagije kandi uzabateza imbere ubwabo ndetse n’igihugu.

Ibi byagarutsweho n’umuyobozi w’akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imari n’ubukungu Twagirimana Epimaque, mu gikorwa cyo gutangiza igihembwe cy’ihinga season B tariki ya 14/2/2014.

Abahinzi barimo gutera imbuto z'ibigori muri season B.
Abahinzi barimo gutera imbuto z’ibigori muri season B.

Iki gikorwa kikaba cyabereye mu murenge wa Byimana mu gishanga gifite hegitari 120 zihingwamo ibigori n’ibishyimbo.

Twagirimana akaba yabwiye abahinga muri iki gishanga basaga 400, ko niba bashaka iterambere bakesha ubuhinzi, ko bagomba guhinda kare kandi bagahinga bafumbiza ifumbire mva ruganda n’iy’imborera.

Abahinzi bari bitabiriye iyi gahinda yo gutangiza igihembwe cy’ihinga season B, bavuze ko biteguye guhinga kare. Gusa bagaragaza ikibazo cy’uko bakunze kubura ifumbire baba baremerewe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi “RAB”.

Ikindi kibazo bagaragaje n’uko ngo beza imyaka yabo bakayigemura kuri RAB ngo ibashakire amasoko, ariko igatinda kubishyura. Ibi ngo bigatuma benshi bacika intege zo guhinga bahuje ubutaka.

Harerimana Janvier umwe mu bahinzi bahinga muri iki gishanga, avuga ko hari byinshi bamaze kwigezaho kubera guhinga mu gishanga. Gusa bamwe bagenda bacika intege kubera ikibazo cyo kwishyurirwa ku gihe.
Umuyobozi w’akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imari n’ubukungu Twagirimana Epimaque yijeje abahinzi bazabakorera ubuvugizi ubuhinzi bwabo burusheho kugenda neza

Twagirimana umuyobozi w’akarere wungirije, akaba yijeje aba bahinzi ko bagiye gukorera ibuvugizi kugirango ibi bibazo bikemurwe, bityo barusheho guhinga banezerewe.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka