Ruhango: Abahinzi barifuza ko bagenerwa ibindi byobo bifata amazi

Bamwe mu bahinzi bo murenge wa Ruhango mu kagari ka Buhoro bavuga ko ibyobo byabafashaga gufata amazi byatangiye gusaza, bakaba basaba ko bafashwa mu bijyanye no kubisana cyangwa bagafashwa kubona ibindi bishyashya.

Aba bahinzi bavuga ko ibi byobo byari bibafatiye runini iyo izuba ryabaga ryavuye cyane kuko birimo amashitingi yadufashaga gufata amazi y’imvura.

Ikibazo ngo nuko bamwe batakibikoresha abandi bagerageje kubyisanira ariko nta kizere bafite cy’umusaruro nk’uwo babonaga mbere bakifashisha ibi byobo bakunze kwita “ibidamu”.

Mu byifuzo byabo aba baturage bavuga ko bifuza ko bafashwa ibi byobo bifata amazi bigasanwa cyangwa bagahabwa ibindi bishya kugirango bazakomeze kubona uko buhira imyaka yabo.

Ibi byobo bifata amazi ngo amashitingi yabyo yamaze gusaza.
Ibi byobo bifata amazi ngo amashitingi yabyo yamaze gusaza.

François Munyampirwa ushinzwe ubuhinzi mu karere ka Ruhango, avuga ko icyo kibazo bakimenye vuba ariko ko bagiyegufasha gukorera aba baturage ubuvugizi mu nzego zibishinzwe kugira ngo gikemuke bazashobore kubona uko bazmura umusaruro wabo, dore ko muri aka karere hanakunze kugaragara ikibazo cy’imvura itakibonekera igihe.

Ibi byobo bifata amazi ubusanzwe bifite ubunini bwa metero kibe 120. Bikaba byarahawe abaturage mu rwego rwo kubafasha mu buhinzi bw’imboga n’imbuto cyane cyane mu gihe cy’izuba.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka