Rugendabari: Baragaya abagurisha inka bahabwa n’Umukuru w’Igihugu

Abaturage bo mu Karere ka Muhanga Umurenge wa Rugendabari baragaya abahabwa inka muri gahunda ya girinka, bakarengaho bakazigurisha ubwabo cyangwa babifashijwemo n’abayobozi b’inzego z’ibanze.

Abaturage bahawe inka n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), bavuga ko bazazifata neza kuko ubusanzwe nta nka bagiraga kandi ko abazifata nabi baba basuzuguye Umukuru w’Igihugu Paul Kagame uzibagabira.

Nyandwi avuga ko abagurisha inka bakazigurisha ari ugusuzugura Umukuru w'Igihugu.
Nyandwi avuga ko abagurisha inka bakazigurisha ari ugusuzugura Umukuru w’Igihugu.

Nyandwi Walidi wo mu Kagari ka Gasave wahawe inka agira ati, “Inka yanjye ngiye kuyifata neza ku buryo abazajya bansura bazajya bagirango nyisiga amavuta, Umukuru w’Igihu wateguye iki gikorwa cyo kuduha inka ndamushima pe!”

Nyirakanya Bureriya avuga ko yigeze gutunga inka ariko ikaza gupfa kuva ubwo ntiyongere kugira igicaniro, akaba nawe ashimira Kagame, agira ati, “ndabikesha Perezida Paul Kagame washatse kugirango tuve mu bukene tuve mu bwigunge, rwose inka nzayifata neza ku buryo mu bukecuru bwange nzajya mbona amata nywa n’abuzukuru banjye.”

Izi nka ngo zizafasha abaturage gufumbira amaterasi baciriwe na REMA.
Izi nka ngo zizafasha abaturage gufumbira amaterasi baciriwe na REMA.

Inka 27 zashyikirijwe abaturage kuwa kane tariki 2/4/20125 kugirango babashe gufumbira amaterasi baciriwe kuko ubutaka bw’I Rugendabari busharira.

Umuyobozi Mukuru wa REMA Dr Rose Mukankomeje avuga ko n’ubwo abaturage bahawe inka bagomba kumva ko ari bo zifitiye akamaro mbere ya byose akabasaba ko bazifata neza kugirango zizabashe kubaha umusaruro uhagije.

Ati “Ntabwo izi nka bazihawe ngo bategereze ko Gitifu ari we uzajya kuzifata neza, inka ni nk’umwana iyo utamugaburiye, iyo utamwambitse utamufashe neza ahinduka ikirara, turifuza ko abaturage bashyiramo imbaraga”.

Ikigo k’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije REMA, kimaze gutanga inka zisaga 300 mu Karere ka Muhanga muri gahunda ya girinka, abaturage bakaba basabwa gukomeza kugira umuco wo kwigira kuko ngo batazahora bafashwa bakaba basabwa kuzibyaza umusaruro.

Ephrem Murindabigwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka