Ngororero: 70% by’abaturage bazakoresha imbuto z’indobanure

Mu igenamigambi ry’akarere ka Ngororero, ingo 51,240 zingana na 70% by’ingo zose zituye aka karere zigomba kuzaba zikoresha imbuto z’indobanure kandi bakazihinga ku buso buhujwe hakurikijwe igihingwa cyatoranyijwe muri buri gace.

Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bukomeje kuvuga ko bushyize imbere ibikorwa bigamije kuzamura umusaruro w’abaturage ushingiye ku buhinzi, kuko abenshi mu bagatuye batunzwe nabwo ariko hakaba hakiri benshi babukora ku buryo bwa gakondo budatanga umusaruro mwishi, bityo guhingira hamwe bikazazamura ubumenyi bw’abahinzi.

Ubutunguru ni kimwe mu byinjiriza amafaranga abahinzi bo mu karere ka Ngororero.
Ubutunguru ni kimwe mu byinjiriza amafaranga abahinzi bo mu karere ka Ngororero.

Muri izo ngo 51,240 zahizwe muri uyu mwaka w’imihigo wa 2014-2015, ingo 39,967 zamaze kubigeraho, aho abazituye bahinze ibishyimbo, ibigori, kawa n’ibindi bihingwa byatoranyijwe kandi hakoreshejwe imbuto z’indobanure.

Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, aherutse gutangariza intumwa zari zaturutse ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba ko bagamije gukomeza gufasha abaturage kwihaza mu biribwa ndetse bakanabona amafaranga menshi, dore ko aka karere gasanzwe gahahirwamo n’abacuruzi baturuka mu turere bihana imbibi no mu mujyi wa Kigali.

Igihingwa cy'imyumbati kiri mu bizitabwaho kubera uruganda ruzayitunganya rwubatswe.
Igihingwa cy’imyumbati kiri mu bizitabwaho kubera uruganda ruzayitunganya rwubatswe.

Uku guhuza ubutaka kandi ngo ni kimwe mu bizafasha abaturage kubona ifumbire bitabagoye kuko bizajyana no kororera hamwe, ndetse no guhuza ifumbire ituruka mu ngo, hamwe no koroherezwa kwishyura ifumbire mvaruganda.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka