Burera: Abahinzi n’aborozi barasabwa kwikuramo ipfunwe ryo kwishyira inyuma

Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abahinzi n’aborozi bo mu ako karere kwikuramo ipfunwe ryo kumva ko bari inyuma y’abandi bantu nyamara aribo bafite agaciro gakomeye mu mibereho y’abantu.

Sembagare Samuel atangaza ibi mu gihe abahinzi n’aborozi bo mu karere ka Burera usanga bagira umusaruro mwinshi bakawugurisha bakabona amafaranga menshi nyamara ugasanga bishyira inyuma y’abandi bantu batanabarusha ubukire.

Akomeza avuga ko abahinzi n’aborozi bafite agaciro gakomeye kuko aribo batuma abakora indi mirimo itandukanye babasha kuyikora neza.

Agira ati “Hari uwakora akazi atariye? Hari n’umwe? watwara indege, watwara ubwato, wavura, hari n’umwe washobora uwo mwuga atariye?...umuhinzi, umworozi niwe ufite agaciro gakomeye kuko ibyo byose mubigeraho ari uko mwariye.”

Ibirayi ni kimwe mu biribwa bihingwa mu karere ka Burera bitunze Abanyarwanda benshi.
Ibirayi ni kimwe mu biribwa bihingwa mu karere ka Burera bitunze Abanyarwanda benshi.

Uyu muyobozi akomeza aha ingero aba bahinzi avuga mu bihugu byateye imbere, nko muri Amerika, mu Buhinde cyangwa mu Bushinwa n’ahandi, usanga umuhinzi cyangwa umworozi ariwe wa mbere baha ijambo.

Abaturage bo mu karere ka Burera hafi ya bose batunzwe n’ubuhinzi ndetse n’ubworozi. Muri ako karere hahingwa ibihingwa bitandukanye byatoranyijwe birimo ibirayi, ibishyimbo, ibigori, ndetse n’ingano.

Ako karere gafatwa nk’ikigega cy’intara y’amajyaruguru mu bijyanye n’ubuhinzi kuko iyo myaka ihera cyane, abahinzi bakihaza ndetse bagasaguriria n’amasoko.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka