Bugesera: Abahinzi barahabwa imashini zibagara umuceri

Nyuma yo kongererwa ubumenyi ku bijyanye no kunoza ubuhinzi bw’umuceri ngo n’umusaruro uboneke ku isoko ari mwiza, ubu abahinzi b’umuceri bo mu karere ka Bugesera barahabwa n’imashini zigezweho zibagara umuceri.

Ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) nicyo gitanga izo mashini ndetse kikanatanga amahugurwa yo kuzikoresha.

Iyo gahunda kandi irajyana no gutanga imbuto nshya y’umuceri yihanganira ubukonje nk’uko bisobanurwa n’ushinzwe igenzura n’iyamamazabuhinzi muri JICA mu turere twa Bugesera na Ngoma, Zetsugaku Kurita.

Yagize ati “izi mashini zibagara turimo guha abahinzi, umuhinzi azikoresha umunsi umwe ahantu yakoreshaga iminsi itanu cyangwa irenga”.

Zetsugaku Kurita arimo kwigisha abahinzi gukoresha imashini zibagara.
Zetsugaku Kurita arimo kwigisha abahinzi gukoresha imashini zibagara.

Utu tumashini dukoreshwa dusunikwa kandi ibyiza byatwo niko katazamura ibyatsi ngo kabishyire imusozi ahubwo gahita kabitaba mu butaka bigahinduka ifumbire kuburyo bitabangamira umuceri uhinzwe nk’uko byemezwa na Mvuyekure John umwe mubahinzi b’umuceri bahuguriwe gukoresha izo mashini.

Agira ati “ izi mashini zatugabanyirije akazi kuko igihe umuhinzi yamaraga abagara cyarabanutse cyane, ikindi kandi ntibigoranye kuyikoresha kuko bisaba kugenda umujyo umwe”.

Izo mpuguke mu buhinzi bw’umuceri kandi zisaba abahinzi ko mu gihe babonyemo bimwe mu bibazo bishobora gutubya umusaruro w’umuceri birimo ibyonnyi, isazi y’umuceri, uburima na cyumya iterwa n’udukoko tw’ibihumyo akenshi tuza mu gihe haje ubukonje n’imvura nyinshi, basabwa kwihutira kubabwira maze bakabagira inama.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka