Biteze byinshi mu buhinzi bwa“green house”

Abahinzi batswe ubutaka bwegereye ibishanga ngo habungabungwe ibidukikije, barashima ko bashumbushijwe ubuhinzi bwa Green house butangiza ibidukikije.

Ubuhinzi muri green house ni ubuhinzi butangiriza ibidukikije,bukorwa ahantu hato kandi bugatanga umusaruro mwinshi. Aha hahingwa imboga cyangwa imbuto. Ubu buhinzi bufasha kurwanya imirire mibi mu ngo ndetse bakanasagurira amasoko.

Ubu buhinzi bwitaweho bukiza nyirabwo
Ubu buhinzi bwitaweho bukiza nyirabwo

Abahinzi 30 bo mu murenge wa Jarama mu karere ka Ngoma bavuga ko umushinga w’ubuhinzi muri “green house” bakorewe n’umushinga urengera ibishanga ,imigezi n’ibiyaga bikora ku kiyaga cya Victoria(LVEMP) bawitezemo amafaranga menshi azabagirira akamaro.

Sebageni Fidele,umwe muri aba bahinzi avuga ko biteze umusaruro ufatika muri ubu buhinzi kandi ko bafite intego yo kuzabwikomereza mu gihe uyu mushinga uzaba urangiye.

Yagize ati” Turabona bizaduteza imbere kuko nk’inyanya twahinzemo turabona zareze cyane ,turitegura gukoramo toni eshanu ku mwaka kubutaka buto bwa 312 metro.”

Ngirabakunzi Octavien, umukozi w’ikigo REMA ukurikirana ibikorwa by’umushinga LVEMP mu karere ka Ngoma, avuga ko ubuhinzi bwa green house kuri aba bahinzi bwatwaye miliyoni zigera ku icumi yatanzwe n’uyu mushinga LVEMP.

Bahinga hato hera byinshi
Bahinga hato hera byinshi

Ngirabakunzi avuga ko ubu buhinzi butanga umusaruro mwinshi kandi butangiriza ibidukikije ari nayo mpamvu bawukoreye aba bahinzi ngo bamenye uburyo bwo guhinga impande z’ibishanga mu buryo butangiririza ibidukikije.

Yagize ati”Mu ntego LVEMP ifite uretse kurengera ibidukikije hazamo n’intego yo kuzamura imibereho myiza y’abagenerwa-bikorwa,aribo baturage bakoreshaga ubutaka kuva kuri metro 20 uvuye ku gishanga.”

Kugera ubu aba bahinzi bibumbiye muri koperative bise( JAVECO )batangiye gusarura inyanya za mbere, ubu bari gushaka isoko ry’izo nyanya.

Abagize iyi koperative bafashijwe ni abahinzi batishoboye batoranijwe mu bakoreshaga amasambu akora ku biyaga,nyuma aza gufatwa n’uyu mushinga LVEMP ngo bahakorere ibikorwa bitangiriza ibishanga n’ibiyaga kuko kuhahinga byahangirizaga.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

yewe ni byiza ccyane mbese mwaduha contact y’uwo mushinga wa livemp natwe tukazajyAYO GUKORERAYO URUGENDO SHURI?

MUKAGASHEMA PERUTH yanditse ku itariki ya: 17-02-2017  →  Musubize

ndumva ahubwo iyi tekiniki ari sawa cyane dore ko hera byinshi kubutaka buto mugihe u rwanda dufite ubutaka buto twakabaye twifashisha ubu buryo

kalisa yanditse ku itariki ya: 28-10-2015  →  Musubize

twese twiyemeje guhinga dukoresheje green house

tumukunde yanditse ku itariki ya: 28-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka