Bariyiba bagahinga amasaka kuko ngo abungukira batashoye byinshi

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera baracyatsimbaraye ku gihingwa cy’amasaka ku buryo ngo baniyiba bakayahinga ahagenewe ibihingwa byatoranyijwe.

Ubusanzwe ibihingwa byatoranyijwe guhingwa mu Karere ka Burera ni ibirayi, ibishyimbo, ibigori ndetse n’ingano. Bihingwa ku butaka buhuje. Ibindi bihingwa bisigaye nk’amasaka bigahingwa ku bundi butaka bwasagutse.

Bamwe mu baturage bariyiba bagahinga amasaka ku butaka bugenewe ibihingwa byatoranyijwe.
Bamwe mu baturage bariyiba bagahinga amasaka ku butaka bugenewe ibihingwa byatoranyijwe.

Nubwo muri rusange abaturage bo muri ako karere batangiye gucengerwa na gahunda yo guhuza ubutaka, usanga hari bamwe bagenda badohoka, bakiyiba bagahinga amasaka k’ubutaka bwahujwe.

Abaturage batandukanye bahamya ko bakunda amasaka kubera ko abaha inyungu kandi batashoye byinshi.

Mutuyimana Alphonse agira ati “Amasaka nayo arera da! Kubera ko ibirayi dushyiramo urushoro rwinshi: ifumbire mvaruganda, tugatera imiti. Ariko amasaka ni ukubiba gusa, ukabagara nta kintu uri guteramo, ukazasarura. Amafaranga araboneka da! Nonese wejeje nk’umufuka ( w’amasaka) bakaguha ibihumbi 40, ntiwabipangira umushinga mu rugo!”

Sembeba Jean Pierre we avuga ko amasaka yerera amezi atandatu cyangwa arindwi ariko ngo iyo yeze babona amafaranga atubutse kuko abashigisha ubushera n’ibigage baba bayashaka ari benshi.

Umuyobozi w'Akarere ka Burera, Sembagare Samuel yibutsa abaturage ko amasaka ataciwe ariko ko agomba guhingwa ku butaka bwasagutse.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel yibutsa abaturage ko amasaka ataciwe ariko ko agomba guhingwa ku butaka bwasagutse.

Kuri ubu ikilo kimwe cy’amakoma kiri kugura amafaranga y’u Rwanda 300 mu gihe icy’amamera cyo kiri kugura amafaranga 350. Umurima wavamo nka toni y’ibirayi ngo uvamo umufuka n’igice cyangwa ibiri y’amasaka y’ibiro 100.

Sembagare Samuel, umuyobozi w’akarere ka Burera, abwira abanyaburera ko nta waciye igihingwa cy’amasaka. Ariko ngo usibye kuba avamo ikigage, igikoma ndetse na rukacarara, nta kindi avamo kuburyo cyajyanwa ku isoko kikazamura ubukungu bw’igihigu.

Agira ati “Ubwo rero iyo uduhingiye amasaka, ntayo tuzajyana muri Serena (Hotel)! Ndumva utajyana rukacarara muri Serena, ntabwo wajyana igikoma mama ashigisha mu isafuriya ngo ujyanye muri Serena.”

Akomeza yibutsa abaturage ko amasaka agomba guhingwa ku butaka bwasagutse aho guhingwa ku butaka bwahujwe. Ubutaka bwahujwe ngo bugenewe guhingwaho ibihingwa byatoranyijwe kuko aribyo byagaragaye ko bizamura ubukungu bw’u Rwanda.

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

A. Amasaka nahingwe nimba atanga umusaruro muguhindura imibereho y’abahinzi

gasorejpr@gmail Jean Pierre yanditse ku itariki ya: 24-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka