Huye: Abahinzi baributswa ko uhinze kare ari we weza neza

Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba abahinzi bataratera imyaka ijyanye n’igihe cy’ihinga cya B, kwihutira kuyitera bitarenze iki cyumweru, kugira ngo imvura itazavaho icika batejeje kuko uhinze kare ngo ari we weza neza.

John Hakuzimana ukora muri RAB yerekereye abahinzi uko bashobora gutera batarinze gucukura akobo ku kandi
John Hakuzimana ukora muri RAB yerekereye abahinzi uko bashobora gutera batarinze gucukura akobo ku kandi

Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu, André Kamana, yabisabye abahinzi b’i Mugobore mu Murenge wa Simbi, ubwo ku 15 Gashyantare 2022 yifatanyaga na bo, mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro igihembwe cy’ihinga B.

Yagize ati “Ubu turi ku itariki 15. Turifuza ko byibura iki cyumweru cyarangira abantu barangije gutera kugira ngo imvura iramutse icitse kare, ibihingwa bitazarumanga.”

Yunzemo ati “Hari igihe dutungurwa nk’imvura igacika kare, cyangwa se ikaba nyinshi cyane ikaba yakwica imyaka, ariko ikimaze kugaragara ni uko imyaka ya kare akenshi ari yo yera.”

Mu gutangiza igihembwe cy’ihinga i Mugobore, hatewe ibishyimbo mu mirima y’amaterasi. Abahinzi berekerewe n’umujyanama w’ubuhinzi ko mu kubitera, bacukura imyobo bagashyiramo ifumbire y’imborera ndetse na mvaruganda hanyuma bagateramo ibishyimbo.

John Hakuzimana, umukozi wa RAB ushinzwe gahunda ya Twigire muhinzi muri sitasiyo ya Rubona, na we wari witabiriye iki gikorwa, yigishije abahinzi uburyo bakwifashisha ifumbire nkeya kandi bakazabona umusaruro mwiza.

Yababwiye ko umuhinzi ashobora gukora uduferege twa cm 10 z’ubujyakuzimu ku butambike bw’umurima bwose, kandi hagati y’agaferege n’akandi agasiga cm50 igihe agiye gutera ibishyimbo bishingirirwa.

Yakomeje agira ati “Umuhinzi ayora imborero n’amashyi abiri, akayinyanyagiza muri ka gaferege ku burebure bwa metero, hanyuma akarenzaho imvaruganda ya DAP bakoresha ku bishyimbo, ku buryo iyuzuye agafuniko ka fanta ijya kuri bwa burebure bwa metero, hejuru y’imborera.”

Abahinzi basabwe gutera imyaka hakiri kare
Abahinzi basabwe gutera imyaka hakiri kare

Yanasobanuye ko ku ifumbire barenzaho agataka gakeya, hanyuma bagashyira imbuto ebyiri ebyiri ku ntera ya cm 10, hanyuma bakongera bakarenzaho agataka.

Ikindi ngo ifumbire yashyizwe ahatari ibishyimbo imizi y’igihingwa igenda iyikurura, yifashishije utuzi dutoya two mu mpande, cyane ko igenda itembana n’amazi igana ku bihingwa, bityo ntipfe ubusa. Itatembanye n’amazi igana ibihingwa, ibishyirwaho mu gihe cyo gusukira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka