Hagiye guterwa miliyoni 3 z’ibiti muri gahunda yiswe ‘Tubura’

Umuryango One Acre Fund watangije kampanye yo gutera ibiti bisaga miliyoni eshatu muri gahunda yayo yise ‘Tubura’, igenewe gufasha imiryango igera ku bihumbi 270 mu bikorwa by’ubuhinzi.

Minisitiri w'Ubuhinzi Gerardine Mukeshimana n'Umuyobozi wa One Acre Andrew Youn bari gutera ibiti
Minisitiri w’Ubuhinzi Gerardine Mukeshimana n’Umuyobozi wa One Acre Andrew Youn bari gutera ibiti

Iyi gahunda izakorwa muri kampanye uyu muryango watangije wise “Imisozi igihumbi, Miliyoni eshatu z’ibiti”, mu rwego rwo gushyigikira guverinoma y’u Rwanda kugera ku cyerekezo cy’ubukungu burambye cya EDPRSII.

Andrew Youn, umuyobozi wa One Acre Fund mu Rwanda, yavuze ko uyu muryango uhuze intego na Leta y’u Rwanda yo kugira igihugu kirangwa n’ibidukikije birambye. Yavuze ko izo miliyoni eshatu z’ibiti umuryango ayobora uzatanga zizaterwa mu mwaka umwe.

Yagize ati “Ibyo biti bizagirira akamaro imiryango igera ku bihumbi 270 kuko bizaba bitewe ku buso bwa hegitari ibihumbi bitatu. Twishimiye kuba duhuje icyerekezo na guverinoma izwiho guteza imbere ubwiyongere bw’amashyamba mu gihugu.”

Ibiti byatewe bigera ku bihumbi bitanu
Ibiti byatewe bigera ku bihumbi bitanu

Ku ikubitiro hatewe ibiti ibihumbi bitanu, byatewe mu Murenge wa Rwinkavu mu Karere ka Kayonza, mu gikorwa cy’umuganda cyabaye tariki 25 Ugushyingo 2017.

Iki gikorwa cy’umuganda cyari kitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Gerardine n’Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Jean Claude Murenzi.

Umuryango One Acre Fund umaze imyaka 10 ukorera mu Rwanda ufasha abaturage kubona imbuto n’ifumbire ku buryo bw’inguzanyo.

Ibi bizafta ubutaka binace kubura kw'imvura, bitume abahinzi bahinga neza
Ibi bizafta ubutaka binace kubura kw’imvura, bitume abahinzi bahinga neza

Ukorana kandi n’abahinzi barenga ibihumbi 500, aho ubafasha kubona amahugurwa n’ubumenyi bukenewe kuzamura ubuhinzi bwabo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

tubura yatumye twiteza imbere nkurubyiruko

IZERE HONOLINE yanditse ku itariki ya: 16-02-2023  →  Musubize

OAF-TUBURA Intera igezeho iteza imbere ibiti irashimishije kuko kuvaya yatangira gahunda yo gutanga ibiti ubu nibwo itanze ibiti byinshi ku muhinzi kandi yatanze ingemwe nyinshi.

Uko byasa kose igiti ni nka konti y’ubwizigame muri Bank. Igiti kibashije gukura cyose ni ubukungu butajegajega kandi kigira inyungu rusasnge. Ku ruhande rwanjye rero navuga nti: "Komereza aho TUBURA"
Munateze imbere gahunda y’ibiti byera imbuto ziribwa kuko nazo zongera ubukungu bw’igihugu kandi bigatuma tugira ubuzima bwiza no kwihaza mu biribwa turya indyo yuzuye.

Louis BYUMVUHORE yanditse ku itariki ya: 27-11-2017  →  Musubize

Ibyo se ko numva biteye kwibaza. ONG ZIGIRA IGIHE CYAZO ZIGASOZA GAHUNDA ZAZO. Zigataha. None ngo nizo zizadufasha gutera ibiti mu RWANDA.Nizo zizadufasha guhangana n’ibihe bibi? Nizo zidufasha kugirango twongere tugushe imvura? Wapi. DORE UKO MBIBONA: MINAGRI igarure gahunda ya pépinière muri buri mudugudu. (Bashyiremo ibwoko bwose bw’ibiti.) Nibashaka bajye bazigurisha,ariko ku mafaranga umuturage yabona. Igiti nacyo kigemo nkunganire. Niba gihagaze 500 , umuturage akibonere 250/urugemwe. Ku munsi w’igiti wa buri mwaka, buri munyeshuri ahabwe igiti age gutera iwabo.Buri murenge, buri mudugudu ushake ahazaterwa igiti, hategurwe maze ku munsi w’igiti tuhakorere umuganda. Ndetse no kubikorera tubikore mu muganda.ESE ICYAHOZE CYITWA CENTRALE DES SEMENCES kiracyabaho. Niho imirama yagurwaga. MANA WE. TUBIKOZE GUTYA, NYUMA Y’IMYAKA 7 u RWANDA rwaba u rwambere mu mashyamba y’amaterano. NAHO IBYA ONG, ni agatonyanga mu nyanja.WOWE SE URABIVUGAHO IKI? (ntimunyongere comment)

G yanditse ku itariki ya: 26-11-2017  →  Musubize

Tubura ni nziza yaradufashije

Nzeyimana jean Bosco bobo yanditse ku itariki ya: 25-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka