Ishyirahamwe Nyafurika ryunganira ubuhinzi (AGRA) n’imiryango yo mu Rwanda ikorana naryo, RDO na RWARRI biyemeje gukemura ibibazo by’umusaruro mucye n’ubukene mu bahinzi bakorana nabo.
Abaturage bo mu murenge wa Gatebe na Bungwe mu karere ka Burera, batangaza ko ibishyimbo byitwa “Ingemane” muri ako gace bimaze kubateza imbere, mu buryo bugaragara ngo ku buryo babigereranya n’amabuye y’agaciro.
Abaturage b’abahinzi bo mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara barashimwa uko bitabira uburyo bwo guhinga bahuje ubutaka, kandi bakaba barabashije no guhashya indwara ya kirabiranya mu rutoki yari yarashegeshe uyu murenge wa Kansi.
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Nyagatare tariki 04/03/2014, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Agnes Kalibata, yifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Nyamirembe mu murenge wa Gatunda, mu gikorwa cy’umuganda wo kurwanya kirabiranya.
Indwara ya virusi y’inzuzi “cucumber mosaic virus” ni imwe mu zibasira imbuto ya maracuja cyangwa se amatunda zikunze guhingwa na benshi, ziribwa zikiri imbuto cyangwa zigakorwamo n’umutobe.
Ubwo yagendereraga abahinzi ba Kawa b’ahitwa i Cyendajuru ho mu Murenge wa Simbi, mu Karere ka Huye, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabasabye gutangira kugira umuco wo kuzigama no gucunga neza umutungo wabo.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atandukanye akora ubuhinzi burimo n’ubw’ibigori baravuga ko guhingisha imashini basanga bizabafasha kongera umusaruro bahingira ku gihe hatabayeho gukererwa ihinga kuko zihinga ahantu hanini mu gihe gito.
Abagore bibumbiye mu makoperative y’ubuhinzi bwa kawa aterwa inkunga n’umuryango Women for Women International utegamiye kuri Leta barizezwa isoko mpuzamahanga rizatuma bagurisha umusaruro wa bo ku giciro cyiza bitandukanye n’uburyo byakoraga.
Ubyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba abahinzi guhingira igihe mu rwego rwo gushaka umusaruro uhagije kandi uzabateza imbere ubwabo ndetse n’igihugu.
Akarere ka Nyamasheke karatangaza ko mu gutegura igihembwe cy’ihinga cya kabiri (Season B) birimo kujyana no kurandura indwara ya kirabiranya yibasiye urutoki, ku buryo kugeza tariki ya 20/02/2014 iyi ndwara izaba yarandutse aho igaragara hose hagasigara guhangana n’aho yagaragara bushya.
Hamaze iminsi havugwa ubwumvikane buke hagati y’abahinzi bahinga umuceri mu gishanga cya Kanyonyomba giherereye mu Karere ka Gatsibo, biturutse ku micungire mibi y’iki gishanga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere zo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda kuri gahunda yo guhuza ubutaka bumaze kugaragaza ko benshi mu bahinzi bishimiye gahunda yo guhuza ubutaka kandi bavuga ko yazamuye imibereho yabo muri rusange.
Abaturage bo mu murenge wa Mukindo ho mu karere ka Gisagara baheruka kwangirizwa imyaka n’imvura y’amahindu yaguye kuwa kabiri w’icyumweru cyashize, barasezeranywa ko bazahabwa imbuto izabafasha kongera guhinga ibyangiritse ndetse bagakorerwa n’ubuvugizi aho bibaye ngombwa.
Abahinzi bo mu turere twa Bugesera, Ngoma na Kirehe bari barashinganishije imyaka yabo mu gihembwe cy’ihinga gishize baraye bashumbushijwe amafaranga asaga miliyoni 42, bayahabwa n’ibigo by’ubwishingizi kuko imvura yabaye nke abo bahinzi bakarumbya ku mpamvu zitabaturutseho.
Abaturage bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza barahamya ko guhinga ku materase y’indinganire byabagiriye akamaro kanini kuko umusaruro babonaga wikubye inshuro zisaga enye, nk’uko bamwe babitangarije Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi ubwo yasuraga uwo murenge tariki 03/02/2014.
Umusaruro w’ibigori byahinzwe n’ingabo z’u Rwanda (RDF) i Gabiro mu karere ka Nyagatare, uratanga ikizere ko igihugu gishobora gusagurira amasoko, nyuma yo guhunika mu kigega cy’Igihugu cy’ibiribwa (Food Security Reserves).
Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu karere ka Muhanga mu gishanga cya Rugeramigozi barasaba ubuyobozi ko bwabafasha amafaranga bakatwa ku musaruro akagabanuka kuko ngo ntacyo basigarana.
Bamwe mu bacuruza ifumbire bo mu turere twa Musanze na Burera, baravuga ko serivisi y’ikoranabuhanga ya mVisa ije kubafasha kubona ifumbire mu buryo bworoshye kandi bwihuse cyane ko umucuruzi azaba ashobora kugurira aho ashaka.
Impuguke zo mu mushinga mbaturabukungu CIP (Centro International de la Papa) ziratangaza ko abaturage bakwiye guha agaciro igihingwa cy’ibijumba kuko gitunze benshi kandi kikaba cyanavamo ibindi biribwa, aho kukitirira amazina agaragaza ko ntacyo kimaze.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, Ernest Ruzindaza atangaza ko umushinga wo kuhira imyaka mu karere ka Bugesera wabayemo uruhurirane rw’ibibazo byatumye utagera ku musaruro wari utegerejweho ariko ngo ugiye kongerwamo ingufu kugirango utange umusaruro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko abacuruzi bahawe ifumbire bakayicuruza, ariko bakanga kugarura amafaranga yavuyemo nyuma yo kubinginga igihe kirekire, ikibazo cyabo kigiye kumenyeshwa inzego zitandukanye cyane cyane iz’umutekano kugira ngo zibahamagaze bishyure ku ngufu.
Indwara ya Mozayike y’imiteja “Beans mosaic virus” iterwa na Virusi “CMV” igabanya cyane umusaruro w’imiteja.
Juvenal Maniragaba, umuhinzi w’ikawa w’indashyikirwa utuye mu Kagali ka Kanyanza, umurenge wa Minazi, akarere ka Gakenke, avuga ko yateye ibiti by’ikawa ibihumbi 3000 bimuha umusaruro wa toni enye ku mwero w’ikawa.
Abahinzi n’ubuyobozi bashimangira ko urusogongero rwa Kawa begerejwe mu karere ka Gakenke mu ntara y’Amajyaruguru, ruzatuma ubwiza bwa kawa igera ku isoko mpuzamahanga bwiyongera kandi n’abahinzi babashe kumva uburyohe bwayo.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, aravuga ko mu myaka ine iri imbere, intara ayoboye izaba ibasha kubona umusaruro ukubye kabiri uboneka ubu, hagendewe kuri gahunda ihari jyanye na gahunda y’imbaturabukungu ya kabiri EDPRS II.
Uburyo bushya bw’ikoranabuhanga mu buhinzi buzwi nka “e-voucher” bugiye gukoreshwa n’abahinzi bagura no kwishyura ifumbire mvaruganda. Bukazabafasha kwitabira gukorana n’ibigo by’imari kandi no kubona ifumbire ku gihe kandi byoroshye.
Mu rwego rwo gushishikariza abahinzi kwita ku gihingwa cya kawa, akarere ka Ngororero kakoresheje amarushanwa y’abahinzi ba kawa mu kwita kuri icyo gihingwa (kubagara, gusasira, gukata, gutera imiti n’amafumbire, …) maze abayatsinze bahabwa ibihembo bitandukanye.
Umunsi w’umuhinzi mu karere ka Ruhango “farmer day” wijihirijwe ku ruganda rw’imyumbati ruri mu murenge wa Kinazi, abaturage basabwa guhinga cyane imyumbati kugirango uruganda rubone umusaruro uhagije rutunganya.
Abahinzi bo mu tugari tumwe na tumwe tugize uwo murenge wa Nyange akarere ka Ngororero, bavuga ko bibasiwe n’icyatsi cy’icyonnyi cyitwa kurisuka cyangiza ibihingwa ntibabone umusaruro uko bari bawutegereje.
Ndengabaganizi Euphrem wo mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma yatsindiye igihembo cy’inka y’inzungu kubera ko ari we wabaye indashyikirwa mu kwita ku gihingwa cya kawa mu karere kose.