<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Kigali Today</title>
	<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
	<description>Kigali Today ibagezaho amakuru nyayo ku Rwanda</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="https://www.kigalitoday.com/spip.php?page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />

	<image>
		<title>Kigali Today</title>
		<url>https://www.kigalitoday.com/local/cache-vignettes/L144xH34/siteon0-628cb.gif?1780071413</url>
		<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
		<height>34</height>
		<width>144</width>
	</image>



<item xml:lang="en">

		<title>Perezida Kagame asanga iyo Afurika itagira u Buhinde n'ubu iba igitegereje inkingo</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/perezida-kagame-asanga-iyo-afurika-itagira-u-buhinde-n-ubu-iba-igitegereje-inkingo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/perezida-kagame-asanga-iyo-afurika-itagira-u-buhinde-n-ubu-iba-igitegereje-inkingo</guid>

		<dc:date>2021-04-14T09:24:36Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ibyo Umukuru w’Igihugu yabivuze ku wa Kabiri tariki 13 Mata 2021, ubwo yitabiraga inama ngarukamwaka (The Head of State made ‘Raisina Dialogue conference’) itegurwa na Minisitiri w’u Buhinde&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Perezida Kagame asanga iyo Afurika itagira u Buhinde n’ubu iba igitegereje inkingo</h1>

			

			

			<div class='spip_document_149500 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="84" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abayobozi-20.jpg' width="700" height="669" alt="Perezida Kagame asanga iyo Afurika itagira u Buhinde n'ubu iba igitegereje inkingo" title="Perezida Kagame asanga iyo Afurika itagira u Buhinde n'ubu iba igitegereje inkingo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame asanga iyo Afurika itagira u Buhinde n’ubu iba igitegereje inkingo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyo nama yabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga iyobowe na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde,  Narendra Modi, yitabiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Denmark, Mette Frederiksen, Minisitiri w’Intebe wa Australia, Scott Morrison  ndetse na  Charles Michel, Perezida  w’Inama nkuru y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’abandi.</p>
<p>Perezida Kagame yavuze ko kuba uyu mwaka Inama ya ‘Raisina dialogue’ ibaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, ari ikimeneyetso ko icyorezo cya Covid-19 kitararangira.</p>
<p>Ati “Covid ni icyorezo kibangamiye ubuzima bw’abantu, ariko ni n’ikibazo kibangamiye imibanire mpuzamahanga.  Kubona inkingo birimo ubusumbane bukabije, kandi mu gihe hari ibintu bidahagije, ubuhangange n’ubutunzi ni byo bigira ijambo”.</p>
<p>Yongeraho ati “U Buhinde nubwo bwifitiye ibindi bibazo byabwo bwite, ariko bwakoze inkingo nyinshi zoherezwa muri Afurika binyuze muri gahunda ya Covax  n’izindi zikora nkayo. Iyo hatabaho ubushobozi bw’u Buhinde mu gukora inkingo, ndetse n’umutima w’ubufatanye, birashoboka ko Afurika n’ubu yari kuba itarabona inkingo”.</p>
<p>Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cyabaye mu kubona inkingo za Covid-19, cyagaragaje ko hari amahirwe ahari ku bashoramari bikorera hagati ya Afurika n’u Buhinde, kuba bashora imari mu nganda zikora imiti n’ibindi.</p>
<p>Yavuze kandi ko umubano w’u Buhinde n’u Rwanda ari mwiza ndetse ko intego ari uko ukomeza kuba mwiza kurushaho.</p>
<p>Ati “U Rwanda n’u Buhinde bikomeje gukorana ku bikorwa remezo by’ingenzi na gahunda z’iterambere.”</p>
<p>Umukuru w’igihugu yungamo ati “Intego ni ukongera amahirwe ahari yo kwiga no kubona akazi ku rubyiruko rwo mu Rwanda no mu Buhinde. Ubumenyi, guhanga ibintu bishya, ndetse n’ubukungu bwita ku bidukikije ni ibintu by’ingenzi bizafasha mu kongera iterambere nyuma y’icyorezo”.</p>
<p>Minisitiri w’intebe  Modi  yavuze ko nubwo u Buhinde bufite ibindi bibazo, ariko bwatanze inkingo za Covid-19 mu bihugu bisaga 80, agaragaza ko u Buhinde bwakoze uko bushoboye mu gufasha isi guhangana n’icyo cyorezo nubwo ngo  “ bufite amikoro adahagije” (limited resources).</p>
<p>Minisitiri w’intebe Modi yagize ati “Tuzi neza ko nta muntu ubwe watsinda icyorezo keretse twese dufatanyije, ahantu hose, bitarebye ibara, ‘passports’, n’ibindi. Ni yo mpamvu nubwo dufite ibibazo byinshi muri uyu mwaka, ariko twatanze inkingo ku bihugu bisaga 80”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abayobozi-20.jpg"
				length="130586"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Nta gereza zitazwi ziba mu Rwanda - Minisitiri Busingye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/nta-gereza-zitazwi-ziba-mu-rwanda-minisitiri-busingye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/nta-gereza-zitazwi-ziba-mu-rwanda-minisitiri-busingye</guid>

		<dc:date>2021-01-27T07:02:14Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Amakuru
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, avuga ko u Rwanda nta hantu rugira hafungirwa abantu mu buryo butazwi, kugira ngo bakorerwe iyicarubozo. Avuga ko ibirego&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nta gereza zitazwi ziba mu Rwanda - Minisitiri Busingye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146016 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="65" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mnist.jpg' width="700" height="525" alt="Minisitiri Busingye ahamya ko nta gereza zitazwi ziba mu Rwanda" title="Minisitiri Busingye ahamya ko nta gereza zitazwi ziba mu Rwanda" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Minisitiri Busingye ahamya ko nta gereza zitazwi ziba mu Rwanda</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ku wa mbere tariki 25 Mutarama 2021, Minisitiri Busingye yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze, ubwo yari imbere y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu, ni Raporo u Rwanda rwatanze ku nshuro ya gatatu ku isuzuma ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu mu gihugu (Universal Periodic Review ‘UPR’).</p>
<p>Minisitiri Busingye yagaragaje ibyo u Rwanda rwakoze n’ibyo rwagezeho bijyanye n’imyanzuro 50 rwari rwahawe gukora mu isuzuma riheruka ryabaye mu 2015.</p>
<p>Uwo muyobozi yagize icyo avuga ku bintu bitandukanye u Rwanda rushinjwa, harimo kuba hari abantu bafungwa binyuranije n’amategeko, abantu baburirwa irengero, kuba hari abafungirwa ahantu hatazwi bagakorerwa iyicarubozo.Yavuze ko u Rwanda nta hantu rugira hatazwi hafungirwa abantu kugira ngo bakorerwe iyicarubozo.</p>
<p>Yagize ati, “Ngize icyo mvuga kuri ibyo birego u Rwanda rushinjwa ko rufata abantu mu buryo butubahirije amategeko, bakajyanwa gufungirwa mu bigo bya gisirikare bitazwi, ngo bagakorerwa iyicarubozo, ibyo nta bibahari. U Rwanda rufite gereza zitandukanye ku basivili n’abasirikare, gereza zose z’u Rwanda, uko ari cumi n’enye (14), zikora bijyanye n’amategeko kandi uwo ari we wese yazigeraho.”</p>
<p>Ati “Nta bigo bitazwi bifungirwamo abantu mu Rwanda, Leta y’u Rwanda ihakana ibyo birego bidafite ishingiro, kuko twe duhamya ko biba biherekejwe n’inyungu za politike z’abo babivuga”.</p>
<p>Ubucucike muri za gereza</p>
<p>Minisitiri Busingye yavuze ko ikibazo gihari muri za gereza ari ikibazo cy’ubucucike, bijyanye n’uko inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko nk’Urwego rushinzwe kugenza ibyaha (RIB) ziba zakoze akazi kazo uko bikwiye.</p>
<p>Yagize ati, “Ubucucike muri za gereza ni umusaruro w’imikorere myiza y’urwego rw’ubutabera, uhereye ku rwego rushinzwe kugenza ibyaha (RIB) kugera no ku Nkiko. Iyo mikorere myiza y’izo nzego, ni yo ituma u Rwanda ruhora rutekanye igihe cyose. Gusa hari na gahunda yo gukora ku buryo inkiko zajya zitanga n’ibihano bitari igifungo, birimo gutegurwa kandi bizatangira gushyirwa mu bikorwa vuba”.</p>
<p>Minisitiri Busingye yavuze ko mu byakozwe uhereye mu 2015 kugeza mu 2019 bigamije kugabanya ubucucike muri za gereza, harimo kubaka gereza nshya yimuriwemo abari bafungiwe muri gereza ya Nyarugenge. Hari kandi n’izindi gereza eshatu zavuguruwe, hari sitasiyo za polisi nshya icyenda zubatswe mu gihe izigera kuri 64 zavuguruwe.</p>
<p>Yavuze kandi ko mu 2018, igihano cyo gukora imirimo ifitiye igihugu akamaro cyatowe nka bumwe mu buryo bwo kugabanya ubucucike muri za gereza, kimwe no kwambika abantu udukomo tujyanye n’ikoranabuhanga dutuma ukambitswe atarenga aho atemerewe (electronic bracelets).</p>
<p>Uhereye muri 2015 kandi, abagera ku 9.442 bararekuwe by’agateganyo mu gihe abagera ku 110 bafunguwe ku mbabazi bahawe na Perezida wa Repubulika.</p>
<p>Minisitiri Busingye yavuze ko ahafungirwa abantu, hagenzurwa kenshi kugira ngo harebwe niba hubahiriza ibisabwa by’ingenzi. Yanabwiye ako Kanama ko u Rwanda rwashoboye gutandukanya imfungwa z’abagore n’abagabo, gutandukanya gereza z’abana n’iz’abakuru, ubu igisigaye kirimo gukorwa ni ugutandukanya, ahacumbikirwa abana n’abakuru  mu gihe bakiri kuri polisi.</p>
<p>Ku bijyanye n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, Busingye yabwiye ako Kanama ko u Rwanda rwakoze ku buryo uburenganzira bwose buteganywa n’itegeko nshinga bwubahirizwa.</p>
<p>Yagize ati “Ibigaragaza ko ubwisanzure bw’itangazamakuru buhari, ni uko ubu mu Rwanda habarizwa radio 34 mu gihe zari 23 mu 2011. Televiziyo zariyongereye kuko mu 2011 hari imwe, mu  2016 zari 12, naho mu 2019 ziba 19. Ibinyamakuru byandika byaba ibisohora inyandiko n’ibikorera kuri ‘internet’ byariyongereye biva kuri 73 mu 2016 bigera ku 161 mu 2020”.</p>
<p>Busingye yavuze ko mu ivugururwa ry’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ibyafatwaga nk’ibyaha bikorwa n’abanyamakuru mu kazi kabo byakuwemo, bikaba bigaragaza ubushake bwa Leta mu kubahiriza ihame ry’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.</p>
<p>Minisitiri Busingye yabwiye ako Kanama ko ku bijyanye n’uko abaturage babona amakuru, igenzura ryakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), ryagaragaje ko byazamutse biva kuri 52% mu 2012 bigera kuri  94% mu 2019.</p>
<p>Muri iyo nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, Minisitiri Busingye yari kumwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Anastase Shyaka n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kayitesi.</p>
<div class='spip_document_146017 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="58" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rrrrre.jpg' width="700" height="933" alt="Prof Shyaka Anastase, Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu" title="Prof Shyaka Anastase, Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Prof Shyaka Anastase, Minisitiri w&#8217;Ubutegetsi bw&#8217;Igihugu</strong></div></div>
</figure>
</div>
<div class='spip_document_146018 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="43" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ustaaa.jpg' width="700" height="525" alt="Dr Usta Kayitesi, Umuyobozi mukuru wa RGB" title="Dr Usta Kayitesi, Umuyobozi mukuru wa RGB" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Dr Usta Kayitesi, Umuyobozi mukuru wa RGB</strong></div></div>
</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mnist.jpg"
				length="75526"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ubuhamya bwa Ntirandekura warokotse amasasu ane yarasiwe mu bitero bya FLN</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/ubuhamya-bwa-ntirandekura-warokotse-amasasu-ane-yarasiwe-mu-bitero-bya-fln</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/ubuhamya-bwa-ntirandekura-warokotse-amasasu-ane-yarasiwe-mu-bitero-bya-fln</guid>

		<dc:date>2020-09-05T10:48:30Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Nyamagabe
			</category>
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nkuko hari umugani w’Ikinyarwanda uvuga ngo ‘So ntakwanga akwita nabi’ hari nubwo akwita izina rikakuzanira amahirwe mu buzima. Izina ni ikintu gikomeye mu muco Nyarwanda, ni yo mpamvu kwita&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ubuhamya bwa Ntirandekura warokotse amasasu ane yarasiwe mu bitero bya FLN</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140372 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="72" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ntirandekura_1.jpg' width="466" height="533" alt="Ntirandekura yarashwe amasasu ane, ariko Imana itaramurekura ararokoka" title="Ntirandekura yarashwe amasasu ane, ariko Imana itaramurekura ararokoka" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ntirandekura yarashwe amasasu ane, ariko Imana itaramurekura ararokoka</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Uwatanze ubuhamya bw’uko yarokotse  ibitero byagabwe na Rusesabagina na Nsabimana nyuma yo kuraswa inshuro enye, yitwa Ntakirende Ntirandekura.</p>
<p>Ntirandekura avuga ko tariki 13 Mata wari umunsi usanzwe, ndetse wira nk’indi yose aho yari yibereye  iwabo mu Mudugudu wa Subukiniro, Akagari ka Rugogwe , Umurenge wa Uwinkingi mu Kerere ka Nyamagabe, nyuma aza kubona abantu atazi binjiye iwe.</p>
<p>Ntirandekura agira ati “Hari nka saa moya z’umugoroba. Ryari ijoro ryijimye cyane, abo bantu binjira mu Mudugudu, bakajya bahatira abantu kubakingurira, uwageragezaga kubabaza abo ari bo bahitaga bamukubita. Ni uko batangiye kwinjira mu nzu z’abantu”.</p>
<p>Abo bari babateye byaje kumenyekana ko ari abo mu mutwe w’iterabwoba witwaza intwaro witwa ‘National Liberation Forces (NLF)’ w’Impuzamashyaka &#8217;Rwandan Movement for Democratic Change (MRCD)&#8217; , iyo ikaba yarashinzwe n’uwitwa Rusesabagina, Faustin Twagiramungu wahoze ari Minisitiri w’Intebe n’abandi.</p>
<p>Ibyo bitero byibasiye ibice by’Intara y’Amajyepfo, abaturage bamwe bagapfa abandi bagakomereka, byabaye hagati y’ukwezi kwa Kamena 2018 na Mata 2019.</p>
<p>Ntirandekura yibuka ko yabonye ko abo bantu batagenzwa n’ineza ndetse akiyemeza kubarwanya kuko yabonaga abagiye kumutwarira inka kandi yari imufatiye runini.</p>
<div class='spip_document_140373 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="78" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ntirandekura.jpg' width="466" height="494" alt="Ntirandekura yarashwe isasu mu bitugu rinyura hafi y'umutima ariko ararokoka" title="Ntirandekura yarashwe isasu mu bitugu rinyura hafi y'umutima ariko ararokoka" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ntirandekura yarashwe isasu mu bitugu rinyura hafi y&#8217;umutima ariko ararokoka</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ati “Niyemeje kubarwanya nkibona ko bagiye gutwara inka yanjye, bagerageje kuyishorera ndabatangira, ari na ko nkomeza kubabaza abo ari bo n’igituma bashaka kuntwarira inka.</p>
<p>Maze baravuga ngo ‘utinyuka ute kutubaza?’ Ubwo umwe ahita azamura imbunda arandasa inshuro enye. Abo nabonye bari nka batandatu. Bari bambaye imyambaro ya gisirikare, nkumva bavuga ururimi ntazi”.</p>
<p>Isasu rimwe ryamufashe mu mbavu hafi y’umutima, irindi mu rutugu, andi abiri afata mu kuboko kw’ibumoso anyura mu mbavu, ariko kubw’igitangaza cy’Imana ntiyapfa, mbese Imana yari itaramurekura nk’uko izina rye rivuga.</p>
<p>Yagize ati “Bavuze ko ndimo kubagora nyuma hatangwa ibwiriza ryo kunkuraho. Nyuma yo kuraswa naguye hasi ntakaza ubwenge, kugeza ubwo Ingabo z’u Rwanda (RDF) zihagereye zirahamvana zinjyana kwa muganga”. Arongera ati “Ubu sinavuga ngo narakize neza, kuko bansigiye ubumuga budakira”.</p>
<p>Uwo mugabo ufite imyaka 34 y’amavuko n’umugore we witwa Uwamahoro Odette n’abana babo bane, bavuga ko n’ubu bagifite agahinda k’inka yabo kuko yabinjirizaga binyuze mu kugurisha amata, none ikaba yarapfuye.</p>
<div class='spip_document_140374 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ntirandera_2.jpg' width="810" height="969" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ati “Bayikomerekeje ku icebe, ku buryo itari gukira”. Ntirandekura avuga ko iyo aba yari abishoboye yari kuzajya mu rubanza rwa Nsabimana Callixte akumvikanisha ikibazo cye, akanasaba indishyi.</p>
<p>Abajijwe niba azi Rusesabagina Paul, Ntirandekura avuga ko yamwumvise bwa mbere umunsi afatwa, ahubwo ko uwo azi neza ari Nsabimana, umuvugizi wa NLF, ubu ukurikiranyweho ibyaha 17 birimo n’iterabwoba, gushinga umutwe witwara igisirikare, kwica n’ibindi.</p>
<p>Ntirandekura avuga ko ubwo abo bagabo bombi bamaze gufatwa, icyo bakeneye ari ubutabera ndetse n’indishyi z’ibyangijwe n’abo barwanyi binjiye baturutse i Burundi.</p>
<p>Yagize ati “Ubu icyo dushaka ku ruhande rwacu  ni ubutabera. Nkanjye ndashaka indishyi ku byo natakaje ndetse n’abandi duturanye bagizweho ingaruka n’ibyo bitero”.</p>
<p>Ibyo gusaba indishyi abihuriyeho na Alivera Mukarulinda ufite imyaka 62 n’umukobwa we  Chantal Ayingeneye ufite imyaka 37, bavuga ko abo barwanyi  babatwariye ihene esheshatu, imyaka yari ihunitse ndetse n’amafaranga.</p>
<p>Nyuma bahawe ihene ebyiri zo kongera gutangira ubuzima, ariko bahora bumva ko hari umuntu ukwiye kubazwa iby’icyo gihombo bagize.</p>
<div class='spip_document_140375 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="50" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/subukiniro_trading_center.jpg' width="700" height="492" alt="Agasantere ka Subukiniro mu Murenge wa Uwinkingi" title="Agasantere ka Subukiniro mu Murenge wa Uwinkingi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Agasantere ka Subukiniro mu Murenge wa Uwinkingi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ayingeneye ati “Mbere twahoraga twikanga ko bazagaruka, ariko Ingabo z’u Rwanda zasubije ibintu uko byahoze, ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze batwizeza ko ibitero nk’ibyo bitazongera kugera mu Mudugudu wacu.</p>
<p>Turashimira Leta yacu yagaruye umutekano ubu turatuje. Ubu turaryama bugacya tukajya mu mirimo nta kibazo, ariko twifuza guhabwa ubutabera”.</p>
<p>Ifatwa rya  Rusesabagina ryongeye gutoneka inkovu z’abo baturage n’ubundi zari zitarakira  neza, amaduka, amazu ya bamwe yaratwitswe, basigara ntacyo bafite, ku buryo bagombye gutangira ubuzima kuri zeru.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ntirandekura_1.jpg"
				length="26433"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Perezida Kagame yavuze ku kudahuza kw'ibihugu bya EAC mu kurwanya #COVID19</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/eac/Perezida-Kagame-yavuze-ku-kudahuza-kw-ibihugu-bya-EAC-mu-kurwanya-COVID19</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/eac/Perezida-Kagame-yavuze-ku-kudahuza-kw-ibihugu-bya-EAC-mu-kurwanya-COVID19</guid>

		<dc:date>2020-04-28T15:10:16Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				EAC
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa mbere tariki 27 Mata 2020, Perezida Kagame yagize icyo avuga ku bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community - EAC) mu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Perezida Kagame yavuze ku kudahuza kw’ibihugu bya EAC mu kurwanya #COVID19</h1>

			

			

			<div class='spip_document_134972 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kagame_rwanda_covid19.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame yavuze ko hari ibibazo biri muri uwo muryango byatumye buri gihugu kiba nyamwigendaho muri urwo rugamba.</p>
<p>Perezida Kagame wasaga n’ugaragaza ko yababajwe n’uko hari ibihugu bimwe byananiwe kugira icyo bikora cyangwa se ngo bigire uruhare muri gahunda yo guhuza imbaraga mu rwego rw’Akarere hagamijwe kurwanya icyorezo cya COVID-19, avuga ko harimo kongerwa ingufu mu bikorwa byo kurwanya icyo cyorezo mu rwego rwo gushaka uburyo ibihugu byose bigendana muri iyo gahunda.</p>
<p>Yagize ati, “ Nubwo ari njyewe uyoboye Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba muri iki gihe, ibyo bivuze ko hari inshingano mfite nk’umuyobozi, ariko nubwo waba umuyobozi wa EAC ntiwivanga muri gahunda z’ibihugu by’ibinyamuryango,”</p>
<p>“Ibihugu bikora gahunda zabyo ku buryo byumva bubinogeye, nubwo icyifuzo ari uko twese twafatanya gukemura iki kibazo kitwugarije twese”.</p>
<div class='spip_document_134970 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eac_summit_covid19.jpg' width="700" height="435" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umukuru w’igihugu yavuze ko inama zitandukanye zagiye ziterana kuva Coronavirus yagera mu Karere, harimo n’inama yahuje Abaminisitiri b’Ubuzima mu bihugu bigize umuryango wa EAC, bemeranya uko gahunda igiye gukorwa mu rwego rwo guhangana na COVID-19.</p>
<p>Yagize ati, “Byasabaga ko inama zikomeza. Hari n’ubwo twashatse guterana nk’abakuru b’ibihugu ngo tuganire, ibikorwa tubihe umurongo byagenderaho,ariko inama ntiyabaye,”</p>
<p>“ Ntiyabaye, bitewe n’uko ibihugu bitatu mu bigize uwo muryango ntibyashoboraga kuza guterana natwe muri iyo nama, kandi ukuntu bikorwa muri EAC, kugira ngo inama nk’iyo ibe, bisaba ko ibihugu byose bigize uwo muryango biba bihari.”</p>
<p>Perezida Kagame yavuze ko banagerageje gutegura iyo nama ubwa kabiri ku matariki yaba anogeye buri gihugu, ariko nabwo biza kugaragara ko atari ibihugu byose byiteguye kuyitabira.</p>
<p>Yagize ati, “Aho rero twabangamiwe n’uburyo ibintu bikorwamo (procedures) kurusha ikibazo ubwacyo. Mu yandi magambo, inshingano duhuriyeho n’ikibazo dufite, ni ukuntu uburyo ibintu bikorwamo(procedures) bihabwa agaciro kurusha ikigiye kwigwaho. Naho ubundi iyo bitaba ibyo, ibihugu byumva bishaka gukora inama byari guhura bitabaye ngombwa gutegereza ibindi ”.</p>
<p>Ariko nubwo bimeze bityo rero, Perezida Kagame yavuze ko hari ikindi kibazo ibihugu bigize uwo muryango bigomba kwigaho kikabonerwa igisubizo.</p>
<div class='spip_document_134973 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kagame_press_conference_3.jpg' width="700" height="434" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Icyo ni ikibazo cy’ibikorwa byambukiranya imipaka, harimo amakamyo n’abashoferi bayo, aho mu minsi ya vuba aha byagaragaye ko bakwirakwiza iyo virus.</p>
<p>Yagize ati, “Nk’uko mwabibonye ku ruhande rw’u Rwanda, icyo kibazo twarakibonye. Mu gihe ingamba twafashe zarimo zitanga umusaruro mu gukumira iyo virusi, tuzi ko dufite umubare munini w’abakira iyo ndwara kurusha abayandura ndetse bakiri mu kato, ariko mu buryo butunguranye, ibikorwa byambukiranya umupaka byatumye imibare y’abanduye icyo cyorezo yiyongera. Ubu turimo kugerageza guhangana n’icyo kibazo, kandi nta bundi buryo buhari bwo guhangana n’icyo kibazo bitanyuze mu gukorana nk’ibihugu, guhuriza hamwe, buri gihugu kikumva kigenzi cyacyo, kugira ngo duhangane n’iki kibazo duhuriyeho”.</p>
<p>“Ubwo rero inshingano, yego ndazifite kuko ndi umwe mu bayobozi b’ibihugu bigize umuryango, nkaba n’umuyobozi w’uwo muryango wa EAC, ariko rero mugomba kumenya ko nubwo waba umuyobozi, uba ugifite za nyirantarengwa (limits) ziri aho zikwereka ibyo wemerewe gukora, nubwo waba washakaga kubikora”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eac_summit_covid19.jpg"
				length="121482"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>RwandAir n'ibindi bigo bitandukanye bizakenera inkunga ya Leta nyuma ya #COVID19</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ishoramari/article/rwandair-n-ibindi-bigo-bitandukanye-bizakenera-inkunga-ya-leta-nyuma-ya-covid19</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ishoramari/article/rwandair-n-ibindi-bigo-bitandukanye-bizakenera-inkunga-ya-leta-nyuma-ya-covid19</guid>

		<dc:date>2020-04-15T20:03:58Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ishoramari
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			RwandAir kimwe n’ibindi bigo by’ingenzi, bizakenera inkunga ya Leta ndetse no koroherezwa kugira ngo bishobore kongera gukora neza mu gihe icyorezo cya Coronavirus kizaba kirangiye.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>RwandAir n’ibindi bigo bitandukanye bizakenera inkunga ya Leta nyuma ya #COVID19</h1>

			

			

			<div class='spip_document_134369 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rwandair_kigali.jpg' width="700" height="451" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibyo byavuzwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aganira n’abashoramari barenga 400 baturuka hirya no hino ku isi, bahujwe na ‘Invest Africa’ mu rwego rwo kuganira ku bibazo by’ubukungu bishobora guterwa n’icyorezo cya  COVID-19, n’ingamba ziriho zo kugira ngo ubukungu butazahungabana cyane.</p>
<p>Umushoramari w’umuherwe ukomoka muri Afurika y’Epfo witwa Rob Hersov yabajije Perezida Kagame, icyo atekereza ku ngaruka z’icyorezo cya Coronavirus ku bwikorezi bwo mu kirere (aviation) nko kuri kompanyi zari zikiyubaka nka RwandAir  ikaba ishobora kuzasubizwa inyuma n’ingaruka za COVID-19.</p>
<p>Perezida Kagame yavuze ko RwandAir , itandukanye cyane na Kompanyi nini z’indege zo kuri uyu mugabane nka  ‘Ethiopian Airlines’ yamaze kugira isoko ryagutse ku isi, kuko  RwandAir yo iracyari nto, irakiyubaka, ariko kimwe n’ibindi bigo bitandukanye izakenera kongererwa ubushobozi kugira ngo yongere gukora neza.</p>
<p>Nk’uko byagenze no ku zindi kompanyi z’indege, indege zose za RwandAir ntizikora(ziraparitse gusa), uretse indege nkeya zikorera imitwaro. Ibyo byatangiye ubwo u Rwanda rwahagarikaga ingendo z’indege mu rwego rwo guhagarika ikwirakwira rya COVID-19.</p>
<p>Perezida Kagame yagize ati, “Turashaka kureba uko twazongeramo ubushobozi kugira ngo ikomeze ibikorwa byayo, kandi ikomeze kwaguka nk’uko yari imaze kubigeraho. RwandAir, kimwe n’ibindi bigo bimwe na bimwe bizakenera kongererwa igishoro kugira ngo byongere gukora nyuma y’igihombo bizaba byaragize muri iki cy’icyorezo, tutazi n’igihe kizarangirira”</p>
<p>“Nta muntu ubona neza igihe bizarangirira ngo abe yahamya ati ku itariki iyi n’iyi, Coronavirus izaba yaragiye dusubire mu mirimo uko bisanzwe”.</p>
<p> Perezida  Kagame yongeyeho ko ari ngombwa gutangira gutegura ikizakorwa mu mezi ari imbere mu rwego rwo kuzamura ibigo bizaba byarazahaye n’ikigo cy’ubwikorezi bwo mu kirere kirimo.</p>
<p>Abajijwe uko u Rwanda rwiteguye kuzahangana n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu bitewe na COVID-19, Perezida Kagame yavuze ko hari icyizere ko binyuze mu mbaraga za Leta ndetse n’abafatanyabikorwa bayo ubukungu buzazamuka kandi bugakomera kurushaho.</p>
<p>Yagize ati, “Ubukungu bwacu mbere  ya COVID-19 bwagendaga neza kandi ndatekereza ko buzakomeza kugenda neza na nyuma y’ibi.Turi mu mwanya mwiza kandi twiteguye gukomeza gutera imbere, kandi ku bwacu turimo turashakisha uburyo dufatanyije n’abafatanyabikorwa bacu, ubwo buryo rero buzakoreshwa mu kuduha ubushobozi n’urubuga bikenewe,”</p>
<p>“Ubu hari inkunga twamaze kubona ivuye muri ‘IMF’, cya gihe twabonye miliyoni 109 z’Amadolari, kandi dukomeje kubona inkunga zitandukanye. Dushingiye ku byo twashobora ku rwego rwacu, ndetse no ku mafaranga twashobora kwishyura niba bibaye ngombwa kuko tuzayabyaza umusaruro neza.”</p>
<p>“Dufashe umutungo dusanganywe mu gihugu, hakiyongeraho uturuka hanze kuko hari uwo tugenda tubona, simbona ukuntu twabura inzira yo gukomeza gutera imbere kandi mu buryo bwiza butuma ubukungu bwacu bukomeza gukura.”</p>
<p>Ku kijyanye no kuvuga ko hari ibihugu bishobora kuzananirwa kwishyura ideni kubera ihungabana ry’ubukungu bitewe n’icyorezo cya coronavirus, Perezida Kagame yavuze ko uburyo bwashyizweho bwo korohereza ibihugu bukwiye guhabwa agaciro kuko ni ingenzi mu gafasha ibyo bihugu kongera guhagarara neza. Ikindi ngo uwo si umwihariko ku bihugu bya Afurika gusa.</p>
<p>Yagize ati, “Abantu bagomba kumenya uko bitwara muri iki kibazo, kugira ngo bivaneho icyo kibazo mu gihe kizaza cyo gutangira gufata ideni nk’umutwaro, ariko iryo deni ni ngombwa mu gufasha ibihugu bya Afurica rituma babona ubushobozi bwo gukora ibikwiye gukorwa”.</p>
<p>Ikindi ku kijyanye n’ideni, Perezida Kagame yavuze ko kitabangamira ibihugu ku buryo bumwe, kuko hari ibihugu bikora neza, n’ibikora nabi.</p>
<p>Yagize ati, “Nzi neza ko n’iyo waduha amafaranga buri gihugu cya Afurica, ukavuga uti, ‘kemura ikibazo cyawe’, ntitwabyitwaramo neza twese . Bamwe bakora neza kurusha abandi kubera impamvu zitandukanye”.</p>
<p>“Uko bakora ‘business’ yabo, uko bayobowe, niba amafaranga yagiye gukoreshwa icyo yagombaga gukora no gukemura ikibazo, niba ari ukubaka ibikorwaremezo bijyanye no kwita ku buzima n’inzego z’ubuzima ku buryo baba biteguye kuba bahangana n’ibindi byorezo byazabaho mu myaka iri imbere n’ibindi”.</p>
<p>Yashimangiye ko byumvikana ko ideni riramutse ribaye umutwaro, byatuma umugabane ubura amahirwe yo kongera kubona izindi nkunga.Yanavuze kuri gahunda ziriho kandi ku rwego rw’umugabane, harimo nka gahunda y’ibihugu byibumbiye mu itsinda rizwi nka ‘G20’ ry’ibihugu bikize ku isi byatangiye gukusanya inkunga yo gufasha ibihugu guhangana n’ingaruka za COVID-19.</p>
<p>Perezida Kagame yanavuze ko COVID-19 yatumye abantu bumva ko bakwiriye gukorana bagahuza bagahangana n’icyorezo.</p>
<p>Yagize ati, “Twabaye mu buzima abantu bamwe birebaho, batitaye ku biba ku wundi muntu cyangwa ku bibera ahandi.”</p>
<p>“Iyi virusi yatumye buri muntu avuga ati kugira ngo mbe meze neza, ni uko n’uriya wundi aba ameze neza, hatitawe ku ngano y’amafaranga ufite kuri konti yawe cyangwa ku buhangange bwawe nk’umuyobozi w’igihugu gikomeye mu bukungu”.</p>
<p>Perezida Kagame yavuze ko Coronavirus yakomanze ku nzugi z’abantu ikababwira iti, nimumanuke mushyire ibirenga ku butaka, mwumve abaturage banyu, abo mukorana, ibihugu bikize byumva ibihugu bikennye, ibihugu bikennye na byo bigomba gukora uko bishoboye bigakurikiza inama bihabwa.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rwandair_kigali.jpg"
				length="58558"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abantu 1182 bari bafungiye muri za kasho ni bo barekuwe by'agateganyo mu rwego rwo kwirinda COVID-19</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubutabera/amakuru/article/abantu-1182-bari-bafungiye-muri-za-kasho-ni-bo-barekuwe-by-agateganyo-mu-rwego-rwo-kwirinda-covid-19</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubutabera/amakuru/article/abantu-1182-bari-bafungiye-muri-za-kasho-ni-bo-barekuwe-by-agateganyo-mu-rwego-rwo-kwirinda-covid-19</guid>

		<dc:date>2020-04-12T09:02:08Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Amakuru
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Igikorwa cyo kugenzura abagomba gufungurwa by’agateganyo, cyakozwe n’Ubushanjacyaha(NPPA),Polisi ndetse n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), cyarangiye ku wa gatatu tariki 08 Mata 2020&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abantu 1182 bari bafungiye muri za kasho ni bo barekuwe by’agateganyo mu rwego rwo kwirinda COVID-19</h1>

			

			

			<div class='spip_document_134205 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="92" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abafunguwe_kasho_police.jpg' width="700" height="525" alt="Abo ni abafunguwe i Muhanga. Abafunguwe bahawe impapuro zikubiyemo amabwiriza bazakurikiza" title="Abo ni abafunguwe i Muhanga. Abafunguwe bahawe impapuro zikubiyemo amabwiriza bazakurikiza" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abo ni abafunguwe i Muhanga. Abafunguwe bahawe impapuro zikubiyemo amabwiriza bazakurikiza</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Icyo gikorwa cyo kumenya abagomba gufungurwa bari bakurikiranyweho ibyaha bito, cyamaze icyumweru, kikaba cyaratangiye tariki 01 Mata kirangira ku itariki ya 08 Mata 2020, ibyo bikaba byarakozwe mu rwego rwo kugabanya ubucucike bw’abafungiye kuri za sitasiyo za polisi, hagamijwe gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19.</p>
<p>Uko gufungura bamwe mu mfungwa, byaje umunsi umwe mbere y’uko inkiko zitangira kuburanisha imanza zihutirwa hifashishijwe ikoranabuhanga, kuko amabwiriza ajyanye no gukumira COVID-19, yatumye inkiko zidakora uko bisanzwe mu rwego rwo kwanga ko abantu bahurira hamwe ari benshi.</p>
<p>Nk’uko bitangazwa n’urwego rw’ubushinjacyaha (NPPA), abafunguwe ni abari bakurikiranyweho ibyaha bito bihanishwa igifungo kitarengeje amezi atandatu.</p>
<p>Bamwe bafunguwe bamaze gutanga amande, mu gihe abandi basabwe kuzajya bitaba ku biro by’ubushinjacyaha buri wa mbere w’icyumweru kugeza inkiko zongeye gutangira imirimo yazo uko bisanzwe.</p>
<p>Abafunguwe by’agateganyo ni abakoze ibyaha byoroheje nko kurwana mu kabari, kwiba, ihohotera ryo mu ngo ryoroheje bishobora gukurikiranwa bigakemurwa nta buranisha ribayeho.</p>
<p>Nk’uko Nkusi Faustin umuvugizi w’ubushinjacyaha bw’u Rwanda abivuga, abakoze ibyaha bikomeye bagomba kuguma aho bafungiwe.</p>
<p>Yagize ati,  “ N’abafunguwe by’agateganyo tuzakomeza kubagenzura, tunabakurikirane aho bari mu ngo iwabo, kugeza ubwo ibntu bizasubira mu buryo”.</p>
<p>Umwizerwa Chantal wari ufungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko yishimiye iryo fungurwa ry’agateganyo kuko yumvaga ahangayikishijwe n’umwana we yasize hanze.</p>
<p>Yagize ati,“Nafunzwe nkekwaho kwiba mudasobwa igendanwa (laptop), nishimiye kuba mfunguwe by’agateganyo kuko nari nasize umwana mu rugo. Ni amahirwe ya kabiri mpawe ngo nsubire mu muryango wanjye.Ubwo bivuze ko bangiriye icyizere ko ntacika ubutabera ”.</p>
<p>“Nzajya nitaba ku biro by’ubushinjacyaha buri  wa mbere w’icyumweru, nishimiye iki gikorwa”.</p>
<p>Ubushinjacyaha bw’u Rwanda ‘NPPA’ bwibukije ko uzarenga ku mabwiriza agenga iryo fungurwa ry’agateganyo harimo kwitaba ku Bushinjacyaha buri wa mbere w’icyumweru, cyangwa gukora ibindi byaha, bizatuma bongera bagafatwa bagafungwa.</p>
<p>Gufungura bamwe mu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye byabaye kuri za sitasiyo za polisi zo hirya no hino mu gihugu. Nko muri Kigali, mu Karere ka Gasabo hafunguwe 96 naho mu Karere ka Nyarugenge hakaba harafunguwe 155.</p>
<p>Mu Karere ka Musanze  hafunguwe abagera ku 100, mu Karere ka Rubavu hafungurwa 61, mu Karere ka Karongi hafunguwe 72, mu Karere ka Rusizi hafunguwe 86,  mu Karere ka Nyamagabe hafungurwa 31, mu Karere ka Muhanga hafunguwe 93, kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza muri Musanze hafunguwe 38, mu Karere ka Gicumbi hafunguwe 104, mu Karere ka  Nyagatare hangurwa 113, mu Karere ka Ngoma hafungurwa 210, mu gihe mu Karere ka Huye hafunguwe 61.</p>
<p>Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko igikorwa cyo kureba abafungurwa by’agateganyo byakoranywe ubushishozi kugira ngo, hadafungurwa n’abakoze ibyaha bikomeye bateza ibibazo muri rubanda baramutse barekuwe.</p>
<p>Nk’uko bitangazwa n’Umushinjacyaha Mukuru Havugiyaremye Aimable, abatarebwa n’iyo gahunda yo gufungurwa by’agateganyo ni abakurikiranyweho  ibyaha bikomeye harimo kwica, gucuruza abantu, gufata abana ku ngufu, ruswa, gukoresha ibiyobyabwenge no kubicuruza, ndetse n’abakurikiranyweho isubiracyaha.</p>
<div class='spip_document_134206 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="69" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abafunguwe_musanze.jpg' width="700" height="525" alt="Abafunguwe i Musanze barabyishimiye, bahabwa n'impapuro zibafungura" title="Abafunguwe i Musanze barabyishimiye, bahabwa n'impapuro zibafungura" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abafunguwe i Musanze barabyishimiye, bahabwa n&#8217;impapuro zibafungura</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abakurikiranyweho ibyaha bagabanyijwe mu byiciro bitatu. Mu cyiciro cya mbere, abashinjacyaha bashyizemo abakoze ibyaha bikomeye nko kwica, gucuruza abantu, gufata abana ku ngufu, ruswa, gukoresha ibiyobyabwenge no kubicuruza ndetse n’isubiracyaha.</p>
<p>Abari mu cyiciro cya mbere ntibazafungurwa by’agateganyo, ahubwo bazategereza iburanishwa inkiko zongeye gutangira akazi kazo.</p>
<p>Icyiciro cya kabiri kirimo abari  ku rutonde rwakozwe n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Polisi na  RIB bashobora kwishyura amande nyuma bagafungurwa ntibazanagaruke mu nkiko n’igihe zizaba zitangiye imirimo yazo.</p>
<p>Icyiciro cya gatatu, kigizwe n’urutonde rwakozwe n’Ubushinjacyaha, Polisi na RIB ruriho abantu bagomba gufungurwa by’agateganyo, bakazaburanishwa n’inkiko zifunguwe.</p>
<p>Icyo cyiciro cya gatatu, kigizwe n’abagore bafite abana, ingimbi, bafungurwa by’agateganyo nyuma y’uko bagenzuwe bikagaragara ko nta kibazo bateza mu muryango Nyarwanda.</p>
<p>Muri icyo cyiciro cya gatatu kandi harimo abafungiwe  amakimbirane yo mu miryango n’ibindi byo kutumvikana bishobora gukemurwa no kwiyunga.Hari kandi abakurikiranyweho ibyaha ariko hakaba harabuze ibimenyetso bihagije.</p>
<p>Ibyo byo gufungura bamwe mu bari bafungiye kuri za sitasiyo za Polisi, byabaye mu gihe ku wa Kane tariki 09 Mata 2020 inkiko zatangiye kuburanisha zimwe mu manza hifashishijwe ikoranabuhanga (digitally), nyuma y’ibyumweru bitatu imirimo y’inkiko ihagaze kubera icyorezo cya Coronavirus.</p>
<p>Iryo buranisha ryifashisha ikoranabuhanga ryahereye ku manza zihutirwa. Kuburanisha hifashishijwe ikoranabuhanga byatangiriye ku rukiko rw’ibanze rwo mu Karere ka Gasabo mu gihe urukiko rw’ibanze rwo mu Karere ka Kicukiro rutangira muri iki cyumweru gitangiye.</p>
<p>Nk’uko bivugwa na Mutabazi  Harrison, umuvugizi w’inkiko, iryo buranisha rikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, ni kimwe muri gahunda zashyizweho mu rwego rwo kugabanya ubucucike muri za gereza.</p>
<p>Yagize ati, “Twagerageje ubu buryo, kandi twabonye bukora neza. Twabukoresheje muri Gasabo, tugiye kubukoresha no muri Kicukiro, nyuma bukazakoreshwa mu gihugu hose, ariko ubu twabaye duhereye muri Kigali ”.</p>
<p>Binyuze mu mashusho (video), abacamanza bicara mu rukiko rw’ikirenga mu gihe abakekwaho ibyaha bari imbere ya ‘camera’ kuri ‘Kigali Metropolitan Station’ bakajya bavugana n’abacamanza, ndetse n’abashinjacyaha. Gusa ngo uburyo ubona butaranoga neza. Gahunda yo kuguma mu ngo no kwirinda kujya ahantu hahurira abantu benshi, irakomeje kugeza ku itariki 19 Mata 2020, igihe nikiramuka kitongerewe.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abafunguwe_kasho_police.jpg"
				length="135087"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Intumwa z'u Rwanda na Uganda zirahurira i Kigali kuri uyu wa gatanu</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/Intumwa-z-u-Rwanda-na-Uganda-zirahurira-i-Kigali-kuri-uyu-wa-gatanu</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/Intumwa-z-u-Rwanda-na-Uganda-zirahurira-i-Kigali-kuri-uyu-wa-gatanu</guid>

		<dc:date>2020-02-12T15:14:26Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Amakuru
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Umubano hagati y'u Rwanda na Uganda
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abagize itsinda ry’Intumwa z’u Rwanda na Uganda (Ad Hoc Commission) ryiga ku iyubahirizwa ry’amasezerano impande zombi zashyizeho umukono agamije kugarura umubano mwiza hagati y’ibyo bihugu,&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Intumwa z’u Rwanda na Uganda zirahurira i Kigali kuri uyu wa gatanu</h1>

			

			

			<div class='spip_document_131098 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ad_hoc_commission_rwanda_uganda.jpg' width="700" height="525" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abagize iryo tsinda bazahura mu rwego rwo gutegura inama ya kane izahuza abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Angola na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, iteganyijwe kubera ku mupaka wa Gatuna ku itariki ya 21 Gashyantare 2020.</p>
<p>Iyo nama igiye kuba mu gihe ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’inama ya gatatu iheruka guhuza abo bakuru b’ibihugu i Luanda muri Angola ku itariki 02 Gashyantare 2020 rigenda gahoro cyane.</p>
<p>Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yabwiye Kigali Today ko iyo nama izaterana ku wa gatanu i Kigali izasuzuma aho ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe i Luanda ku itariki ya 02 Gashyantare rigeze.</p>
<p>Yagize ati, “Ni byo, ku wa gatanu tuzaganira ku bijyanye n’aho ishyirwa mu bikorwa ry’iyo myanzuro rigeze.”</p>
<p>Urupfu rw’Umunyarwanda witwa  Magezi Emmanuel wari ufungiye muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, akaba yari yarafashwe n’inzego z’iperereza zo muri Uganda, rusa n’urwasubije inyuma intambwe yari imaze guterwa.</p>
<p>Ku itariki 08 Gashyantare 2020, Ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyatangaje  ko muri Werurwe 2019, Magezi yafashwe, inzego z’iperereza za Uganda zijya kumufungira mu kigo cya gisirikare cya Makenke mu Karere ka Mbarara mbere yo koherezwa mu kigo cya gisirikare cya Mbuya i Kampala.</p>
<p>Ku itariki 31 Mutarama  2020, Umunyamategeko we witwa Eron Kiiza yandikiye urukiko rukuru rwa Kampala, arusaba kugeza umukiriya we(Magezi) imbere y’urukiko.</p>
<p>Uwo munyamategeko yanasabye inzego z’umutekano na Guverinoma gusobanura impamvu yatumye bafunga umukiriya we amezi icumi(10) yose, bakamufunga binyuranyije n’amategeko kandi nta cyaha kigaragara bamushinja.</p>
<p>Hari amakuru avuga ko ubwo busabe bw’umunyamategeko wa Magezi, bwari kuzasuzumwa ku wa mbere w’icyumweru gitaha, ariko Kiiza yakiriye amakuru yizewe  amumenyesha ko umukiriya we Magezi yapfuye kubera ihohoterwa yakorewe.</p>
<p>Ku itariki 08 Gashyantare 2020, Ambasaderi Nduhungirehe yavuze ko urupfu rwa Magezi, rusubije inyuma intambwe yari imaze guterwa mu gukemura ikibazo hagati y’ibihugu byombi.</p>
<p>Yagize ati, “Nubwo hari imyanzuro yafatiwe i Luanda mu rwego rwo gukemura ikibazo, ariko ifatwa ry’Abanyarwanda ritubahirije amategeko muri Uganda rigeze ku rundi rwego.Ubu barapfa bazira gukubitwa no gukorerwa iyicarubozo,bikorwa n’abo mu nzego z’iperereza ba Uganda.”</p>
<p>Amb.Nduhungirehe kuri Twitter yongeyeho ko Guverinoma ya Uganda igomba kurekura Abanyarwanda bose ifunze.</p>
<p>Mu byumweru bibiri bishize, Perezida Paul Kagame na Perezida Yoweri Museveni bahuriye ahantu habiri hatandukanye, i Addis Ababa muri Ethiopia mu nama ya 33 ya Afurika yunze Ubumwe, ndetse no ku wa kabiri tariki 11 Gashyantare 2020 bahurira muri Kenya mu muhango wo gushyingura Daniel Arap Moi wahoze ari Perezida wa Kenya. Gusa ntibyamenyekanye niba abo bakuru b’ibihugu baragize umwanya wo kuganira.</p>
<p>Uburyo  Magezi yishwemo ntibusobanutse, ariko ibaruwa yasinywe n’umuyobozi w’ishami rishinzwe kugenza icyaha muri sitasiyo ya police ya Butabika, igatangazwa na Daily Monitor yemeza ko  Magezi yapfiriye ahitwa Kirinya, akaba yaraguye mu bitaro bya Butabika ku itariki  21 Mutarama 2020, saa tatu za mu gitondo (9am).</p>
<p>Umuryango wa Magezi uba mu Rwanda, uvuga ko nta makuru yemeza urupfu rwa Magezi avuye ku bayobozi bo muri Uganda bigeze babona. Abo muri uwo muryango basaba Leta y’u Rwanda ko yabafasha umurambo wa nyakwigendera ukazanwa mu gihugu.</p>
<p>Amb. Nduhungirehe yavuze ko abahagarariye u Rwanda muri Uganda barimo gukurikirana icyo kibazo.</p>
<p>U Rwanda rukomeza kuvuga ko Uganda ikwiye kurekura Abanyarwanda ifunze, ndetse ikareka no gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya Leta y’u Rwanda, ubundi ibintu bigasubira mu buryo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ad_hoc_commission_rwanda_uganda.jpg"
				length="126580"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/u-rwanda-rwamaganye-raporo-ya-human-rights-watch</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/u-rwanda-rwamaganye-raporo-ya-human-rights-watch</guid>

		<dc:date>2020-01-28T13:38:36Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			U Rwanda ruvuga ko raporo yasohowe n’umuryango mpuzamahanga urengera uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch - HRW) irimo ibinyoma kuko yashingiye ku makuru ya kera.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch </h1>

			

			

			<p>U Rwanda ruvuga ko ibigo byashyiriweho kwakira abana bafatirwa mu muhanda byagiye bivugurura imikorere mu buryo bwiza, ku buryo uko byakoraga mu myaka icumi ishize bitandukanye n’uko bikora ubu.</p>
<p>Tariki 27 Mutarama 2020, uwo muryango wa Human Rights Watch wasohoye raporo ivuga ko u Rwanda ruhutaza uburenganzira bw’abana baba bajyanywe mu bigo byagenewe kwakira abana bakuwe mu muhanda.</p>
<p>Muri iyo raporo yabo bavuga ko bavugishije abana bagera kuri 30 bafite imyaka iri hagati ya 11 na 17, bakaba barabavugishije hagati y’ukwezi kwa Mutarama n’Ukwakira 2019. Abo bana bavugishije ngo bahoze mu kigo cyakira abana bafatiwe mu muhanda cya “Gikondo Transit Centre”.</p>
<p>Muri iyo raporo bavuga ko abo bana bababwiye ko bahura n’ihohoterwa ritandukanye muri ibyo bigo, harimo no gukubitwa.</p>
<p>Ibyanditswe muri iyo raporo byavugurujwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, wavuze ko ibyatangajwe na Human Rights Watch bigamije kwanduza isura y’u Rwanda mu buryo rwashyizeho  bwo kurinda abana barwo kuba inzererezi.</p>
<div class='spip_document_130283 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="79" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/minisitiri_busingye-2.jpg' width="500" height="282" alt="Minisitiri Busingye yavuze ko raporo ya Human Rights Watch nta shingiro ifite" title="Minisitiri Busingye yavuze ko raporo ya Human Rights Watch nta shingiro ifite" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Minisitiri Busingye yavuze ko raporo ya Human Rights Watch nta shingiro ifite</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Minisitiri Busingye yagize ati,“Turabona ibintu mu buryo bubiri buhabanye, ariko ikigaragara ni uko uburyo Human Rights Watch ibonamo ibintu, bifite impamvu za politiki bihishe. Ku bwabo, kuba umwana wo muhanda ni uburenganzira bwa muntu, gukoresha ibiyobyanwenge ni icyaha gikurikiranwa n’inkiko. Batekereza ko Leta idafite uburenganzira bwo kugira icyo ibikoraho, ngo irengere abana bayo bave mu buzererezi”.</p>
<p>Ati “Igitangaje ni ukuntu bavuga abo bana nk’abana bafite imyaka irindwi bari mu muhanda. Twebwe dufite icyo twahisemo, twiyemeje gukemura icyo kibazo tubanje kureba ku mpamvu zituma abo bana bisanga mu muhanda. Human Rights Watch yo ivuga ko Leta y’u Rwanda yagombye kureka abana bakaba mu muhanda nk’uko babyifuza.”</p>
<p>Minisitiri Busingye yavuze ko ibibazo Human Rights Watch izamura muri iki gihe, byakemutse mu myaka umunani ishize, ariko yo ihitamo gukomeza kubirega Leta y’u Rwanda.</p>
<p>Ati “Bariya ni abana b’Abanyarwanda, ni inshingano zacu kubarinda, iyo tubabonye ku mihanda, dusanga hari impamvu zinyuranye zatumye baza mu muhanda, nko kuba mu miryango yabo harimo ibibazo n’izindi mpamvu. Ikintu cya mbere dukora, ni ugushaka imiryango yabo, tukagerageza kubahuza.”<br class='autobr' />
Ati “Hari rero n’abo tutabona imiryango yabo, ubwo iyo bigenze bityo twakora iki? twabarekera mu muhanda? mu myaka umunani ishize, nibwo twabonye ko tugomba gushyiraho ibigo byakira abo bana bakuwe mu mihanda, bakigishwa,bagahinduka abaturage b’ingirakamaro.”</p>
<p>Minisitiri Busingye avuga ko ibigo nka Iwawa na Gitagata byashyiriweho gufasha abo bana, ku buryo usanga abasore bari barasaritswe n’ibiyobyabwenge ndetse n’abana b’abakobwa bahuraga n’ihohoterwa mu muhanda, bahindutse abantu bafite ubuzima bwiza batashoboraga no kubona mu miryango yabo.</p>
<p>Yongeyeho ko ibyo bigo bifite itegeko ryabishyizeho, ku buryo rero bidashobora gukora ibikorwa ibyo ari byo byose bibangamira uburenganzira bwa muntu.</p>
<p>Ku bijyanye n’ubucucike buvugwa muri ibyo bigo, Minisitiri Busingye avuga ko nta shingiro bifite, kuko buri kigo gifite umubare ntarengwa w’abantu gishobora kwakira. Ikigo cya Iwawa cyakira abantu batarenze ibihumbi bitanu, naho icya Gitagata nticyemerewe kurenza abantu ibihumbi bitatu.</p>
<p>Ikigo cya ‘Gikondo Transit Centre’ cyo ntikigira umubare nyawo w’abantu cyakira kuko cyakira abantu baza bagahita bagenda.</p>
<p>Ibyo bigo byakira abo bana bakuwe mu mihanda, bibigisha ibintu bitandukanye bikabafasha mu buzima bwabo nyuma yo gusubira mu miryango.<br class='autobr' />
Minisitiri Busingye yagize ati, “Ubu abagera ku magana, barangije kwiga kudoda,kubaka,gukora amazi,gusudira, gutwara imodoka,n’indi mirimo itanga akazi, ku buryo ubu bifashije kandi bubahiriza amategeko,”</p>
<p>“Leta y’u Rwanda ishora amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya miliyari esheshatu na zirindwi mu kwita kuri ibyo bigo byakira abana bakuwe mu mihanda. Ku kigo cya Gitagataga hari ishuri ribanza n’iryisumbuye kugira ngo urwo rubyiruko rushobora kwiga,”</p>
<p>Minisitiri Busingye yongeyeho ati “Biba bitangaje rero kumva ko  hari umuntu uvuga ko u Rwanda rukura abo bana mihanda, kugira ngo imihanda ihorane isuku. Iyo ni imvugo ya Human Rights Watch guhera mu myaka umunani ishize,bakomeza bakoresha birengagije iterambere twagezeho. Abahoze ari inzererezi ubu twabahinduye abaturage b’ingirakamaro”.</p>
<p>Busingye  yavuze ko HRW yasohoye iyo raporo mu gihe Komite ishinzwe uburenganzira bw’umwana mu Muryango w’Abibumbye, yatangiye kureba aho u Rwanda ruhagaze mu kubahiriza uburenganzira bw’umwana, ibyo bikaba bigaragaza ko hari impamvu za politiie ziri inyuma y’iyo raporo.</p>
<p>Minisitiri Busingye yasoje agira ati, “nta gaciro tuzaha ibyo birego bidafite ishingiro, u Rwanda ruzakomeza gukora icyo rugomba gukora cyose rurinde abana barwo kujya mu buzererezi”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/minisitiri_busingye-2.jpg"
				length="24357"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Dore umubare wa telefoni umuryango wa Perezida Kagame ugiye guha Abanyarwanda</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/telefone/article/dore-umubare-wa-telefoni-umuryango-wa-perezida-kagame-ugiye-guha-abanyarwanda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/telefone/article/dore-umubare-wa-telefoni-umuryango-wa-perezida-kagame-ugiye-guha-abanyarwanda</guid>

		<dc:date>2019-12-24T10:57:30Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Telefone
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Edmund Kagire na Mediatrice Uwingabire
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Ange Kagame
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yinjije abagize umuryango we muri gahunda ya ‘Connect Rwanda’ igamije gukusanya telefoni zigezweho (Smartphones) zikazahabwa imiryango ikennye na yo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Dore umubare wa telefoni umuryango wa Perezida Kagame ugiye guha Abanyarwanda</h1>

			

			

			<div class='spip_document_128571 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="175" data-legende-lenx="xxx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/paul_kagame_rwanda.jpg' width="700" height="492" alt="Perezida Kagame n'umuryango we mu bukwe bw'umukobwa we, Ange Kagame. Buri wese uri muri iyi foto yiyemeje gutanga Telefoni zigezweho muri gahunda ya #ConnectRwanda Challenge" title="Perezida Kagame n'umuryango we mu bukwe bw'umukobwa we, Ange Kagame. Buri wese uri muri iyi foto yiyemeje gutanga Telefoni zigezweho muri gahunda ya #ConnectRwanda Challenge" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame n’umuryango we mu bukwe bw’umukobwa we, Ange Kagame. Buri wese uri muri iyi foto yiyemeje gutanga Telefoni zigezweho muri gahunda ya #ConnectRwanda Challenge</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Umukuru w’Igihugu watangije iyo gahunda ku wa gatandatu tariki 21 Ukuboza, yahize ko azatanga telefoni zigera ku 1.500  zo mu bwoko bwa ‘Mara smartphones’.</p>
<p>Nyuma  mu ijoro ryo kuri iyo tariki yanditse ku rubuga rwe rwa twitter ko yasabye abagize umuryango we kwinjira muri iyo gahunda kandi bakaba babyemeye.</p>
<p>Yagize ati “Ndashimira umuryango wanjye ko bemeye kugira uruhare muri gahunda ya ‘ConnectRwanda’ bakaba bitanze telefoni ‘MaraPhones’,  Jeannette yatanze 27, naho abana banjye Ivan: 23, Ange Kagame &amp;Bertrand: 15, Ian: 15, Brian (mu mafaranga azigama ayakuye mu kwimenyereza umwuga ‘internship’):5,  Umwisengeneza wa Jeannette witwa Nana  ukiga muri kaminuza azatanga :3,”</p>
<p>Madamu Jeannette Kagame mu bushobozi bwe, yatanze telefoni 27 mu gihe umuryango ahagarariye wa “Imbuto Foundation”, wo witanze  telefoni 100 za ‘Mara Phones’.</p>
<p>Ange Kagame yari yabanje kwitanga telefoni  10 za ‘Mara Phones’avuga ko yifuza ko zazahabwa abafite ubumuga binyuze mu Nama y’Igihugu y’Abafite ubumuga (National Council for Persons with Disabilities), kugira ngo na bo bajye babona serivisi mu buryo bworoshye.</p>
<p>Nk’uko bitangazwa na MTN Rwanda na Minisiteri y’Ikoranabuhanga batangije iyo gahunda, bavugaga ko kugeza ku itariki 23 Ukuboza 2019, abantu n’ibigo bitandukanye bari bamaze kwemera gutanga telefoni zirenga 24.000, ariko imibare Kigali Today yakoze mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, yabonye ko telefoni zimaze kurenga  26.000.</p>
<p>Mitwa Kaemba Ng’ambi, umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda na Minisitiri  w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Ingabire  Paula batangaje ko gutanga telefoni zakorewe mu Rwanda bitari ihame, ni ukuvuga ko n’izindi zemewe.</p>
<p>Kuri Twitter ye, Ingabire Paula yagize ati “Iyo utanze telefoni zakorewe mu Rwanda, uba ufashije zimwe mu ngo z’Abanyarwanda kwinjira mu ikoranabuhanga kandi unashyigikiye gahunda ya ‘Made in Rwanda’ icyarimwe ” .</p>
<p>Umuntu akoze impuzandengo ya telefoni zimaze gutangwa kuva iyo gahunda itangiye mu mpera z’icyumweru gishize, asanga hatangwa telefoni zigera ku 8.000 ku munsi. Bikomeje bityo, mu minsi 45 hazaba hamaze gutangwa telefoni 360.000 .</p>
<p>Perezida Kagame yavuze ko iyo gahunda yo gufasha zimwe mu ngo z’Abanyarwanda zikennye gutunga ‘smart phone’ ikorwa ku bushake, ko nta muntu ukwiye guhatirwa gutanga.</p>
<p>MTN Rwanda na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo ni byo bigo biyoboye mu kuba byaratanze telefoni nyinshi.</p>
<p>MTN Rwanda  izatanga telefoni 1.100 igerekeho na simukadi iriho interineti ya ‘1GB’ izajya itangwa buri kwezi mu gihe cy’amezi atatu. Hazajya habaho ubufatanye n’inzego z’ibanze kugira ngo hamenyekane abakwiye guhabwa izo telefoni.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/paul_kagame_rwanda.jpg"
				length="147443"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>



</channel>

</rss>
