<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Kigali Today</title>
	<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
	<description>Kigali Today ibagezaho amakuru nyayo ku Rwanda</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="https://www.kigalitoday.com/spip.php?page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />

	<image>
		<title>Kigali Today</title>
		<url>https://www.kigalitoday.com/local/cache-vignettes/L144xH34/siteon0-628cb.gif?1780071413</url>
		<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
		<height>34</height>
		<width>144</width>
	</image>



<item xml:lang="en">

		<title>Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika - Perezida Kagame</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/ruswa-si-umwihariko-wa-afurika-ariko-igomba-gucika-perezida-kagame</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/ruswa-si-umwihariko-wa-afurika-ariko-igomba-gucika-perezida-kagame</guid>

		<dc:date>2018-01-30T13:20:42Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Gasana Marcellin
			</category>
		
			<category domain="tag">
				30th AU Summit
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Perezida Kagame asanga abantu badakwiye gufata Afurika mu isura ya ruswa kuko ari ikibazo kiri ku isi yose, ariko akongeraho ko hakenewe ubushake n’ingamba zo kuyica muri Afurika.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika - Perezida Kagame</h1>

			

			

			<div class='spip_document_101117 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pk-presser.jpg' width="1280" height="818" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’isozwa ry’inama 30 ya Afurika yunze Ubumwe (AU) kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2018.</p>
<p>Yagize ati “Mukwiye kumva ko ruswa atari umwihariko wa Afurika, ni ikibazo mpuzamahanga. Ntihakagire uwumva ko ruswa yavukiye aha, ikaba aha, ikazanapfira aha.</p>
<p>"Nk’uko nabivuze abatanga n’abakira ruswa bagomba guhanwa hatitaye ku bwoko n’aho umuntu akomoka.”</p>
<p>Yavuze ko guca muri Afurika bisaba kwitegura, abantu bakigishwa bakiri bato, hagashyirwaho inzego zihamye kandi n’umuco wo kudahana ruswa ugacika.</p>
<p>Ku cyumweru tariki 28 Mutarama ni bwo Perezida Kagame yatangiye imirimo yo kuyobora umuryango w’Afurika yunze Ubumwe.</p>
<p>Mu ijambo risoza inama ya 30 yahuje abakuru b’ibihugu by’Afurika na za guverinoma ndetse n’ab’imiryango mpuzamahanga, Kagame yavuze ko AU ikeneye kongera imbaraga mu bufatanye n’abikorera, nk’imwe mu nzira zizewe zishobora guteza imbere Abanyafurika.</p>
<p>Ati “Uko Afurika igenda itera imbere, bikwiye ko gahunda z’umuryango w’Afurika yunze Ubumwe zigaragaramo cyane ibikorwa byo gushyigikira no gukorana n’abikorera.”</p>
<p>Kagame yavuze abikorera nabo badahwema kugaragaza ko bifuza guhabwa umwanya mu bikorwa biteza imbere umugabane, cyane cyane ko ari urwego rw’ingenzi cyane mu guhanga imirimo n’uburyo bushya bwo guteza imbere ubukungu bw’Africa.</p>
<p>Kagame kandi yasabye ibihugu by’Afurika kutirengangiza ibikorwa byo kurengera ibidukikije kuko ari byo bizafasha umugabane gukoresha umutungo wayo neza no gucunga neza ibikorwa runaka nk’iby’ubuhinzi n’ubukerarugendo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pk-presser.jpg"
				length="75532"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/rwandair-yari-isanganywe-gahunda-yo-kwigarurira-isoko-rya-afurika-yasubijwe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/rwandair-yari-isanganywe-gahunda-yo-kwigarurira-isoko-rya-afurika-yasubijwe</guid>

		<dc:date>2018-01-29T12:58:02Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubucuruzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Emmanuel N. Hitimana
			</category>
		
			<category domain="tag">
				30th AU Summit
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_101102 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="125" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kagame-ribbon.jpg' width="1280" height="964" alt="Perezida Kagame ubwo yafunguraga ku mugaragaro isoko rimwe ku ndege muri Afurika, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2018" title="Perezida Kagame ubwo yafunguraga ku mugaragaro isoko rimwe ku ndege muri Afurika, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2018" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame ubwo yafunguraga ku mugaragaro isoko rimwe ku ndege muri Afurika, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2018</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Tariki 28 Mutarama 2018, i Addis Ababa muri Ethiopia hateraniye inama ya 30 y’Umuryango wa Afurka yunze Ubumwe (AU). Iyi nama yemeje itangira rya gahunda yo gufungura ingendo zo mu kirere.</p>
<p>Iyi gahunda izwi nka “Single African Air Transport Market (SAATM)”, yahise yitabirwa n&#8217;ibihugu 23 byiyemeje gukorera hamwe nta mbogamizi mu bucuruzi bw&#8217;ingendo zo mu kirere.</p>
<p>Iyi gahunda yari imaze imyaka itatu yaremejwe ariko itarashyirwa mu bikorwa, ije gukuraho amananiza akenshi yatumaga ibihugu bya Afurika bidatahiriza umugozi umwe.</p>
<p>Ibihugu byitabiriye iyi gahunda, ubwabyo bifite ½ kirenga cy’abatuye Afurika, bakagira 80% by’abakoresha ingendo zo mu kirere zikora muri Afurika.</p>
<div class='spip_document_101103 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kagame-speech.jpg' width="1280" height="843" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Igitangaje ni uko amakompanyi y’indege Nyafurika ari yo afite ibihombo ugereranyije n&#8217;andi mpuzamahanga ahakorera.</p>
<p>Kompanyi z’indege zo muri Afurika zifite gusa 20% by’isoko ryose rya Afurika. 80% bisigaye bifitwe n’amasosiyete mpuzamahanga.</p>
<p>Muri 2017, amasosiyete mpuzamahanga akorera muri Afurika  yose hamwe yungutse  miliyari 29 z’amadolari ya Amerika, mu gihe amasosiyete Nyafurika yose yagize igihombo cya miliyoni 800 z’Amadolari ya Amerika.</p>
<p>Rwandair nk&#8217;imwe muri kompanyi Nyafurika zirimo guhindura isura y&#8217;imitanigire ya serivisi zo mu kirere, yinjiranye ku isoko impinduramatwara zo gukuraho imvugo y&#8217;uko serivisi z&#8217;indege Nyafurika zidashoboye ku isoko.</p>
<div class='spip_document_101104 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="85" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ibuye-2.jpg' width="1280" height="988" alt="Ibuye ry'ifatizo ry'ikimenyetso cyo gushyiraho isoko rimwe ku ndege zo muri Afurika" title="Ibuye ry'ifatizo ry'ikimenyetso cyo gushyiraho isoko rimwe ku ndege zo muri Afurika" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ibuye ry&#8217;ifatizo ry&#8217;ikimenyetso cyo gushyiraho isoko rimwe ku ndege zo muri Afurika</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Rwandair imaze gufungura ingendo zigera mu bihugu 18 bya Afurika, hakiyongeraho izindi enye zijyamuri Aziya n’i Burayi.</p>
<p>Gusa ntibyayibujije gukumirwa kuri amwe mu masoko yo muri Afurika, mu gihe kompanyi mpuzamahanga zoherezwa kuri ayo masoko.</p>
<p>Umwaka ushize, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Mushikiwabo yavuze ko kwangira Rwandair ibyangombwa byo gukorera mu gihugu kimwe ariko ukabiha umunyamahanga, biterwa no kudashyira hamwe hagati y&#8217;Abanyafurika.</p>
<p>Ibi bisa n&#8217;ibyo Perezida Kagame yibanzeho ubwo yakiraga inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, kuri iki Cyumweru tariki 28 Mutarama 2018.</p>
<div class='spip_document_101105 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="104" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dun6qrjwaaizdqp.jpg' width="1200" height="547" alt="Umuyobozi wa Rwandair, Col Chance Ndagano n'ikipe ya Rwandair bari bitabiriye itangizwa ry'iyi gahunda" title="Umuyobozi wa Rwandair, Col Chance Ndagano n'ikipe ya Rwandair bari bitabiriye itangizwa ry'iyi gahunda" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuyobozi wa Rwandair, Col Chance Ndagano n&#8217;ikipe ya Rwandair bari bitabiriye itangizwa ry&#8217;iyi gahunda</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yavuze ko Afurika yasigaye inyuma ariko atanga n&#8217;umuti watuma ijya ku murongo w&#8217;iterambere.</p>
<p>Ati “Igihe cyatugendanye ariko tugomba guhindura imikorere ubu ngubu kugira ngo dukize Afurika ubukene karande. Tugomba gushyiraho isoko rusange duhuriyeho, ibikorwa remezo byacu bigahuzwa kandi ikoranabuhanga rikaza imbere mu guteza imbere ubukungu bwacu."</p>
<p>Yunzemo ati "Nta gihugu cyangwa akarere kakora konyine ngo gatere imbere. Dukwiye kurangwa no gukora kandi tugakorera hamwe.”</p>
<p>Igenzura ryakozwe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ingendo zo mu Kirere (IATA) rigaragaza ko ibihugu 12 gusa bya Afurika bihagije kugira ngo bihindure isura y&#8217;ubucuruzi muri Afurika.</p>
<p>IATA ivuga ko habonetse ibihugu 12 bigafungura isoko ry&#8217;ingendo zo mu kirere, byatanga imirimo mishya igera ku bihumbi 155, kandi bikongera miliyari 1.3 z’amadolari ya Amerika ku bukungu bw&#8217;ibyo bihugu.</p>
<div class='spip_document_101106 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="69" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rwandair-3.jpg' width="717" height="538" alt="Indege za Rwandair ziri muri zimwe mu ndege zihagazeho muri Afurika" title="Indege za Rwandair ziri muri zimwe mu ndege zihagazeho muri Afurika" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Indege za Rwandair ziri muri zimwe mu ndege zihagazeho muri Afurika</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyi gahunda igomba gutangira mbere y’uko uyu mwaka urangira, ifatwa nk&#8217;igerageza ry&#8217;uko nishyirwa mu bikorwa bizaha inzira n&#8217;andi mavugurura ajyanye n&#8217;icyerekezo cya 2063 Afurika Yunze Ubumwe yihaye, ajyanye n&#8217;uko ingendo zo mu kirere zigira uruhare rufatika mu bukungu bw&#8217;ibihugu bigize uyu muryango.</p>
<p>Perezida Kagame nawe yizera ko iyi gahunda niyubahirizwa izaba ari intambwe ikomeye itewe n&#8217;Abanyafurika.</p>
<p>Ati “Nitwiyemeza tugakuraho izi nzitizi tuzaba dutanze ubutumwa kuri Afurika no ku isi ko tuzanye impinduka mu mikorere yacu."</p>
<p>Hagati aho, Rwandair yo ikomeje kwagura ingendo no hanze ya Afurika, aho nyuma y&#8217;ingendo zo mu Buhinde, u Bwongereza n&#8217;u Bubiligi, yitegura gutangiza ingendo mu Bushinwa na Amerika.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rwandair-3.jpg"
				length="25984"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/dore-umuti-perezida-kagame-yatanze-watuma-afurika-isatira-iterambere-aziya-igezeho</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/dore-umuti-perezida-kagame-yatanze-watuma-afurika-isatira-iterambere-aziya-igezeho</guid>

		<dc:date>2018-01-28T14:44:17Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muri Afurika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Emmanuel N. Hitimana
			</category>
		
			<category domain="tag">
				30th AU Summit
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyafurika ko iterambere umugabane wa Aziya wagezeho uvuye mu bukene bukabije na Afurika yarigeraho ari uko ihuje imbaraga.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho</h1>

			

			

			<div class='spip_document_101093 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="70" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/duohvrovaais9dt.jpg' width="1024" height="683" alt="Perezida Kagame avuga ijambo nyuma yo kugirwa Umuyobozi Mukuru wa AU" title="Perezida Kagame avuga ijambo nyuma yo kugirwa Umuyobozi Mukuru wa AU" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame avuga ijambo nyuma yo kugirwa Umuyobozi Mukuru wa AU</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibihugu bigize umugabane wa Aziya byari mu bihugu bikennye mu myaka 50 ishize. Ariko kubera kwishyira hamwe no gukora amavugurura agamije iterambere kuri ubu bifite iterambere ryihuta ku isi.</p>
<p>Ibihugu bigize Aziya byishyize hamwe bigenda bizamurana, ibyari biyoboye ibindi byiswe "Asia Tigers", bigizwe n&#8217;Ikirwa cya Hong Kong, Singapore, Korea y’Amajyepfo na Taiwan bifasha ibyacumbagiraga nabyo bitera imbere kandi mu buryo bwihuse.</p>
<p>Perezida Kagame we asanga Afurika idakwiye gukurikiza iyo nzira kuko yatinze bihagije, ahubwo hari andi mahirwe ifite utasanga ahandi akwiye kwitabwaho.</p>
<p>Yabitangaje ubwo yatangiraga inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), kuri iki Cyumweru tariki 28 Mutarama 2018.</p>
<p>Yagize ati “Imbogamizi Afurika ifite ni ugushyiriraho abaturage bacu inzira zibaganisha ku bukire, cyane cyane abakiri bato. Ahandi babigezeho kubera guteza imbere inganda. Ariko urugendo Aziya yanyuzemo ngo itere imbere ntirwaba rugishobotse kuri Afurika. Twe twaratinze.”</p>
<p>Yavuze ko guhera aho ikoranabuhanga ryadukiye ryoroheje kandi ryihutisha ibintu, ku buryo byagora Afurika guhita ifatira aho abandi bageze ubu.</p>
<p>Ati "Igihe cyatugendanye ariko tugomba guhindura imikorere ubu ngubu kugira ngo dukize Afurika ubukene karande. Tugomba gushyiraho isoko rusange duhuriyeho, ibikorwa remezo byacu bigahuzwa kandi ikoranabuhanga rikaza imbere mu guteza imbere ubukungu bwacu.</p>
<p>"Nta gihugu cyangwa akarere kakora konyine ngo gatere imbere. Dukwiye kurangwa no gukora kandi tugakorera hamwe.”</p>
<p>Perezida Kagame yavuze ko Afurika ifite imyihariko ibiri utasanga ahandi, Abanyafurika bashobora kwifashisha bagatera imbere.</p>
<p>Umwihariko wa mbere ni uko hari ibikenewe byose n’imbaraga kugira ngo icyo bifuza cyose bakigereho. Icya kabiri ni uko bishyiriyeho umuryango wa AU kandi ukaba ugaragaramo ubumwe.</p>
<p>Perezida Kagame yashimiye Perezida wa Guinea Alpha Conde, asimbuye kuri uyu mwanya kubera akazi yakoze, avuga ko yamwigiyeho byinshi.</p>
<p>Yanashimiye abayobozi bose ba Afurika bamugiriye ikizere, abizeza ko bazafashanya mu gutuma Afurika itongera kwitwa “umutwaro” mu ruhando rw’amahanga.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/duohvrovaais9dt.jpg"
				length="63539"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Perezida Kagame yatangiye kubwira Abanyafurika ko gukorera hamwe ari byo bizabazamura</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/perezida-kagame-yatangiye-kubwira-abanyafurika-ko-gukorera-hamwe-ari-byo-bizabazamura</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/perezida-kagame-yatangiye-kubwira-abanyafurika-ko-gukorera-hamwe-ari-byo-bizabazamura</guid>

		<dc:date>2018-01-27T18:28:59Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muri Afurika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Emmanuel N. Hitimana
			</category>
		
			<category domain="tag">
				30th AU Summit
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Harabura amasaha make ngo Perezida Paul Kagame atangire kuyobora umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU), ariko yatangiye gukoresha imvugo zimwe zisanzwe zimenyerewe mu Rwanda aho aba asaba&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Perezida Kagame yatangiye kubwira Abanyafurika ko gukorera hamwe ari byo bizabazamura</h1>

			

			

			<div class='spip_document_101078 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="68" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dukg5d8xkae3mba.jpg' width="1010" height="669" alt="Perezida Kagame ari i Addis Ababa aho yitabiriye inama ya 30 ya AU" title="Perezida Kagame ari i Addis Ababa aho yitabiriye inama ya 30 ya AU" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame ari i Addis Ababa aho yitabiriye inama ya 30 ya AU</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame amaze kwigaragaza mu mahanga kubera kurangwa n’imvugo ngiro yo “gukorera hamwe” no “kwishakamo ibisubizo”.</p>
<p>Iyi mvugo iri mu zo yakunze kugarukaho mu myaka yashize, akangurira Abanyarwanda kumva ko nta wundi uzabakura mu bukene barimo uretse bo ubwabo no kwishyira hamwe.</p>
<p>Ibyo avuga ntibigarukira mu magambo gusa kuko mu myaka 24 ishize u Rwanda ruvuye muri imwe muri Jenoside mbi zabayeho ku isi, aho Abaturage bishe abaturanyi babo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rugashobora kwiyubaka mu buryo bwatunguye amahanga.</p>
<p>Bamwe babifata n’ibitangaza ariko kuri Perezida Kagame ni amahitamo y’Abanyarwanda yo kwishyira hamwe batitaye ku bibatanya no kwishakamo ibisubizo ku bibazo bibaranga.</p>
<p>Imitekerereze nk&#8217;iyi n&#8217;imiyoborere ye, yatumye Perezida Kagame ashingwa kuyobora komisiyo yari ishinzwe gukora amavugurura mu muryango w’Afurika yunze Ubumwe, ku buryo amwe muri ayo mavugururwa yatangiye gushyirwa mu bikorwa.</p>
<p>Amwe muri yo ni ajyanye no kuba uyu muryango ugomba kwishakamo amafaranga atuma ukora ibikorwa bya buri munsi. Ayo mafaranga akaba agomba kuva mu misoro ingana na 0.2% by’ayinjira muri buri gihugu kigize uyu muryango.</p>
<p>Uretse ibyo Perezida Kagame yatanze ibiganiro byinshi ku isi, ahabwa ibihembo bitabarika, ariko akomeza gushimangira ko uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa ruruta ruruta kure ibituruka hanze bigamije "kubagirira neza."</p>
<p>Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2018, Perezida Kagame yongeye gusaba abayobozi b’ibihugu by’Afurika kurangwa no gukorera hamwe hatitawe ku bibatandukanya kugira ngo bateze ibihugu byabo n’umugabane muri rusange imbere.</p>
<p>Yari yitabiriye inama ya AU igamije ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika (NEPAD), inama yabanjirije inama rusange y’uyu muryango.</p>
<p>Yavuze ko intego nkuru ya NEPAD ari ugufasha umugabane w’Afurika gutera imbere, ari yo mpamvu hakenewe kwiga uburyo yakomeza gukora neza kugira ngo igire uruhare rw’icyo yashyiriweho.</p>
<p>Yagize ati “Uburyo abakuru b’ibihugu bagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa by’ibyemeranyijweho, bigaragaza agaciro babiha (…) Niyo mpamvu ari ngombwa ko higwa uburyo twese tugabana inshingano ariko tutiyibagije ko kuri uyu mugabane buri wese afite imikorere ye.”</p>
<p>Iyi nama irakurikirwa n’inama y’akanama ka AU kagamije kurebera hamwe uko umutekano uhagaze muri Afurika, nayo yitabirwa n’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dukg5d8xkae3mba.jpg"
				length="72406"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Impundu ni zose kuri Perezida Kagame ugiye kuyobora AU</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/impundu-ni-zose-kuri-perezida-kagame-ugiye-kuyobora-au</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/impundu-ni-zose-kuri-perezida-kagame-ugiye-kuyobora-au</guid>

		<dc:date>2018-01-27T13:11:41Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				30th AU Summit
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Hari Abanyafurika n’abayobozi bakomeye ku isi batangiye kugaragaza uburyo biteze byinshi kuri Perezida Paul Kagame uzatangira kuyobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) ku mugaragaro kuwa Mbere.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Impundu ni zose kuri Perezida Kagame ugiye kuyobora AU</h1>

			

			

			<div class='spip_document_101077 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="70" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pk-meets-olusegun-obasanjo.jpg' width="917" height="808" alt="Kuri uyu wa gatandatu Perezida Kagame yabonanye na Olusegun Obasanjo" title="Kuri uyu wa gatandatu Perezida Kagame yabonanye na Olusegun Obasanjo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kuri uyu wa gatandatu Perezida Kagame yabonanye na Olusegun Obasanjo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Tariki 29 Mutarama i Addis Abeba muri Ethiopia hateganyijwe inama rusange ya 30 ya AU. Niho Perezida Kagame azatangiriramo kuyobora uyu muryango ku mugaragaro mu gihe cy’umwaka, asimbuye kuri uyu mwanya Perezida wa Guinea Alpha Condé.</p>
<p>Ukujya kwa Perezida Kagame ku buyobozi bwa AU, byateye abantu gutangira ibikorwa byo kumuha ikaze. Urugero ni imwe mu mipira yatangiye kugurishwa muri Cameroun.</p>
<p>Iyo mipira yo kwambara ifite ubutumwa buriho ifoto ye, bugira buti “Paul Kagame hamwe na Afurika izira ruswa”.</p>
<div class='spip_document_101076 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="71" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/t-shirt-pk.jpg' width="717" height="717" alt="Ubutumwa butanga icyizere ko Kagame ari we &#034;uzaca ruswa muri Afurika&#034;" title="Ubutumwa butanga icyizere ko Kagame ari we &#034;uzaca ruswa muri Afurika&#034;" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ubutumwa butanga icyizere ko Kagame ari we "uzaca ruswa muri Afurika"</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame ni nawe wari washinzwe kuyobora komisiyo ya AU yari ishinzwe gukora amavugurura muri uyu muryango. Amwe muri ayo mavugurwa yatangiye gushyirwa mu bikorwa.</p>
<p>U Rwanda ni kimwe mu bihugu birangwamo ruswa iri hasi ugereranyije n’ahandi ku isi, nk’uko raporo mpuzamahanga zitandukanye zibigaragaza.</p>
<p>Bituruka kuri politiki na gahunda zihamye, zashyizweho ku buyobozi bwa Perezida Kagame, zigamije guhashya ruswa no kutababarira uwo yagaragayeho.</p>
<p>Byatumye bamwe mu bayifatiwemo bayitanga cyangwa bayakira, harimo n’abayobozi, bagenda bagezwa imbere y’ubutabera.</p>
<p>By’umwihariko, u Rwanda rwashyizeho urwego rw’Umuvunyi rushinzwe gukurikirana no guhangana na ruswa, urwego utasanga ahenshi ku isi.</p>
<p>Perezida w’Amerika Donald Trump ni umwe mu bifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame mu mirimo ye mishya.</p>
<p>Mu itangazo ibiro bye byashyize ahagaragara, yashimye imirimo irimo gukorerwa mu buyobozi bwa AU by’umwihariko Perezida Kagame na Alpha Condé asimbuye.</p>
<p>Perezida amaze iminsi yakira abayobozi batandukanye baganira ku bijyanye n’imirimo ye mishya.</p>
<p>Bamwe amaze iminsi abakirira mu biro bye, mu gihe abandi bagiye bahurira mu nama yigaga ku bukungu bw’isi yari iteraniye i Davos.</p>
<p>Kuri uyu wa Gatandatu nabwo, nyuma yo kugera i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Olusegun Obasanjo wigeze kuyobora Nigeria.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/t-shirt-pk.jpg"
				length="31249"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>



</channel>

</rss>
