Uyu muryango wa Economic Community of Central African States (ECCAS) uhuza ibihugu 11 byo muri Afurika yo Hagati harimo n’u Rwanda.
Urubuga rwa Twitter ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga rwatangaje ko Minisitiri Biruta akigera i Brazzaville yakiriwe na mugenzi we, Denis Sassou Nguesso, aho ibiganiro bagiranye byagarutse ku bufatanye bw’ibihugu byombi.
Umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu byo muri Afurika yo Hagati birimo Angola, u Burundi, Cameroun, Santarafurika, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gabon, Guinée Equatoriale, Tchad, Sao Tomé-et-Principe n’u Rwanda rwari rwarawuvuyemo mu 2007 ariko ruwugarukamo muri 2016.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|