Uganda: Umuhungu wa Museveni yazamuwe mu ntera

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo za Uganda, yazamuye umuhungu we Muhoozi Kainerugaba mu ntera amuha ipeti rya General, avuye ku ipeti rya Lieutenant General.

Muhoozi Kainerugaba yahawe ipeti rya General
Muhoozi Kainerugaba yahawe ipeti rya General

Lt General Muhoozi Kainerugaba w’imyaka 48 y’amavuko uhawe ipeti rya General, yari asanzwe ari Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, icyakora uyu mwanya akaba yahise awukurwaho.

Perezida Museveni kandi yazamuye mu ntera Maj Gen Kayanja Muhanga wagizwe Lt General, ari na we wahise asimbura General Kainerugaba ku mwanya w’umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka.

Abantu batandukanye bakimara kumenya iyi nkuru, bavuze amagambo agaragaza uburyo babyakiriye, bamwe babishima, abandi basa n’ababyibazaho.

Uwitwa Prillah Bagaaya Akiiki yagize ati “4 star General. Umujenerali wuzuye, amahirwe masa Afande”.

General Muhoozi Kainerugaba yashimiye se wamuzamuye mu ntera
General Muhoozi Kainerugaba yashimiye se wamuzamuye mu ntera

Uwitwa Kamukama na we ati “Amahirwe masa Lt General Muhoozi, kuba uhawe ipeti rya General, ubu ufite inyenyeri enye General kandi urabikwiye, nawe Perezida Yoweri Kaguta Museveni turagushimiye kuba wazamuye mu ntera ingabo zacu, harakabaho igisirikare cya Uganda“.

Ntihahise hatangazwa inshingano nshya General Kainerugaba yaba yahawe, icyakora asanzwe ari n’umujyanama wihariye wa Perezida Museveni mu bya gisirikare.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka