U Rwanda rwamaganye uburyo Uganda ikomeje kwirengagiza ibibazo iteza Abanyarwanda
Itangazo rishyizwe hanze na minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, riravuga ko amatangazo akomeje gushyirwa hanze na leta ya Uganda, harimo iryasohotse kuri uyu wa 13 Werurwe 2019, arimo ukwirengagiza no guca k’uruhande ibibazo nyamukuru bikwiye kuba bishakirwa ibisubizo.
Iri tangazo rivuga ko aya matangazo ari guca ku ruhande ikibazo cy’amagana y’Abanyarwanda, Leta ya Uganda izi amazina, bishwe abandi bagatabwa muri yombi bakanafungwa ari na ko bakorerwa iyicarubozo kandi ambasade n’imiryango ntibemererwe kubasura, ndetse ntanavuge ku bihumbi by’Abanyarwanda bari kwirukanwa muri Uganda bakajugunywa mu Rwanda mu buryo butari ubwa kimuntu.
Aya matangazo kandi ngo ntabwo ari kugaruka ku bibazo by’ imitwe yitwaje intwaro ishakira inabi u Rwanda nka RNC, FDLR n’indi, ifashwa n’ inzego z’igihugu cya Uganda mu bikorwa byayo nko kwinjiza mu gisirikare cyazo abarwanyi. Ibi kandi ni kenshi byashyikirijwe Leta ya Uganda.
Icya gatatu minisiteri y’ububanyi n’amahanga ivuga, ni ukwirengagiza ikibazo cyo kwibasira Abanyarwanda basanzwe bikorera ubucuruzi busanzwe muri Uganda, nk’uko babyemererwa n’amasezerano menshi harimo n’ay’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, ndetse no kubangamira urujya n’uruza rw’ibicuruzwa harimo n’ibyangirika bijya cyangwa se binyura muri Uganda.
Statement by the @RwandaMFA: The recent statements issued by the Ministry of Foreign Affairs of Uganda including the one dated 13 March 2019 are diversionary and do not address fundamental issues raised by Rwanda. Read more: https://t.co/OkyPAdEKjS
— Government of Rwanda (@RwandaGov) March 14, 2019
Iri tangazo rivuga ko bidashoboka ko habaho ubucuruzi bwisanzuye igihe abacuruzi bicwa, bagakorerwa iyicarubozo, bakavanwa mu byabo ndetse n’imitungo yabo igafatirwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko ibi ari byo bibazo by’ingenzi byagakwiye kuba bivugwaho. Kuvuga ko u Rwanda rwakomanyirije Uganda mu by’ubucuruzi ari ikinyoma nk’uko n’ubundi bakomeje kubeshya abaturage bahunga ibibazo bya nyabyo.
Iri tangazo risoza rivuga ko nta gushidikanya ko ubushake bw’u Rwanda ku bijyanye n’urujya n’uruza rw’Abantu harimo n’AbanyaUganda ndetse n’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa mu karere ari ntamakemwa.
Guverinoma y’u Rwanda irasaba Guverinoma ya Uganda kwita ku bibazo nyamukuru byavuzwe haruguru cyane ko ari kenshi ibi bibazo byagejejwe kuri Uganda.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
twihagane dukorer mu rwanda